Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Banki ya Kigali yagaragaje urwego iteganya kugeraho ruzatuma irushaho kuba ubukombe

radiotv10by radiotv10
20/05/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Banki ya Kigali yagaragaje urwego iteganya kugeraho ruzatuma irushaho kuba ubukombe
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Banki ya Kigali buvuga ko mu mwaka ushize umutungo w’iki kigo wazamutse ku rugero rwa 16.6%, bukavuga ko bukurikije uko inyungu yari yifashe muri uwo mwaka, iyi banki itanga icyizere ko mu myaka iri imbere izaba ifite ubushobozi bwo guhanganira ku isoko ryo mu karere u Rwanda ruherereyemo.

Imibare ya banki ya Kigali Group, igaragaza ko mu mwaka wa 2022 umutungo wabo wageze kuri miliyari 1 845 Frw, ivuye kuri miliyari 1 590 Frw yo muri 2021. Bivuze ko habayeho izamuka rya 16.6% ugereranyije iyo myaka yombi.

Iyi mibare kandi igaragaza ko muri 2022 iyi banki yatanze inguzanyo zifite agaciro ka miliyari 1 134 Frw, na yo yazamutse ku rugero rwa 14.6%; kuko muri 2021 yari miliyari 990.3 Rrw. Naho Inyungu itarimo imisoro yazamutse ku rugero rwa 15.1%; igera kuri miliyari 59.7 frw.

Marc Holtzman ucyuye igihe ku buyobozi bw’inama y’ubutegetsi ya BK Group; avuga ko ari intambwe ikomeye bateye agereranyije n’uko byari bimeze mu myaka itatu yabanje.

Ati “Banki ya Kigali yagize umwaka mwiza. Yagize inyungu ya miliyoni 62 z’amadorali ya Amerika ivuye kuri miliyoni 36 mu myaka itatu ishize. Iyi Banki irushaho kwaguka. Yongeyeho serivisi z’ubwishingizi, gahunda ziteza imbere ubuhinzi. Iminsi iri mbere iratanga icyizere.”

Banko ya Kigali kandi ubu inatanga serivisi ku Banyarwanda baba mu mahanga. Muri 2022 yafashije abasaga ibihumbi bine barimo abakiriya 1 200 bashya bafunguje konti.

Marc Holtzman avuga ko ishusho y’uyu mwaka itanga icyizere cy’uko mu minsi iri imbere Banki ya Kigali izaba ari ku rwego rwo guhangana na banki zikomeye zo muri aka karere.

Ati “Ibihugu biteye imbere biri ku gitutu gikomeye. Ndetse bishobora guhinduka umwanya uwo ari wo wose. Biramutse bibaye mu mwaka utaha; abashoramari bato bazabona ko u Rwanda ari Igihugu cya mbere kibereye ishoramari. Urebye kugeza ubu; banki zo mu Rwanda ntiziragera ku rwego rw’izo muri Kenya, ariko ku bwanjye ndabona ko Banki ya Kigali itanga icyizere. Ubucuruzi buragenda neza, kandi irushaho gukomera no kwaguka. Ushingiye ku bucuruzi; kugira imigabane muri Banki ya Kigali ni ishoramari ryiza kandi ritekanye ku isi yose.”

Iyi banki igaragaza ko ubu ifite amashami 67, ibyuma bitanga amafaranga 101, ndetse ngo n’abakiriya biyongera umwaka ku wundi. Ku bw’ibyo, iyi banki iremeza ko ikomeje izakomeza kunoza kwagura serivisi zose bagenera ababagana.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

Weekend izira irungu: Abahanzi Nyarwanda banze kabatenguha bakora mu muhogo

Next Post

Hasohotse ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose ku byabaye mu Mavubi bitari bikwiye

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hasohotse ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose ku byabaye mu Mavubi bitari bikwiye

Hasohotse ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose ku byabaye mu Mavubi bitari bikwiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.