Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bahishuye ibyo abagabo binjiyemo bigiye kubamaraho imitungo ntibatinye no gukora ibidakwiye

radiotv10by radiotv10
24/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bahishuye ibyo abagabo binjiyemo bigiye kubamaraho imitungo ntibatinye no gukora ibidakwiye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, bavuga ko abagabo babo bajya mu kazi, aho gucyura amahaho babonye, bagahitira mu mikino y’amahirwe bagasigayo amafaranga bakoreye yose ndetse n’imitungo yo mu rugo bakayisahura, ku buryo hari n’abadatinya kugurisha imyambaro bambaye bagataha bambaye utwenda tw’imbere.

Umwe mu babyeyi baganirije RADIOTV10, yavuze ko we n’umugabo we bari baguze igare, bumva ko rigiye kubafasha kwiteza imbere, none na ryo ryatwawe n’mikino y’amahirwe.

Yagize ati “Twari tugize amahirwe tubona igare numva ko agiye kujya arikoresha hakaboneka utuboga two kurya, ariko igare rigenda gutyo.”

Aba bagore bavuga kandi ko abagabo binjiye muri iyi mikino y’amahirwe, badatinya gukora n’ibidakorwa, ku buryo hari n’abagurisha imyambaro bambaye ndetse n’ibikoresho byo mu rugo.

Uretse ibyo kandi igihangayikishije aba bagore kurushaho ni uko hari abatakigira umwambaro wagaciro mu ngo kuko ngo abagabo babacaruhinga bakayigurisha kugira ngo babone amafaranga yo kujyana muri beti

Uwitwa Perusi ati “Uretse n’igare na matora ujya mu kazi ugasanga yayizinze, cyangwa wajya kubona ukabona saa moya araje yambaye mucikopa gusa, wamubaza aho imyenda yagiye akakubwira ko yisanze bayimuriye. N’umwenda wawe w’agaciro ahengera udahari wagiye mu kazi akawujyana.”

Aba bagabo bavugwaho kwijandika mu mikino y’amahirwe, na bo ubwabo bumvikana ko bafite ubumenyi buhagije kuri iyi mikino igiye kubasenyera.

Niyonasenze Sosthene ati “No kuri telephone ubikoreraho, ushobora gushyiraho magana abiri ukarya igihumbi. Hari uwo nzi wagurishije amabati, hari n’undi nzi wakuyeho atatu ku nzu ajya kuyagurisha ngo abone ayo abetinga.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bugarama, Nsengiyumva Vincent de Paul avuga ko ubuyobozi bwagerageje guhashya ibizwi nk’ibiryabarezi, naho ku mikino y’amahirwe yemewe, agira inama abaturage kuyirinda.

Ati “Icyo tubwira abaturage ni uko bagomba kugira ubushishozi bagashungura, ntabwo wafata amafaranga akwiye kuba atunga urugo ngo uyajyane mu bintu bidafite agaciro.”

Umurenge wa Bugarama uza ku mwanya wa mbere mu Mirenge y’Akarere ka Rusizi ivugwamo amakimbirane yo mu ngo, aho bamwe bavuga ko nyuma y’ubushoreke n’ubuharike, imikino y’amahirwe na yo iza mu bitiza umurindi amakimbirane.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 4 =

Previous Post

BREAKING: Hagiye hanze urutonde rw’Abadepite bashya b’u Rwanda… Menya umubare w’abagore

Next Post

Abandi basirikare ba FARDC bakatiwe igihano kiremereye kurusha ibindi noneho bahamijwe ibyaha bitandukanye n’iby’abaherutse

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abandi basirikare ba FARDC bakatiwe igihano kiremereye kurusha ibindi noneho bahamijwe ibyaha bitandukanye n’iby’abaherutse

Abandi basirikare ba FARDC bakatiwe igihano kiremereye kurusha ibindi noneho bahamijwe ibyaha bitandukanye n’iby’abaherutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.