Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bamporiki agikatirwa gufungwa imyaka itanu hamenyekanye icyahise gikurikiraho

radiotv10by radiotv10
24/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUTABERA
0
Bamporiki agikatirwa gufungwa imyaka itanu hamenyekanye icyahise gikurikiraho
Share on FacebookShare on Twitter

Bamporiki Edouard wagize imyanya mu buyobozi bukuru bw’Igihugu, wakatiwe gufungwa imyaka itanu, yahise ajya gufungirwa muri Gereza, nyuma yuko yaburanaga afungiye iwe kuva yatangira gukurikiranwaho ibyaha yahamijwe.

Uyu munyapolitiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisititeri y’Urubyiruko n’Umuco, akaza guhagarikwa kubera ibyaha bishingiye ku kwakira indonke yakekwagaho, kuri uyu wa Mbere tariki 23 Mutarama 2023, yakatiwe gufungwa imyaka itanu no gutanga ihazabu ya miliyoni 30 Frw.

Ni igihano yahawe nyuma yo kujuririra icy’igifungo cy’imyaka ine n’ihazabu ya miliyoni 60 Frw yari yahawe mu rubanza rwa mbere rwari rwaburanishijwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

Urukiko Rukuru rwamukatiye iki gifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu ya miliyoni 30 Frw, rwamuhamije ibyaha bibiri n’ubundi yari yahamijwe, ari byo; kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya ndetse no gukoresha ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu ze bwite.

Nyuma yuko Urukiko rutangaje kiriya gihano, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwakurikiranaga uyu munyapolitiki aho yari afungiye iwe, rwahise rumushyikiriza Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa kugira ngo afungwe hatangire gushyirwa mu bikorwa igihano yakatiwe.

Aya makuru kandi yemejwe n’Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa, SSP Pelly Uwera Gakwaya wahamirije umunyamakuru wa RADIOTV10 ko Bamporiki yamaze kugezwa muri Gereza ya Nyarugenge izwi nka Mageragere. Yagize ati “Yahageze rwose.”

Bamporiki uzwiho inyigisho z’ubumwe n’ubwiyunge, ni umwe mu banyapolitiki bakunze kujya muri za Gereza zinyuranye, aho yabaga agiye gukangurira abafungiye gukora Jenoside Yakorewe Abatutsi, kwemera ibibi bakoze, bagasaba imbabazi abo bahemukiye.

Izi nyigisho yahaga imfungwa zifungiye Jenoside, zabaga zigamije kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda, zagiye zigira uruhare mu gutuma zimwe mu mfungwa zemera gusaba imbabazi abo ziciye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Umusirikare ukomeye muri FARDC wari indwanyi kabuhariwe washinjwaga gukorana na M23 yapfuye

Next Post

M23 yagaragarije amahanga uri inyuma yo kuba ibintu birushaho kuzamba

Related Posts

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

IZIHERUKA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yagaragarije amahanga uri inyuma yo kuba ibintu birushaho kuzamba

M23 yagaragarije amahanga uri inyuma yo kuba ibintu birushaho kuzamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.