Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

APR FC yagarukiye ku muryango mu matsinda ya CAF Confederation Cup isezerewe na RS Berkane

radiotv10by radiotv10
05/12/2021
in SIPORO
0
APR FC yagarukiye ku muryango mu matsinda ya CAF Confederation Cup isezerewe na RS Berkane
Share on FacebookShare on Twitter

Igitego kimwe rukumbi cya Byiringiro Lague ntikibashije kugeza APR FC mu matsinda ya CAF Confederation Cup ni nyuma y’uko RS Berkane yabatsinze 2 ikabasezerera ku giteranyo cy’ibitego 2-1.

APR FC yari yasuye RS Berkane mu mukino wo kwishyura w’ijonjora rya nyuma rya CAF Confederation Cup, ni umukino wabereye kuri Stade Municipal de Berkane.

Ni umukino amakipe yombi yagiye gukinayaranganyirije i Kigali 0-0, APR FC yari ibizi ko kugira ngo igere mu matsinda igomba gutsinda uyu mukino cyangwa bakanganya birimo ibitego.

Umukino watangiye ubona RS Berkane nk’ikipe iri mu rugo ishaka igitego hakiri kare ariko amahirwe yabonye ubwugarizi bwa APR FC n’umunyezamu Ishimwe Pierre bababera ibamba.

APR FC yakinaga umukino wayo ituje ndetse igerageza kubaka uburyo bw’igitego ariko babanza kugorwa no kubyaza umusaruro amahirwe babonye.

APR FC niyo yafunguye amazamu mbere ku munota wa 45 ku gitego cyatsinzwe na Byiringiro Lague amaze gucenga ubwugarizi bwa RS Berkane, ni ku mupira yari ahawe na Mugunga Yves.

Mu gice cya kabiri RS Berkane yaje yariye karungu maze icurika ikibuga ishaka kwishyura.

Umutoza Florent Ibenge wa RS Berkane yagiye akora impinduka zitandukanye ashyiramo abasore nka Chama Clatous n’abandi, izi mpinduka zatanze umusaruro kuko bashyize igitutu kuri APR FC kugeza ku munota wa 66 ubwo babonaga igitego cyo kwishyura gitsinzwe na Najji Larbi.

RS Berkane yakomeje gushaka igitego cya kabiri maze ku munota wa 76 iza kukibona gitsinzwe na Mohammed Aziz ku mupira wahinduwe imbere y’izamu, Prince akawukuraho ariko akabura umufasha maze ugasanga Aziz aho ahagaze agahita awohereza mu rushundura.

RS Berkane yakomeje gushaka uko yabona igitego cya 3 ndetse ibona n’amahirwe ariko umunyezamu Ishimwe Pierre abyitwaramo neza umukino urangira ari 2-1, RS Berkane igera mu matsinda ya CAF Confederation Cup isezereye APR FC ku giteranyo cy’ibitego 2-1.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 2 =

Previous Post

Kiyovu Sports yatsinze Rayon Sports mu gihe Bugesera yanyagiye Marines FC 6-2

Next Post

Undi Munyamakurukazi ukunzwe wa Kiss FM yambitswe impeta imuteguza kurongorwa

Related Posts

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

by radiotv10
14/01/2026
0

Dr. Charles Mugemana wari umaze imyaka irenga 30 ari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye...

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Undi Munyamakurukazi ukunzwe wa Kiss FM yambitswe impeta imuteguza kurongorwa

Undi Munyamakurukazi ukunzwe wa Kiss FM yambitswe impeta imuteguza kurongorwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.