Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Banki ya Kigali yagaragaje urwego iteganya kugeraho ruzatuma irushaho kuba ubukombe

radiotv10by radiotv10
20/05/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Banki ya Kigali yagaragaje urwego iteganya kugeraho ruzatuma irushaho kuba ubukombe
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Banki ya Kigali buvuga ko mu mwaka ushize umutungo w’iki kigo wazamutse ku rugero rwa 16.6%, bukavuga ko bukurikije uko inyungu yari yifashe muri uwo mwaka, iyi banki itanga icyizere ko mu myaka iri imbere izaba ifite ubushobozi bwo guhanganira ku isoko ryo mu karere u Rwanda ruherereyemo.

Imibare ya banki ya Kigali Group, igaragaza ko mu mwaka wa 2022 umutungo wabo wageze kuri miliyari 1 845 Frw, ivuye kuri miliyari 1 590 Frw yo muri 2021. Bivuze ko habayeho izamuka rya 16.6% ugereranyije iyo myaka yombi.

Iyi mibare kandi igaragaza ko muri 2022 iyi banki yatanze inguzanyo zifite agaciro ka miliyari 1 134 Frw, na yo yazamutse ku rugero rwa 14.6%; kuko muri 2021 yari miliyari 990.3 Rrw. Naho Inyungu itarimo imisoro yazamutse ku rugero rwa 15.1%; igera kuri miliyari 59.7 frw.

Marc Holtzman ucyuye igihe ku buyobozi bw’inama y’ubutegetsi ya BK Group; avuga ko ari intambwe ikomeye bateye agereranyije n’uko byari bimeze mu myaka itatu yabanje.

Ati “Banki ya Kigali yagize umwaka mwiza. Yagize inyungu ya miliyoni 62 z’amadorali ya Amerika ivuye kuri miliyoni 36 mu myaka itatu ishize. Iyi Banki irushaho kwaguka. Yongeyeho serivisi z’ubwishingizi, gahunda ziteza imbere ubuhinzi. Iminsi iri mbere iratanga icyizere.”

Banko ya Kigali kandi ubu inatanga serivisi ku Banyarwanda baba mu mahanga. Muri 2022 yafashije abasaga ibihumbi bine barimo abakiriya 1 200 bashya bafunguje konti.

Marc Holtzman avuga ko ishusho y’uyu mwaka itanga icyizere cy’uko mu minsi iri imbere Banki ya Kigali izaba ari ku rwego rwo guhangana na banki zikomeye zo muri aka karere.

Ati “Ibihugu biteye imbere biri ku gitutu gikomeye. Ndetse bishobora guhinduka umwanya uwo ari wo wose. Biramutse bibaye mu mwaka utaha; abashoramari bato bazabona ko u Rwanda ari Igihugu cya mbere kibereye ishoramari. Urebye kugeza ubu; banki zo mu Rwanda ntiziragera ku rwego rw’izo muri Kenya, ariko ku bwanjye ndabona ko Banki ya Kigali itanga icyizere. Ubucuruzi buragenda neza, kandi irushaho gukomera no kwaguka. Ushingiye ku bucuruzi; kugira imigabane muri Banki ya Kigali ni ishoramari ryiza kandi ritekanye ku isi yose.”

Iyi banki igaragaza ko ubu ifite amashami 67, ibyuma bitanga amafaranga 101, ndetse ngo n’abakiriya biyongera umwaka ku wundi. Ku bw’ibyo, iyi banki iremeza ko ikomeje izakomeza kunoza kwagura serivisi zose bagenera ababagana.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

Weekend izira irungu: Abahanzi Nyarwanda banze kabatenguha bakora mu muhogo

Next Post

Hasohotse ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose ku byabaye mu Mavubi bitari bikwiye

Related Posts

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

by radiotv10
30/12/2025
0

President Paul Kagame, the Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force, has commended Rwanda’s soldiers and members of other security organs...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Rwanda states that the Kinshasa-backed FDLR remains the most significant unaddressed security threat

by radiotv10
30/12/2025
0

The Government of Rwanda has emphasized that in 2025 there were credible pathways that could have helped resolve regional conflicts,...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasohotse ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose ku byabaye mu Mavubi bitari bikwiye

Hasohotse ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose ku byabaye mu Mavubi bitari bikwiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.