Sunday, November 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Arafunze ariko impano iracyahari: Ndimbati muri Gereza yakinnye umukino usa na Film

radiotv10by radiotv10
26/05/2022
in IMYIDAGADURO
0
Arafunze ariko impano iracyahari: Ndimbati muri Gereza yakinnye umukino usa na Film
Share on FacebookShare on Twitter

Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati mu mwuga wo gukira film, ubu akaba akurikiranyweho gusambanya umwana, aho afungiye muri Gereza ya Nyarugenge, yagaragaye akina ikinamico itanga inyigisho.

Ndimbati wafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30 tariki 28 Werurwe 2022, agiye kuzuza amezi abiri afatiwe iki cyemezo yajuririye ariko na bwo ubujurire bwe bugateshwa agaciro n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

Ndimbati ufungiye muri Gereza ya Nyarugenge aho ategereje kuburana mu mizi ku cyaha cyo gusambanya umwana utarageza imyaka y’ubukure akanamutera inda, muri iyi Gereza ni na ho yagaragariye akina iyi kinamico.

Uyu mukino yakinnye ubwo habaga umuhango wo gusoza amasomo y’imyuga yahabwaga zimwe mu mfungwa n’abagororwa barenga 600 bamaze amezi atandatu bigishwa imyunga.

Uyu mukino Ndimbati yagaragayemo akina nk’uko yari asanzwe amenyerewe mu gukina film n’amakinamico, wagaragazaga uburyo imfungwa n’abagororwa bashobora kunguka ubumenyi muri aya masomo kandi bukazabafasha kwiteza imbere igihe bazaba barangije ibihano byabo.

Muri uyu mukino Ndimbati yanagizemo uruhare mu kuwandika, hari aho aba yitwa Tawuneri, aho yitaba umuntu kuri telefone, agatungurwa n’amakuru bamubwiye.

Aho akina agira ati “Ngo bavuye mu ishuri, ngo yabaye indaya! Oya ntabwo bishobora, ngo ni we usigaye ucuruza urumogi. Oya ntabwo bishoboka.”

Nyuma y’uyu muhango Ndimbati yakiniyemo uyu mukino, yagize icyo abwira abanyamakuru ku buzima abayemo aho afungiye muri Gereza, aho yavuze ko bimwe mu byo akunze gukora ari siporo ubundi akigisha abafungwa bagenzi be gukina amakinamico na film.

Ndimbati yakinnye umukino muri Film asetsa benshi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − seven =

Previous Post

Rubavu: Hangijwe ibiyobyabwenge na mukorogo bifite agaciro ka Miliyoni hafi 800Frw

Next Post

Umwana ucuruza agataro anasubiramo amasomo yatangiye gusekerwa n’amahirwe ubu yabonye ishuri ry’agatangaza

Related Posts

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

by radiotv10
08/11/2025
0

As 2026 approaches, it’s time for every young woman in Kigali to think about growth, not just in career, but...

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

by radiotv10
08/11/2025
0

Looking stylish doesn’t have to mean spending a lot of money. In Kigali, fashion is becoming more creative and affordable...

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Alice Masinzo wahoze ari umunyamakuru kuri imwe muri radio zo mu Rwanda, yasangije abantu ibyishimo afite nyuma yo gusezerana n’umukunzi...

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

by radiotv10
04/11/2025
0

Ishimwe Naomie wabaye Miss w’u Rwanda wa 2020, yavuze ko mu rugendo rwo kwandika igitabo cye cya mbere yise ‘More...

Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15

Umuhanzi wari uterezanyijwe amatsiko yageze mu Rwanda yaherukagamo mu myaka irenga 15

by radiotv10
04/11/2025
0

Umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Richard Nick Ngendahayo wari utegerejwe mu Rwanda yaherukagamo mu myaka 17, yahasesekaye. Uyu...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

08/11/2025
Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwana ucuruza agataro anasubiramo amasomo yatangiye gusekerwa n’amahirwe ubu yabonye ishuri ry’agatangaza

Umwana ucuruza agataro anasubiramo amasomo yatangiye gusekerwa n’amahirwe ubu yabonye ishuri ry'agatangaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.