Sunday, September 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ariel Wayz yongeye kurikoroza kubera imyanya y’ibanga ye yongeye gushyira ku karubanda

radiotv10by radiotv10
06/12/2021
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Ariel Wayz yongeye kurikoroza kubera imyanya y’ibanga ye yongeye gushyira ku karubanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzikazi Uwayezu Ariel uzwi nka Ariel Wayz akomeje kuyobora amakuru ari kuvugwa mu myidagaduro yo mu Rwanda kubera amafoto ye yongeye kugaragaza imwe mu myanya ye y’ibanga.

Uyu muhanzikazi uri mu bagezweho mu Rwanda kubera indirimbo ari gukora ndetse n’udukoryo dukomeje kumuranga turimo ako yakoze mu minsi yashize ubwo yerekanaga ibere rye ubwo yariho acezanya n’umukunzi we Juno Kizigenza.

Kuri iki Cyumweru tariki 05 Ukuboza 2021, Ariel Wayz yongeye guhagurutsa ubwonko bw’abasore ubwo yashyiraga ifoto ye ku mbuga nkoranyambaga ze zerekana ibere rye ndetse n’umukondo.

Iyi foto yashyizeho ubutumwa agira ati “fata umubiri wanjye. Muvuge…n’ubundi ntabwo nteganya [yashakaga kuvuga ubukwe].”

Bamwe mu bamukurikira bahise bongera kumunenga aho uwitwa Peterson kuri Twitter yagize ati “Uyu mukobwa akurikiranwe kuko ariyandarika!” Ariel Wayz yahise amusubiza agira ati “Umubiri wanjye ni njye ureba.”

Undi witwa Bishoboka kuri Twitter, na we yahise agira ati “Niba ushaka icyubahiro ugomba gutekereza ejo hazaza hamwe n’uwo wifuza kuzaba mu myaka 40 yawe.”

Ariel Wayz wahitaga asubiza buri wese wamunengaga, yahise agira ati “Utekereza ko naje hano mu mikino, ibyo nkora ni ibyanjye kandi ntewe ishema na byo.”

Naho uwitwa Tuyishime Daniel we ati “Ibyo nabyita gusebya umuryango wawe ababyeyi bakureze iyaba wari uzi amagambo meza Mama wawe yahoraga akwaturiraho none uri kumwitura kwambara ubusa imbere y’isi yose. Ntakundi nta muryango ubura ikirumbo na we uri ikirumbo, ubwo se uri kwigisha iki abo uruta? uri ikigusha pe.”

Mu kumusubiza, Ariel Wayz yagize ati “Vana umuryango wanjye muri ibi. Ibi ni ibyanjye.”

Ariel Wayz kandi nyuma y’iyi foto, yanashyizeho indi foto iteguza indirimbo ye yise Love& Lust izasohoka mu minsi itanu.

Ni ifoto na yo ishotorana bidasanzwe kuko igaragaza amabere y’uyu Munyarwandakazi uretse utuntu yashyizeho dusa nk’uduhishe imoko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − 4 =

Previous Post

Leta ya Uganda ikomeje kuryumaho ku rupfu rw’Umunyarwanda wari ukiri muto wahiciwe

Next Post

Zari wabyaranye na Diamond yahishuye ko amakariso yambara imwe ayigura 1.000.000 Frw

Related Posts

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

by radiotv10
12/09/2025
0

Umuhanzi Israel Mbonyicyambu wamenyekanye nka Israel Mbonyi, yatangaje ko agiye gushyira hanze Album ya gatanu y’indirimbo ze azamurikira Abaturarwanda mu...

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

by radiotv10
11/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abahanzikazi babiri, Ariel Wayz na Babo Ekeight bafunzwe bakekwaho gukoresha ibiyobyabwenge, nyuma yuko bakorewe ibizamini....

Umucyo ku bukwe bwavugwaga hagati y’umukinnyikazi wa filimi uzwi mu Rwanda n’icyamamare muri Afurika

Umucyo ku bukwe bwavugwaga hagati y’umukinnyikazi wa filimi uzwi mu Rwanda n’icyamamare muri Afurika

by radiotv10
10/09/2025
0

Umukinnyi wa filimi Igihozo Nshuti Mireille yateye utwatsi amakuru akomeje gucicikana avuga ko afite ubukwe mu kwezi gutaha, azakorana n’umunyarwenya...

Umunyamakuru Rugaju Reagan bwa mbere kuva yafungurwa yumvikanye kuri radio hahita hamenyekana iyo azakoraho

Umunyamakuru Rugaju Reagan bwa mbere kuva yafungurwa yumvikanye kuri radio hahita hamenyekana iyo azakoraho

by radiotv10
10/09/2025
0

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju, uzwi mu biganiro bya Siporo, yongeye kumvikana kuri radio, ari na yo agiye gukorera...

Bwa mbere umuhanzi Niyo Bosco yagaragaje umukobwa bamaze igihe bakundana mu ibanga

Bwa mbere umuhanzi Niyo Bosco yagaragaje umukobwa bamaze igihe bakundana mu ibanga

by radiotv10
09/09/2025
0

Umuhanzi Niyo Bosco yagaragaje umukobwa bakundana, amugenera amagambo aryohereye amwifuriza isabukuru nziza, amwibutsa ko yavukiye kugira ngo umutima we umukunde...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi
MU RWANDA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

13/09/2025
Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

13/09/2025
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

13/09/2025
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

13/09/2025
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Zari wabyaranye na Diamond yahishuye ko amakariso yambara imwe ayigura 1.000.000 Frw

Zari wabyaranye na Diamond yahishuye ko amakariso yambara imwe ayigura 1.000.000 Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.