Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bahishuye icyatumye bitabira kuboneza urubyaro ku bwinshi cyavuyemo gutenguhwa

radiotv10by radiotv10
07/02/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Bahishuye icyatumye bitabira kuboneza urubyaro ku bwinshi cyavuyemo gutenguhwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, bavuga bizejwe ko bazahabwa amafaranga nibitabira gahunda yo kuboneza urubyaro, maze si ukuyitabira bose bayijyamo none ngo barategereje amaso ahera mu kirere.

Aba babyeyi bo mu Kagari ka Gatsiro muri uyu Murenge wa Gihundwe, babwiye RADIOTV10 ko bayobotse kuboneza urubyaro ku bwinshi ubwo ubuyobozi bwababwira ko bazabaha amafaranga ariko ntibababwire umubare wayo.

Mukamazimpaka Lucie uvuga ko iyi gahunda yabaye nk’ubukangurambaga nyuma yuko bamwe mu babyeyi bo muri aka gace bari baranze kuboneza urubyaro.

Ati “Batubwiye neza ko abantu bari muri ONAPO [muri gahunda yo kuboneza urubyaro] hari akantu kagiye gutambuka ngo bakabaha ku duceri [amafaranga]. Umva twikozeho mbega. Twaragiye twiteza inshinge, n’abari basanzwe badafata iyi gahunda bajyamo.”

Nyirahagenimana Rahabu uvuga ko benshi mu babyeyi bo muri aka gace bari baravuye muri iyi gahunda yo kuboneza urubyaro kubera kubagwa nabi, yavuze ko n’abari barayihagaritse bayigiyemo ku bwinshi nyuma yo kumva ko hajemo amafaranga.

Ati “Noneho bavuze ngo ni amafaranga, abantu barabyitabiriye bose.”

Aba babyeyi bavuga ko ayo mafaranga yatumye bitabira gahunda yo kuboneza urubyaro, bayategereje amaso agahera mu kirere.

Yamungabiye Florida ati “Twarategereje tubura irengero. Mudufashe urwo rufaranga rutugereho natwe tujye tunywa kuri ako gasukari nk’abandi.”

Nyuma baje kubwirwa ko bazahabwa aya mafaranga ari uko babanje gutanga andi magana atanu (500Frw) yo muri Ejo Heza, maze ngo si ukuyatanga bivayo kuko bumvaga ko bagiye kubona agatubutse.

Mukamazimpaka Lucie yakomeje agira ati “Badukuramo ubusenkisa ubusenkisa hari n’abagiye bajya kuguza, nkanjye nari mfite atatu n’itanu nagujije iry’itanu ngo y’Ejo Heza ngo kugira ngo ubone iyo serivisi. Ayo mafaranga twarayatanze ariko twategereje aho iyo nkunga izava twarahabuze, nta n’akandi kanunu.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gatsiro, Sylvie Mukankurunziza unavugwaho ko ari we wabwiye aba baturage ko bazahabwa amafaranga nibaboneza urubyaro, yabibajijweho, avuga ko ari mu nama.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Dukuzumuremyi Annemarie yavuze ko atazi iby’ubu bukanguramabaga.

Ati “Ubukangurambaga bwo kubwira abantu ngo baboneza urubyaro bazahabwe amafaranga ntabwo bubaho. Muri Gahunda Leta tugira, iyo kuboneza urubyaro ngo duhe amafaranga abaturage ntayibamo.”

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Comments 1

  1. Kuku Shadia says:
    3 years ago

    😂😂😂😂😂

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × five =

Previous Post

Goma: Imyigaragambyo yahinduye isura, urusengero rw’abavuga Ikinyarwanda rurasahurwa kugeza no ku mabati

Next Post

Turkey&Syria: Imibare y’abahitanywe n’umutingito udasanzwe ikomeje kwiyongera bageze mu 4.000

Related Posts

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

by radiotv10
03/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 35 wo mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ari mu maboko ya RIB akurikiranyweho ingengabitekerezo ya...

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

Charity Begins at Home: Understanding the True Meaning

by radiotv10
03/12/2025
0

The proverb “Charity begins at home” is a reminder that kindness, generosity, and good behavior should start with the people...

IZIHERUKA

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

03/12/2025
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Turkey&Syria: Imibare y’abahitanywe n’umutingito udasanzwe ikomeje kwiyongera bageze mu 4.000

Turkey&Syria: Imibare y’abahitanywe n’umutingito udasanzwe ikomeje kwiyongera bageze mu 4.000

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.