Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bahishuye ibyo abagabo binjiyemo bigiye kubamaraho imitungo ntibatinye no gukora ibidakwiye

radiotv10by radiotv10
24/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bahishuye ibyo abagabo binjiyemo bigiye kubamaraho imitungo ntibatinye no gukora ibidakwiye
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, bavuga ko abagabo babo bajya mu kazi, aho gucyura amahaho babonye, bagahitira mu mikino y’amahirwe bagasigayo amafaranga bakoreye yose ndetse n’imitungo yo mu rugo bakayisahura, ku buryo hari n’abadatinya kugurisha imyambaro bambaye bagataha bambaye utwenda tw’imbere.

Umwe mu babyeyi baganirije RADIOTV10, yavuze ko we n’umugabo we bari baguze igare, bumva ko rigiye kubafasha kwiteza imbere, none na ryo ryatwawe n’mikino y’amahirwe.

Yagize ati “Twari tugize amahirwe tubona igare numva ko agiye kujya arikoresha hakaboneka utuboga two kurya, ariko igare rigenda gutyo.”

Aba bagore bavuga kandi ko abagabo binjiye muri iyi mikino y’amahirwe, badatinya gukora n’ibidakorwa, ku buryo hari n’abagurisha imyambaro bambaye ndetse n’ibikoresho byo mu rugo.

Uretse ibyo kandi igihangayikishije aba bagore kurushaho ni uko hari abatakigira umwambaro wagaciro mu ngo kuko ngo abagabo babacaruhinga bakayigurisha kugira ngo babone amafaranga yo kujyana muri beti

Uwitwa Perusi ati “Uretse n’igare na matora ujya mu kazi ugasanga yayizinze, cyangwa wajya kubona ukabona saa moya araje yambaye mucikopa gusa, wamubaza aho imyenda yagiye akakubwira ko yisanze bayimuriye. N’umwenda wawe w’agaciro ahengera udahari wagiye mu kazi akawujyana.”

Aba bagabo bavugwaho kwijandika mu mikino y’amahirwe, na bo ubwabo bumvikana ko bafite ubumenyi buhagije kuri iyi mikino igiye kubasenyera.

Niyonasenze Sosthene ati “No kuri telephone ubikoreraho, ushobora gushyiraho magana abiri ukarya igihumbi. Hari uwo nzi wagurishije amabati, hari n’undi nzi wakuyeho atatu ku nzu ajya kuyagurisha ngo abone ayo abetinga.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bugarama, Nsengiyumva Vincent de Paul avuga ko ubuyobozi bwagerageje guhashya ibizwi nk’ibiryabarezi, naho ku mikino y’amahirwe yemewe, agira inama abaturage kuyirinda.

Ati “Icyo tubwira abaturage ni uko bagomba kugira ubushishozi bagashungura, ntabwo wafata amafaranga akwiye kuba atunga urugo ngo uyajyane mu bintu bidafite agaciro.”

Umurenge wa Bugarama uza ku mwanya wa mbere mu Mirenge y’Akarere ka Rusizi ivugwamo amakimbirane yo mu ngo, aho bamwe bavuga ko nyuma y’ubushoreke n’ubuharike, imikino y’amahirwe na yo iza mu bitiza umurindi amakimbirane.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 14 =

Previous Post

BREAKING: Hagiye hanze urutonde rw’Abadepite bashya b’u Rwanda… Menya umubare w’abagore

Next Post

Abandi basirikare ba FARDC bakatiwe igihano kiremereye kurusha ibindi noneho bahamijwe ibyaha bitandukanye n’iby’abaherutse

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abandi basirikare ba FARDC bakatiwe igihano kiremereye kurusha ibindi noneho bahamijwe ibyaha bitandukanye n’iby’abaherutse

Abandi basirikare ba FARDC bakatiwe igihano kiremereye kurusha ibindi noneho bahamijwe ibyaha bitandukanye n’iby’abaherutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.