Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bahishuye ibyo abagabo binjiyemo bigiye kubamaraho imitungo ntibatinye no gukora ibidakwiye

radiotv10by radiotv10
24/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bahishuye ibyo abagabo binjiyemo bigiye kubamaraho imitungo ntibatinye no gukora ibidakwiye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, bavuga ko abagabo babo bajya mu kazi, aho gucyura amahaho babonye, bagahitira mu mikino y’amahirwe bagasigayo amafaranga bakoreye yose ndetse n’imitungo yo mu rugo bakayisahura, ku buryo hari n’abadatinya kugurisha imyambaro bambaye bagataha bambaye utwenda tw’imbere.

Umwe mu babyeyi baganirije RADIOTV10, yavuze ko we n’umugabo we bari baguze igare, bumva ko rigiye kubafasha kwiteza imbere, none na ryo ryatwawe n’mikino y’amahirwe.

Yagize ati “Twari tugize amahirwe tubona igare numva ko agiye kujya arikoresha hakaboneka utuboga two kurya, ariko igare rigenda gutyo.”

Aba bagore bavuga kandi ko abagabo binjiye muri iyi mikino y’amahirwe, badatinya gukora n’ibidakorwa, ku buryo hari n’abagurisha imyambaro bambaye ndetse n’ibikoresho byo mu rugo.

Uretse ibyo kandi igihangayikishije aba bagore kurushaho ni uko hari abatakigira umwambaro wagaciro mu ngo kuko ngo abagabo babacaruhinga bakayigurisha kugira ngo babone amafaranga yo kujyana muri beti

Uwitwa Perusi ati “Uretse n’igare na matora ujya mu kazi ugasanga yayizinze, cyangwa wajya kubona ukabona saa moya araje yambaye mucikopa gusa, wamubaza aho imyenda yagiye akakubwira ko yisanze bayimuriye. N’umwenda wawe w’agaciro ahengera udahari wagiye mu kazi akawujyana.”

Aba bagabo bavugwaho kwijandika mu mikino y’amahirwe, na bo ubwabo bumvikana ko bafite ubumenyi buhagije kuri iyi mikino igiye kubasenyera.

Niyonasenze Sosthene ati “No kuri telephone ubikoreraho, ushobora gushyiraho magana abiri ukarya igihumbi. Hari uwo nzi wagurishije amabati, hari n’undi nzi wakuyeho atatu ku nzu ajya kuyagurisha ngo abone ayo abetinga.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bugarama, Nsengiyumva Vincent de Paul avuga ko ubuyobozi bwagerageje guhashya ibizwi nk’ibiryabarezi, naho ku mikino y’amahirwe yemewe, agira inama abaturage kuyirinda.

Ati “Icyo tubwira abaturage ni uko bagomba kugira ubushishozi bagashungura, ntabwo wafata amafaranga akwiye kuba atunga urugo ngo uyajyane mu bintu bidafite agaciro.”

Umurenge wa Bugarama uza ku mwanya wa mbere mu Mirenge y’Akarere ka Rusizi ivugwamo amakimbirane yo mu ngo, aho bamwe bavuga ko nyuma y’ubushoreke n’ubuharike, imikino y’amahirwe na yo iza mu bitiza umurindi amakimbirane.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − one =

Previous Post

BREAKING: Hagiye hanze urutonde rw’Abadepite bashya b’u Rwanda… Menya umubare w’abagore

Next Post

Abandi basirikare ba FARDC bakatiwe igihano kiremereye kurusha ibindi noneho bahamijwe ibyaha bitandukanye n’iby’abaherutse

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abandi basirikare ba FARDC bakatiwe igihano kiremereye kurusha ibindi noneho bahamijwe ibyaha bitandukanye n’iby’abaherutse

Abandi basirikare ba FARDC bakatiwe igihano kiremereye kurusha ibindi noneho bahamijwe ibyaha bitandukanye n’iby’abaherutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.