Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bagize amahirwe yo kumuramutsa: Irebe ibirori nogerajisho Perezida Kagame yakiriyemo ab’ingeri zinyuranye (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
31/12/2024
in MU RWANDA
0
Bagize amahirwe yo kumuramutsa: Irebe ibirori nogerajisho Perezida Kagame yakiriyemo ab’ingeri zinyuranye (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye Abanyarwanda baturutse mu bice binyuranye by’Igihugu mu ngeri zose, mu gitaramo n’ibirori byo gusangira iminsi mikuru, byaranzwe n’ibyishimo bisendereye.

Ni umusangiro wabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 30 Ukuboza 2024 muri Kigali Convention Center, ahari hateraniye Abanyarwanda ibihumbi bo mu ngeri zinyuranye, kuva ku rwego rwo hasi kugeza ku bayobozi bo mu nzego nkuru z’Igihugu.

Ibi birori byanaranzwe n’ibikorwa by’imyidagaduro, aho ababyitabiriye basusurukijwe n’abahanzi barimo Bruce Melodie na Nel Ngabo, bari mu bagezweho muri muzika Nyarwanda.

Perezida Paul Kagame, kandi yaboneyeho kwifuriza abitabiriye ibi birori impera nziza z’umwaka wa 2024, ndetse no kuzatangira neza umwaka utaha wa 2025.

Umukuru w’u Rwanda, kandi yagarutse ku byaranze ubuzima bw’Igihugu muri uyu mwaka, avuga ko nubwo hari ibitarabaye byiza, ariko ibyinshi byari byiza, ku buryo hari impamvu yo kwishima.

Yagize ati “Uyu mwaka tugiye gusoza, wabayemo ibintu byinshi byiza, ibyiza ni byo mbona. Ibindi bitari byiza, tubishyira iruhande tukagira uko tubigenza bikagaruka ku murongo.”

Perezida Kagame kandi yongeye kugira ati “Dukomeze kwishimira ibyiza byacu dukorera, dushyiramo ubushake, imbaraga n’ubushishozi, kandi igihe cyose kibonetse, tujye twishima pe. Si ko ubuzima bukwiriye kugenda se? Wishimira icyo ugezeho, ugateganyiriza […] Ntabwo imbaraga zose uzisiga aha ngaha.”

Umukuru w’u Rwanda yongeye kwizeza Abaturarwanda ko ntagishobora kuzahungabanya umutekano wabo nubwo hari abafite umugambi wo kuwuhungabanya, ndetse abibutsa ko igihe cyabo kibaze.

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame ubwo bageraga ahabereye ibi birori
Bamwe mu babyitabiriye bagize amahirwe yo kumukora mu kiganza
Bishimiye kongera gutaramana n’Umukuru w’u Rwanda

Abakora mu nzego zinyuranye bari bahari
Umuhanzi Bruce Melodie yasusurukije abitabiriye ibi birori

Ange Kagame

Umunyamakuru Sandrine Isheja
Abo mu nzego zinyuranye bari bahari
Ange Kagame n’Umugabo we Bertrand Ndengeyingoma na na Yvan Cyomoro Kagame
Akanyamuneza kari kose
Perezida Kagame yavuze ko hari byinshi byo kwishimira
Abakozi ba RBA na bo bari bahari

Perezida w’Ukuriko Rukuru wa Gisirikare, Brig Gen Karuretwa
Wari umusangiro unogeje ijisho

Umunyamakuru Rugaju Reagan yagize amahirwe yo kuramutsa Perezida

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 11 =

Previous Post

IFOTO: Abahanzi b’amazina azwi mu Rwanda bavuzweho guhangana bagaragaye baganira bubahanye

Next Post

M23 yagaragaje ko aho ibohoje n’ahari inyamaswa na zo ziruhutsa

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yagaragaje ko aho ibohoje n’ahari inyamaswa na zo ziruhutsa

M23 yagaragaje ko aho ibohoje n’ahari inyamaswa na zo ziruhutsa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.