Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bamporiki agikatirwa gufungwa imyaka itanu hamenyekanye icyahise gikurikiraho

radiotv10by radiotv10
24/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUTABERA
0
Bamporiki agikatirwa gufungwa imyaka itanu hamenyekanye icyahise gikurikiraho
Share on FacebookShare on Twitter

Bamporiki Edouard wagize imyanya mu buyobozi bukuru bw’Igihugu, wakatiwe gufungwa imyaka itanu, yahise ajya gufungirwa muri Gereza, nyuma yuko yaburanaga afungiye iwe kuva yatangira gukurikiranwaho ibyaha yahamijwe.

Uyu munyapolitiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisititeri y’Urubyiruko n’Umuco, akaza guhagarikwa kubera ibyaha bishingiye ku kwakira indonke yakekwagaho, kuri uyu wa Mbere tariki 23 Mutarama 2023, yakatiwe gufungwa imyaka itanu no gutanga ihazabu ya miliyoni 30 Frw.

Ni igihano yahawe nyuma yo kujuririra icy’igifungo cy’imyaka ine n’ihazabu ya miliyoni 60 Frw yari yahawe mu rubanza rwa mbere rwari rwaburanishijwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

Urukiko Rukuru rwamukatiye iki gifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu ya miliyoni 30 Frw, rwamuhamije ibyaha bibiri n’ubundi yari yahamijwe, ari byo; kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya ndetse no gukoresha ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu ze bwite.

Nyuma yuko Urukiko rutangaje kiriya gihano, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwakurikiranaga uyu munyapolitiki aho yari afungiye iwe, rwahise rumushyikiriza Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa kugira ngo afungwe hatangire gushyirwa mu bikorwa igihano yakatiwe.

Aya makuru kandi yemejwe n’Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa, SSP Pelly Uwera Gakwaya wahamirije umunyamakuru wa RADIOTV10 ko Bamporiki yamaze kugezwa muri Gereza ya Nyarugenge izwi nka Mageragere. Yagize ati “Yahageze rwose.”

Bamporiki uzwiho inyigisho z’ubumwe n’ubwiyunge, ni umwe mu banyapolitiki bakunze kujya muri za Gereza zinyuranye, aho yabaga agiye gukangurira abafungiye gukora Jenoside Yakorewe Abatutsi, kwemera ibibi bakoze, bagasaba imbabazi abo bahemukiye.

Izi nyigisho yahaga imfungwa zifungiye Jenoside, zabaga zigamije kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda, zagiye zigira uruhare mu gutuma zimwe mu mfungwa zemera gusaba imbabazi abo ziciye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 6 =

Previous Post

Umusirikare ukomeye muri FARDC wari indwanyi kabuhariwe washinjwaga gukorana na M23 yapfuye

Next Post

M23 yagaragarije amahanga uri inyuma yo kuba ibintu birushaho kuzamba

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yagaragarije amahanga uri inyuma yo kuba ibintu birushaho kuzamba

M23 yagaragarije amahanga uri inyuma yo kuba ibintu birushaho kuzamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.