Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bagize amahirwe yo kumuramutsa: Irebe ibirori nogerajisho Perezida Kagame yakiriyemo ab’ingeri zinyuranye (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
31/12/2024
in MU RWANDA
0
Bagize amahirwe yo kumuramutsa: Irebe ibirori nogerajisho Perezida Kagame yakiriyemo ab’ingeri zinyuranye (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye Abanyarwanda baturutse mu bice binyuranye by’Igihugu mu ngeri zose, mu gitaramo n’ibirori byo gusangira iminsi mikuru, byaranzwe n’ibyishimo bisendereye.

Ni umusangiro wabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 30 Ukuboza 2024 muri Kigali Convention Center, ahari hateraniye Abanyarwanda ibihumbi bo mu ngeri zinyuranye, kuva ku rwego rwo hasi kugeza ku bayobozi bo mu nzego nkuru z’Igihugu.

Ibi birori byanaranzwe n’ibikorwa by’imyidagaduro, aho ababyitabiriye basusurukijwe n’abahanzi barimo Bruce Melodie na Nel Ngabo, bari mu bagezweho muri muzika Nyarwanda.

Perezida Paul Kagame, kandi yaboneyeho kwifuriza abitabiriye ibi birori impera nziza z’umwaka wa 2024, ndetse no kuzatangira neza umwaka utaha wa 2025.

Umukuru w’u Rwanda, kandi yagarutse ku byaranze ubuzima bw’Igihugu muri uyu mwaka, avuga ko nubwo hari ibitarabaye byiza, ariko ibyinshi byari byiza, ku buryo hari impamvu yo kwishima.

Yagize ati “Uyu mwaka tugiye gusoza, wabayemo ibintu byinshi byiza, ibyiza ni byo mbona. Ibindi bitari byiza, tubishyira iruhande tukagira uko tubigenza bikagaruka ku murongo.”

Perezida Kagame kandi yongeye kugira ati “Dukomeze kwishimira ibyiza byacu dukorera, dushyiramo ubushake, imbaraga n’ubushishozi, kandi igihe cyose kibonetse, tujye twishima pe. Si ko ubuzima bukwiriye kugenda se? Wishimira icyo ugezeho, ugateganyiriza […] Ntabwo imbaraga zose uzisiga aha ngaha.”

Umukuru w’u Rwanda yongeye kwizeza Abaturarwanda ko ntagishobora kuzahungabanya umutekano wabo nubwo hari abafite umugambi wo kuwuhungabanya, ndetse abibutsa ko igihe cyabo kibaze.

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame ubwo bageraga ahabereye ibi birori
Bamwe mu babyitabiriye bagize amahirwe yo kumukora mu kiganza
Bishimiye kongera gutaramana n’Umukuru w’u Rwanda

Abakora mu nzego zinyuranye bari bahari
Umuhanzi Bruce Melodie yasusurukije abitabiriye ibi birori

Ange Kagame

Umunyamakuru Sandrine Isheja
Abo mu nzego zinyuranye bari bahari
Ange Kagame n’Umugabo we Bertrand Ndengeyingoma na na Yvan Cyomoro Kagame
Akanyamuneza kari kose
Perezida Kagame yavuze ko hari byinshi byo kwishimira
Abakozi ba RBA na bo bari bahari

Perezida w’Ukuriko Rukuru wa Gisirikare, Brig Gen Karuretwa
Wari umusangiro unogeje ijisho

Umunyamakuru Rugaju Reagan yagize amahirwe yo kuramutsa Perezida

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 3 =

Previous Post

IFOTO: Abahanzi b’amazina azwi mu Rwanda bavuzweho guhangana bagaragaye baganira bubahanye

Next Post

M23 yagaragaje ko aho ibohoje n’ahari inyamaswa na zo ziruhutsa

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yagaragaje ko aho ibohoje n’ahari inyamaswa na zo ziruhutsa

M23 yagaragaje ko aho ibohoje n’ahari inyamaswa na zo ziruhutsa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.