Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bahishuye icyatumye bitabira kuboneza urubyaro ku bwinshi cyavuyemo gutenguhwa

radiotv10by radiotv10
07/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Bahishuye icyatumye bitabira kuboneza urubyaro ku bwinshi cyavuyemo gutenguhwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, bavuga bizejwe ko bazahabwa amafaranga nibitabira gahunda yo kuboneza urubyaro, maze si ukuyitabira bose bayijyamo none ngo barategereje amaso ahera mu kirere.

Aba babyeyi bo mu Kagari ka Gatsiro muri uyu Murenge wa Gihundwe, babwiye RADIOTV10 ko bayobotse kuboneza urubyaro ku bwinshi ubwo ubuyobozi bwababwira ko bazabaha amafaranga ariko ntibababwire umubare wayo.

Mukamazimpaka Lucie uvuga ko iyi gahunda yabaye nk’ubukangurambaga nyuma yuko bamwe mu babyeyi bo muri aka gace bari baranze kuboneza urubyaro.

Ati “Batubwiye neza ko abantu bari muri ONAPO [muri gahunda yo kuboneza urubyaro] hari akantu kagiye gutambuka ngo bakabaha ku duceri [amafaranga]. Umva twikozeho mbega. Twaragiye twiteza inshinge, n’abari basanzwe badafata iyi gahunda bajyamo.”

Nyirahagenimana Rahabu uvuga ko benshi mu babyeyi bo muri aka gace bari baravuye muri iyi gahunda yo kuboneza urubyaro kubera kubagwa nabi, yavuze ko n’abari barayihagaritse bayigiyemo ku bwinshi nyuma yo kumva ko hajemo amafaranga.

Ati “Noneho bavuze ngo ni amafaranga, abantu barabyitabiriye bose.”

Aba babyeyi bavuga ko ayo mafaranga yatumye bitabira gahunda yo kuboneza urubyaro, bayategereje amaso agahera mu kirere.

Yamungabiye Florida ati “Twarategereje tubura irengero. Mudufashe urwo rufaranga rutugereho natwe tujye tunywa kuri ako gasukari nk’abandi.”

Nyuma baje kubwirwa ko bazahabwa aya mafaranga ari uko babanje gutanga andi magana atanu (500Frw) yo muri Ejo Heza, maze ngo si ukuyatanga bivayo kuko bumvaga ko bagiye kubona agatubutse.

Mukamazimpaka Lucie yakomeje agira ati “Badukuramo ubusenkisa ubusenkisa hari n’abagiye bajya kuguza, nkanjye nari mfite atatu n’itanu nagujije iry’itanu ngo y’Ejo Heza ngo kugira ngo ubone iyo serivisi. Ayo mafaranga twarayatanze ariko twategereje aho iyo nkunga izava twarahabuze, nta n’akandi kanunu.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gatsiro, Sylvie Mukankurunziza unavugwaho ko ari we wabwiye aba baturage ko bazahabwa amafaranga nibaboneza urubyaro, yabibajijweho, avuga ko ari mu nama.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Dukuzumuremyi Annemarie yavuze ko atazi iby’ubu bukanguramabaga.

Ati “Ubukangurambaga bwo kubwira abantu ngo baboneza urubyaro bazahabwe amafaranga ntabwo bubaho. Muri Gahunda Leta tugira, iyo kuboneza urubyaro ngo duhe amafaranga abaturage ntayibamo.”

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 1

  1. Kuku Shadia says:
    3 years ago

    😂😂😂😂😂

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Goma: Imyigaragambyo yahinduye isura, urusengero rw’abavuga Ikinyarwanda rurasahurwa kugeza no ku mabati

Next Post

Turkey&Syria: Imibare y’abahitanywe n’umutingito udasanzwe ikomeje kwiyongera bageze mu 4.000

Related Posts

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

by radiotv10
26/11/2025
0

MoMo Rwanda Ltd, in partnership with the Rwanda Social Security Board (RSSB), has officially launched ‘Iremere EjoHeza’, a digital solution...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

by radiotv10
26/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko isinywa ry’amasezerano ya burundu hagati y’u Rwanda na DRC agomba kuzashyirwaho...

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Abandi barwanyi ba FDLR bacyuwe na MONUSCO ibashyikiriza u Rwanda

by radiotv10
26/11/2025
0

Abantu 22 bavuye mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biganjemo abari abarwanyi b’umutwe w’Iterabwoba wa FDLR, batahutse mu...

IZIHERUKA

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future
MU RWANDA

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

by radiotv10
26/11/2025
0

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Turkey&Syria: Imibare y’abahitanywe n’umutingito udasanzwe ikomeje kwiyongera bageze mu 4.000

Turkey&Syria: Imibare y’abahitanywe n’umutingito udasanzwe ikomeje kwiyongera bageze mu 4.000

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.