Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

radiotv10by radiotv10
01/12/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu mwaka wa 2006 bahagaritswe mu kazi mu buryo bavuga ko bunyuranyije n’amategeko, ariko mu 2022 iki kigo nderabuzima kikaza kwemera kugirana na bo ibiganiro by’ubwumvikane bakemeranya kubishyurira ibirarane by’imisanzu ya RSSB yo kugeza mu 2022.

Abo baturage bahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara giherereye mu Kagari ka Murara, Umurenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, baragaruka ku karengane bavuga ko bagiriwe mu mwaka wa 2006 ubwo bakoraga akazi k’isuku muri iri vuriro maze ngo bagahagarikwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ariko bari basanzwe batangirwa imisanzu n’icyo kigo nderabuzima. Kuva ubwo gahunda yo kubatangira iyo misanzu yahagarara nyamara batigeze bahabwa impapuro zibahagarika nk’uko bisanzwe bigenda mu guhagarika umukozi utagikenewe mu kazi.

Serubungo Gaspard ati “Twakoreye Ikigo Nderabuzima cya Murara, baza kutubwira ngo tujye muri konje y’umwaka ariko tugarutse dusanga badusimbuje abandi. Twitabaza Umugenzuzi w’Umurimo mu Karere ka Rubavu, ikigo cyanga kwitaba.”

Cyakora n’ubwo mu 2022, nyuma yo kwiyambaza inzego zirimo Umugenzuzi w’Umurimo mu Karere ka Rubavu no gutanga ikirego, impande zombi zanzuye gukemura ikibazo mu bwumvikane, aba baturage bagaragaza ko ibyo bemeranyije n’ikigo nderabuzima byabaye amasigaracyicaro kuko ngo kugeza ubu bakiri mu gihirahiro cy’uko bizashyirwa mu bikorwa.

Ndabateze Alfred ati “Akarere twandikiye inshuro zirindwi, twandikira Guverineri ariko bose ntibadusubiza, maze tukigeza ku Badepite badusuye mu kwa gatandatu. Titulaire na Gitifu w’Umurenge bemera ko baragikemura ariko na n’ubu nta kirakorwa. Kandi iyo tugeze kuri centre de santé batubwira ko amafaranga bayatanze, twajya kuri RSSB bakatubwira ko nta mafaranga batanze, twajya ku Karere bakatwirukaho ngo Akarere ntikadukoresheje! Mbese ubu turi mu gihirahiro.”

Serubungo Gaspard ati“Nta na kimwe twigeze tubona. Nkanjye sindi n’iwanjye, n’ugucumbika aho bwije bakanyirukana, nkanyagirirwa hanze. Mituweli nta bushobozi bwo kuyitanga.”

Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Murara, Habarurema François, asobanura impamvu y’itinda ry’iyo misanzu ariko akizeza aba baturage ko bitarenze mu kwezi kwa mbere k’umwaka utaha wa 2026 kizaba cyakemutse.

Habarurema François ati “Amafaranga yarishyuwe kandi nari nandikiye RSSB mbasaba kuyashyiraho, ariko basuzumye basanga amafaranga yarajyaga muri RRA bitaratandukanywa. Ngeze muri RRA bansaba bordereau original kuko iyo nari mfite itagaragaraga, biba ngombwa kwandikira bank ngo idushakire bordereau. Ubwo rero ndumva bakwihangana kuko ubuyobozi bw’ikigo buticaye, buri gukurikirana ikibazo cyabo ku buryo uyu mwaka tugiye gutangira ndakeka ko azaba yaragezeho.”

Ni mu gihe ubwumvikane bw’Ikigo Nderabuzima cya Murara n’aba baturage bahoze bagikorera bwanzuye ko buri umwe muri aba baturage batatu azatangirwa mu Kigo cy’Ubwiteganyirize bw’Abakozi (RSSB) amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni zirindwi n’ibihumbi ijana.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + nineteen =

Previous Post

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Related Posts

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

by radiotv10
01/12/2025
0

A new public transport system is set to begin operating in the City of Kigali, one that will ensure buses...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

What every girl should know before 25

What every girl should know before 25

by radiotv10
01/12/2025
0

Turning 25 is a special milestone. It is an age where life starts to take shape, choices begin to matter...

IZIHERUKA

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza
IMIBEREHO MYIZA

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
What every girl should know before 25

What every girl should know before 25

01/12/2025
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.