Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

radiotv10by radiotv10
01/12/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu mwaka wa 2006 bahagaritswe mu kazi mu buryo bavuga ko bunyuranyije n’amategeko, ariko mu 2022 iki kigo nderabuzima kikaza kwemera kugirana na bo ibiganiro by’ubwumvikane bakemeranya kubishyurira ibirarane by’imisanzu ya RSSB yo kugeza mu 2022.

Abo baturage bahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara giherereye mu Kagari ka Murara, Umurenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, baragaruka ku karengane bavuga ko bagiriwe mu mwaka wa 2006 ubwo bakoraga akazi k’isuku muri iri vuriro maze ngo bagahagarikwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ariko bari basanzwe batangirwa imisanzu n’icyo kigo nderabuzima. Kuva ubwo gahunda yo kubatangira iyo misanzu yahagarara nyamara batigeze bahabwa impapuro zibahagarika nk’uko bisanzwe bigenda mu guhagarika umukozi utagikenewe mu kazi.

Serubungo Gaspard ati “Twakoreye Ikigo Nderabuzima cya Murara, baza kutubwira ngo tujye muri konje y’umwaka ariko tugarutse dusanga badusimbuje abandi. Twitabaza Umugenzuzi w’Umurimo mu Karere ka Rubavu, ikigo cyanga kwitaba.”

Cyakora n’ubwo mu 2022, nyuma yo kwiyambaza inzego zirimo Umugenzuzi w’Umurimo mu Karere ka Rubavu no gutanga ikirego, impande zombi zanzuye gukemura ikibazo mu bwumvikane, aba baturage bagaragaza ko ibyo bemeranyije n’ikigo nderabuzima byabaye amasigaracyicaro kuko ngo kugeza ubu bakiri mu gihirahiro cy’uko bizashyirwa mu bikorwa.

Ndabateze Alfred ati “Akarere twandikiye inshuro zirindwi, twandikira Guverineri ariko bose ntibadusubiza, maze tukigeza ku Badepite badusuye mu kwa gatandatu. Titulaire na Gitifu w’Umurenge bemera ko baragikemura ariko na n’ubu nta kirakorwa. Kandi iyo tugeze kuri centre de santé batubwira ko amafaranga bayatanze, twajya kuri RSSB bakatubwira ko nta mafaranga batanze, twajya ku Karere bakatwirukaho ngo Akarere ntikadukoresheje! Mbese ubu turi mu gihirahiro.”

Serubungo Gaspard ati“Nta na kimwe twigeze tubona. Nkanjye sindi n’iwanjye, n’ugucumbika aho bwije bakanyirukana, nkanyagirirwa hanze. Mituweli nta bushobozi bwo kuyitanga.”

Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Murara, Habarurema François, asobanura impamvu y’itinda ry’iyo misanzu ariko akizeza aba baturage ko bitarenze mu kwezi kwa mbere k’umwaka utaha wa 2026 kizaba cyakemutse.

Habarurema François ati “Amafaranga yarishyuwe kandi nari nandikiye RSSB mbasaba kuyashyiraho, ariko basuzumye basanga amafaranga yarajyaga muri RRA bitaratandukanywa. Ngeze muri RRA bansaba bordereau original kuko iyo nari mfite itagaragaraga, biba ngombwa kwandikira bank ngo idushakire bordereau. Ubwo rero ndumva bakwihangana kuko ubuyobozi bw’ikigo buticaye, buri gukurikirana ikibazo cyabo ku buryo uyu mwaka tugiye gutangira ndakeka ko azaba yaragezeho.”

Ni mu gihe ubwumvikane bw’Ikigo Nderabuzima cya Murara n’aba baturage bahoze bagikorera bwanzuye ko buri umwe muri aba baturage batatu azatangirwa mu Kigo cy’Ubwiteganyirize bw’Abakozi (RSSB) amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni zirindwi n’ibihumbi ijana.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 20 =

Previous Post

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

Next Post

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.