Wednesday, July 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

B.Melodie wataramiye Abarundi afunguwe yaririmbye yambaye ibisa n’impuzankano y’abagororwa b’i Burundi (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
05/09/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
1
B.Melodie wataramiye Abarundi afunguwe yaririmbye yambaye ibisa n’impuzankano y’abagororwa b’i Burundi (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gitaramo cya nyuma yakoreye i Burundi, umuhanzi nyarwanda Bruce Melodie wataramiye Abarundi afunguwe, yaje ku rubyiniro yambaye imyambaro y’ibara ry’impuzankano z’imfungwa n’abagororwa b’i Burundi.

Uyu muhanzi wataramiye Abarundi mu gitaramo cya mbere ku wa Gatanu tariki 02 Nzeri 2022 cyabereye kuri Zion Beach, yaje ku rubyiniro nyuma y’amasaha macye afunguwe dore ko yatawe muri yombi ku wa Gatatu w’icyumweru gishize ubwo yari akigera mu Burundi.

Uyu muhanzi wari watawe muri yombi akurikiranyweho ubutekamutwe, akarekurwa abanje gutanga amafaranga yaciwe, ubwo yazaga ku rubyiniro yiteguye gutaramira Abarundi, yagize ati “Noneho rero, ntakibuza Impala gucuranga.”

Iki gitaramo cya mbere, cyaritabiriwe bishyira cyera, ndetse ateguza abakunzi be ko bizaba ikirenga mu gitaramo cya kabiri cyagombaga kuba ku wa Gatandatu tariki 03 Nzeri 2022.

Gusa iki gitaramo cyaje kwimurwa umunsi ndetse n’aho cyagombaga kubera, kiza kuba kuri iki Cyumweru tariki 04 Nzeri 2022 kibera nubundi ahabereye icya mbere.

Muri iki gitaramo na cyo kitabiriwe n’abatari bacye, Bruce Melodie yaje ku rubyiniro yambaye imyenda y’ibara ry’icyatsi risa neza neza n’iry’imyenda isanzwe yambarwa n’imfungwa n’abagororwa bo mu Burundi.

Uyu muhanzi nyarwanda, wabanje gufungirwa mu Burundi, mbere yuko akora iki gitaramo cya kabiri, yari yagaragaje ko nubwo yahuye n’iri sanganya ariko ntacyamubuza gukomeza kwiyumvamo Igihugu cy’u Burundi.

Mu magambo ye, Bruce Melodie yavuze ko u Rwanda n’u Burundi, ari abavandimwe, ati “Kuba nagiranye ikibazo n’Umurundi umwe ntibivuze ko ngomba kwanga u Burundi n’Abarundi bose, mu Burundi ni mu rugo, n’undi munsi nzagaruka kuko nkunda u Burundi nk’uko bakunda ibikorwa byanjye.”

Uyu muhanzi usanzwe ari no mu bakunzwe mu Rwanda, muri iki gitaramo cya kabiri mu Burundi, yakoze mu muhogo, aririmbira Abarundi, baranyurwa, bataha banezerewe.

Bruce Melodie yaje yambaye imyenda isa n’impuzankano y’imfungwa z’i Burundi

RADIOTV10

Comments 1

  1. Ndayambaje viateur says:
    3 years ago

    Songs mberee

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Perezida Kagame yitabiriye igitaramo Sauti Sol yatunguranyemo ikaririmba indirimbo imugarukaho

Next Post

Ngoma: Yaguze ibisuguti bya 1000 yishyura amafaranga y’amiganano bamusatse bamusangana 246.000Frw

Related Posts

Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

by radiotv10
09/07/2025
0

Umuhanzi Clarisse Karasira n'umugabo we Ifashabayo Dejoie, bibarutse umwana wabo wa kabiri, bahise bita amazina arimo iry’Ikinyarwanda rya ‘Kwema’. Byatangajwe...

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

by radiotv10
09/07/2025
0

Abaturage bo mu Kagari ka Mwezi mu Murenge wa Karengera, mu Karere ka Nyamasheje, bahangayikishijwe n’imibereho y’umugabo wirukanywe mu nzu...

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

by radiotv10
09/07/2025
0

Abaturage bo mu Murenge wa Nyamugari mu Karere ka Kirehe, baravuga ko bahawe ubutaka na Leta ngo bakoreremo ubucukuzi bw’Amabuye...

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC...

Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Batanu barimo umugore baregwa kwica umugabo bamukase ijosi babyisobanuyeho

by radiotv10
08/07/2025
0

Abantu batanu barimo umugore umwe baregwa kwica umugabo bamukase ijosi bamusanze mu rugo iwe mu Murenge wa Ngoma mu Karere...

IZIHERUKA

Abantu 9 bo mu muryango wa Tshisekedi barezwe mu kirego cyatanzwe mu Bubiligi
AMAHANGA

Abantu 9 bo mu muryango wa Tshisekedi barezwe mu kirego cyatanzwe mu Bubiligi

by radiotv10
09/07/2025
0

Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

09/07/2025
Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

09/07/2025
Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

09/07/2025
DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

08/07/2025
Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

08/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngoma: Yaguze ibisuguti bya 1000 yishyura amafaranga y’amiganano bamusatse bamusangana 246.000Frw

Ngoma: Yaguze ibisuguti bya 1000 yishyura amafaranga y’amiganano bamusatse bamusangana 246.000Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abantu 9 bo mu muryango wa Tshisekedi barezwe mu kirego cyatanzwe mu Bubiligi

Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.