Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ariel Wayz yongeye kurikoroza kubera imyanya y’ibanga ye yongeye gushyira ku karubanda

radiotv10by radiotv10
06/12/2021
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Ariel Wayz yongeye kurikoroza kubera imyanya y’ibanga ye yongeye gushyira ku karubanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzikazi Uwayezu Ariel uzwi nka Ariel Wayz akomeje kuyobora amakuru ari kuvugwa mu myidagaduro yo mu Rwanda kubera amafoto ye yongeye kugaragaza imwe mu myanya ye y’ibanga.

Uyu muhanzikazi uri mu bagezweho mu Rwanda kubera indirimbo ari gukora ndetse n’udukoryo dukomeje kumuranga turimo ako yakoze mu minsi yashize ubwo yerekanaga ibere rye ubwo yariho acezanya n’umukunzi we Juno Kizigenza.

Kuri iki Cyumweru tariki 05 Ukuboza 2021, Ariel Wayz yongeye guhagurutsa ubwonko bw’abasore ubwo yashyiraga ifoto ye ku mbuga nkoranyambaga ze zerekana ibere rye ndetse n’umukondo.

Iyi foto yashyizeho ubutumwa agira ati “fata umubiri wanjye. Muvuge…n’ubundi ntabwo nteganya [yashakaga kuvuga ubukwe].”

Bamwe mu bamukurikira bahise bongera kumunenga aho uwitwa Peterson kuri Twitter yagize ati “Uyu mukobwa akurikiranwe kuko ariyandarika!” Ariel Wayz yahise amusubiza agira ati “Umubiri wanjye ni njye ureba.”

Undi witwa Bishoboka kuri Twitter, na we yahise agira ati “Niba ushaka icyubahiro ugomba gutekereza ejo hazaza hamwe n’uwo wifuza kuzaba mu myaka 40 yawe.”

Ariel Wayz wahitaga asubiza buri wese wamunengaga, yahise agira ati “Utekereza ko naje hano mu mikino, ibyo nkora ni ibyanjye kandi ntewe ishema na byo.”

Naho uwitwa Tuyishime Daniel we ati “Ibyo nabyita gusebya umuryango wawe ababyeyi bakureze iyaba wari uzi amagambo meza Mama wawe yahoraga akwaturiraho none uri kumwitura kwambara ubusa imbere y’isi yose. Ntakundi nta muryango ubura ikirumbo na we uri ikirumbo, ubwo se uri kwigisha iki abo uruta? uri ikigusha pe.”

Mu kumusubiza, Ariel Wayz yagize ati “Vana umuryango wanjye muri ibi. Ibi ni ibyanjye.”

Ariel Wayz kandi nyuma y’iyi foto, yanashyizeho indi foto iteguza indirimbo ye yise Love& Lust izasohoka mu minsi itanu.

Ni ifoto na yo ishotorana bidasanzwe kuko igaragaza amabere y’uyu Munyarwandakazi uretse utuntu yashyizeho dusa nk’uduhishe imoko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 8 =

Previous Post

Leta ya Uganda ikomeje kuryumaho ku rupfu rw’Umunyarwanda wari ukiri muto wahiciwe

Next Post

Zari wabyaranye na Diamond yahishuye ko amakariso yambara imwe ayigura 1.000.000 Frw

Related Posts

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhanzikazi Sarah Sanyu wamamaye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, yashyize hanze indirimbo...

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
1

Bamwe mu bamaze igihe bakoresha imbuga nkoranyambaga banazwi mu mwuga w’itangazamakuru, bagiriye inama utarazimaraho igihe ukomeje kunyuzaho ubutumwa buvugwaho ko...

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

by radiotv10
27/01/2026
0

Nyuma yuko hari uwanditse avuga ngo “umwaka urahise undi uratashye Miss Namie akoze ubukwe ariko nta kanunu ko gusama”, uyu...

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

by radiotv10
26/01/2026
0

Uwamamaye nka PK mu gusobanura filimi mu Rwanda, wari uherutse kwambika impeta y’urukundo umukunzi we, bamaze gukora ubukwe nk’umugore n’umugabo....

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Zari wabyaranye na Diamond yahishuye ko amakariso yambara imwe ayigura 1.000.000 Frw

Zari wabyaranye na Diamond yahishuye ko amakariso yambara imwe ayigura 1.000.000 Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.