Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bahishuye icyatumye bitabira kuboneza urubyaro ku bwinshi cyavuyemo gutenguhwa

radiotv10by radiotv10
07/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Bahishuye icyatumye bitabira kuboneza urubyaro ku bwinshi cyavuyemo gutenguhwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, bavuga bizejwe ko bazahabwa amafaranga nibitabira gahunda yo kuboneza urubyaro, maze si ukuyitabira bose bayijyamo none ngo barategereje amaso ahera mu kirere.

Aba babyeyi bo mu Kagari ka Gatsiro muri uyu Murenge wa Gihundwe, babwiye RADIOTV10 ko bayobotse kuboneza urubyaro ku bwinshi ubwo ubuyobozi bwababwira ko bazabaha amafaranga ariko ntibababwire umubare wayo.

Mukamazimpaka Lucie uvuga ko iyi gahunda yabaye nk’ubukangurambaga nyuma yuko bamwe mu babyeyi bo muri aka gace bari baranze kuboneza urubyaro.

Ati “Batubwiye neza ko abantu bari muri ONAPO [muri gahunda yo kuboneza urubyaro] hari akantu kagiye gutambuka ngo bakabaha ku duceri [amafaranga]. Umva twikozeho mbega. Twaragiye twiteza inshinge, n’abari basanzwe badafata iyi gahunda bajyamo.”

Nyirahagenimana Rahabu uvuga ko benshi mu babyeyi bo muri aka gace bari baravuye muri iyi gahunda yo kuboneza urubyaro kubera kubagwa nabi, yavuze ko n’abari barayihagaritse bayigiyemo ku bwinshi nyuma yo kumva ko hajemo amafaranga.

Ati “Noneho bavuze ngo ni amafaranga, abantu barabyitabiriye bose.”

Aba babyeyi bavuga ko ayo mafaranga yatumye bitabira gahunda yo kuboneza urubyaro, bayategereje amaso agahera mu kirere.

Yamungabiye Florida ati “Twarategereje tubura irengero. Mudufashe urwo rufaranga rutugereho natwe tujye tunywa kuri ako gasukari nk’abandi.”

Nyuma baje kubwirwa ko bazahabwa aya mafaranga ari uko babanje gutanga andi magana atanu (500Frw) yo muri Ejo Heza, maze ngo si ukuyatanga bivayo kuko bumvaga ko bagiye kubona agatubutse.

Mukamazimpaka Lucie yakomeje agira ati “Badukuramo ubusenkisa ubusenkisa hari n’abagiye bajya kuguza, nkanjye nari mfite atatu n’itanu nagujije iry’itanu ngo y’Ejo Heza ngo kugira ngo ubone iyo serivisi. Ayo mafaranga twarayatanze ariko twategereje aho iyo nkunga izava twarahabuze, nta n’akandi kanunu.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gatsiro, Sylvie Mukankurunziza unavugwaho ko ari we wabwiye aba baturage ko bazahabwa amafaranga nibaboneza urubyaro, yabibajijweho, avuga ko ari mu nama.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Dukuzumuremyi Annemarie yavuze ko atazi iby’ubu bukanguramabaga.

Ati “Ubukangurambaga bwo kubwira abantu ngo baboneza urubyaro bazahabwe amafaranga ntabwo bubaho. Muri Gahunda Leta tugira, iyo kuboneza urubyaro ngo duhe amafaranga abaturage ntayibamo.”

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 1

  1. Kuku Shadia says:
    3 years ago

    😂😂😂😂😂

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 12 =

Previous Post

Goma: Imyigaragambyo yahinduye isura, urusengero rw’abavuga Ikinyarwanda rurasahurwa kugeza no ku mabati

Next Post

Turkey&Syria: Imibare y’abahitanywe n’umutingito udasanzwe ikomeje kwiyongera bageze mu 4.000

Related Posts

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

by radiotv10
06/01/2026
0

The festive season is often filled with joy, gifts, travel, and celebrations, but it can also leave many people feeling...

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
06/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Turkey&Syria: Imibare y’abahitanywe n’umutingito udasanzwe ikomeje kwiyongera bageze mu 4.000

Turkey&Syria: Imibare y’abahitanywe n’umutingito udasanzwe ikomeje kwiyongera bageze mu 4.000

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.