Sunday, November 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Banki ya Kigali yagaragaje urwego iteganya kugeraho ruzatuma irushaho kuba ubukombe

radiotv10by radiotv10
20/05/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Banki ya Kigali yagaragaje urwego iteganya kugeraho ruzatuma irushaho kuba ubukombe
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Banki ya Kigali buvuga ko mu mwaka ushize umutungo w’iki kigo wazamutse ku rugero rwa 16.6%, bukavuga ko bukurikije uko inyungu yari yifashe muri uwo mwaka, iyi banki itanga icyizere ko mu myaka iri imbere izaba ifite ubushobozi bwo guhanganira ku isoko ryo mu karere u Rwanda ruherereyemo.

Imibare ya banki ya Kigali Group, igaragaza ko mu mwaka wa 2022 umutungo wabo wageze kuri miliyari 1 845 Frw, ivuye kuri miliyari 1 590 Frw yo muri 2021. Bivuze ko habayeho izamuka rya 16.6% ugereranyije iyo myaka yombi.

Iyi mibare kandi igaragaza ko muri 2022 iyi banki yatanze inguzanyo zifite agaciro ka miliyari 1 134 Frw, na yo yazamutse ku rugero rwa 14.6%; kuko muri 2021 yari miliyari 990.3 Rrw. Naho Inyungu itarimo imisoro yazamutse ku rugero rwa 15.1%; igera kuri miliyari 59.7 frw.

Marc Holtzman ucyuye igihe ku buyobozi bw’inama y’ubutegetsi ya BK Group; avuga ko ari intambwe ikomeye bateye agereranyije n’uko byari bimeze mu myaka itatu yabanje.

Ati “Banki ya Kigali yagize umwaka mwiza. Yagize inyungu ya miliyoni 62 z’amadorali ya Amerika ivuye kuri miliyoni 36 mu myaka itatu ishize. Iyi Banki irushaho kwaguka. Yongeyeho serivisi z’ubwishingizi, gahunda ziteza imbere ubuhinzi. Iminsi iri mbere iratanga icyizere.”

Banko ya Kigali kandi ubu inatanga serivisi ku Banyarwanda baba mu mahanga. Muri 2022 yafashije abasaga ibihumbi bine barimo abakiriya 1 200 bashya bafunguje konti.

Marc Holtzman avuga ko ishusho y’uyu mwaka itanga icyizere cy’uko mu minsi iri imbere Banki ya Kigali izaba ari ku rwego rwo guhangana na banki zikomeye zo muri aka karere.

Ati “Ibihugu biteye imbere biri ku gitutu gikomeye. Ndetse bishobora guhinduka umwanya uwo ari wo wose. Biramutse bibaye mu mwaka utaha; abashoramari bato bazabona ko u Rwanda ari Igihugu cya mbere kibereye ishoramari. Urebye kugeza ubu; banki zo mu Rwanda ntiziragera ku rwego rw’izo muri Kenya, ariko ku bwanjye ndabona ko Banki ya Kigali itanga icyizere. Ubucuruzi buragenda neza, kandi irushaho gukomera no kwaguka. Ushingiye ku bucuruzi; kugira imigabane muri Banki ya Kigali ni ishoramari ryiza kandi ritekanye ku isi yose.”

Iyi banki igaragaza ko ubu ifite amashami 67, ibyuma bitanga amafaranga 101, ndetse ngo n’abakiriya biyongera umwaka ku wundi. Ku bw’ibyo, iyi banki iremeza ko ikomeje izakomeza kunoza kwagura serivisi zose bagenera ababagana.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

Weekend izira irungu: Abahanzi Nyarwanda banze kabatenguha bakora mu muhogo

Next Post

Hasohotse ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose ku byabaye mu Mavubi bitari bikwiye

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasohotse ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose ku byabaye mu Mavubi bitari bikwiye

Hasohotse ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose ku byabaye mu Mavubi bitari bikwiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.