Saturday, June 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Basketball: Team Shyaka yegukanye All Star Game, Meshack ashimirwa  kuba yarakomeje gukunda uyu mukino

radiotv10by radiotv10
21/11/2021
in SIPORO
0
Basketball: Team Shyaka yegukanye All Star Game, Meshack ashimirwa  kuba yarakomeje gukunda uyu mukino
Share on FacebookShare on Twitter

Umukino w’intoranywa wa shampiyona ya Basketball 2021 (BK All Star Game 21) yegukanywe na Team Shyaka itsinze Team Ndizeye amanota 77-73.

Uyu munsi nibwo habaye umukino w’intoranywa muri shampiyoma ya Basketball mu Rwanda “BK All Star Game 2021” wabereye muri Kigali Arena, Team Shyaka yegukanye iki gikombe.

Nk’uko abakapiteni bari babyumvikanye( Shyaka na Ndizeye), bakaba bahisemo ko ibihembo byagiherekeje bihabwa Rwampungu Meshack wahoze ari umukinnyi wa KBC akaza gukora impanuka muri 2015 ubu akaba agendera mu kagare, akaba yahise ashyikirizwa sheki ya miliyoni y’amafaranga y’u Rwanda ndetse na FERWABA ikaba yamugeneye miliyoni 2.

Team Shyaka yari yahuye na Team Ndizeye muri uyu mukino w’amateka, aho abakinnyi baba bakina bishimisha mu rwego rwo gusoza umwaka w’imikino.

Agace ka mbere karangiye Team Shyaka iri imbere na 29-13 ya Team Ndizeye, iki kinyuranyo cy’amanota 15 bari bashyizemo, Team Ndizeye yaje kukigabanya maze amakipe yombi ajya kuruhuka ari 44 ya Team Shyaka kuri 37 ya Team Ndizeye.

Team Ndizeye yaje gusubira inyuma mu gace ka 3, Team Shyaka yongera ikinyuranyo ibifashijwemo n’abakinnyi barimo Wakukota Bush amanota ava kuri 7 agera 11 kuko agace akarangiye ari 59 ya Team Shyaka kuri 48 ya Team Ndizeye.

Agace ka nyuma Team Ndizeye yaje yashyizemo imbaraga maze ibifashijwemo na Ndizeye Dieudonne na Kaje Elie baza gukuramo amanota yose bari bashyizwemo, umukino urangira ari 68-68, biba ngombwa ko bitabaza iminota 5 ya kamarampaka.

Iminota ya nyuma Team Shyaka yabyitwayemo neza birangira ari yo itsinze umukino ku manota 77-73.

Uyu mukino ukaba wari wabanjirijwe n’indi mukino irimo guhatana gutsinda amanota 3, Ndizeye Dieudonne ni we waje gutsinda, akaba ari n’igihembo yegukanye umwaka wa 2019.

 

Muri Slum Dunk, Nkundwa Thierry usanzwe ukunira APR BBC ni we watsinze. Muri ibi byiciro kimwe na MVP wabaye Wamukota Bush, buri umwe yahembwe miliyoni y’amafaranga y’u Rwanda.

BK All-Star Game yaherukaga kuba mu 2019,  aho ikipe ya Nijimbere Guibert yatsinze iya Mugabe Aristide amanota 89-83.

AMAFOTO : 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 15 =

Previous Post

Ambasaderi Shyaka Anastase yashyikirijwe inkingo 300.000 u Rwanda rwahawe na Pologne

Next Post

Madamu  Jeannette Kagame yasabye ko ibibazo byo mu muryango biganirwaho byimbitse

Related Posts

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

by radiotv10
27/06/2025
0

Nyuma y'iminsi myinshi hibazwa ahazaza ha kizigenza Cristiano Ronaldo dore ko yari afite amasezerano azarangirana n’uku kwezi, byarangiye yemeye kuguma...

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

Volleyball: Ikipe ya Police VC yafunguye ‘academy’ igira icyo isaba abatangiranye na yo

by radiotv10
27/06/2025
0

Ikipe ya Police Volleyball Club yafunguye ku mugaragaro irerero (academy) ryayo ry’abahungu n’abakobwa, mu kigo cy’Amashuri cya Lycée de Kigali,...

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

Rurangiranwa Kylian Mbappe yagaragaye mu isura nshya yateye impungenge abafana

by radiotv10
26/06/2025
0

Imiterere mishya ya Kylian Mbappe iteye impungenge abafana ba Real Madrid, nyuma yo gutakaza ibilo bitanu kubera uburwayi bwa virusi,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Ombolenga nyuma yo gusubira muri APR yavuze ku kuba yazagaruka muri Rayon

by radiotv10
25/06/2025
0

Myugariro Ombolenga Fitina wasubiye muri APR FC yigeze kubera kapiteni, yavuze ko igihe yazajya mu yindi kipe, bigoye ko yazasubira...

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

Beach Volleyball: Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika arimo iyahindutse

by radiotv10
23/06/2025
0

Amakipe agiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa Nyafurika (Continental Cup) mu mukino wa Beach Volleyball rigiye kubera muri Morocco, arimo...

IZIHERUKA

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi
MU RWANDA

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
Two other senior RDF officers have completed their studies in Uganda

Two other senior RDF officers have completed their studies in Uganda

27/06/2025
Kigali: Umugore akurikiranyweho gukura amenyo umwana we amukubise umwuko amuhoye 200Frw

Kigali: Umugore akurikiranyweho gukura amenyo umwana we amukubise umwuko amuhoye 200Frw

27/06/2025
Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

Ibiteye amatsiko mu masezerano ya Cristiano Ronaldo wemewe kuguma muri Al Nassr

27/06/2025
Min.Nduhungirehe yakosoye ibyatangajwe n’ikinyamakuru ku masezerano asinywa n’u Rwanda na Congo

Min.Nduhungirehe yakosoye ibyatangajwe n’ikinyamakuru ku masezerano asinywa n’u Rwanda na Congo

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Madamu  Jeannette Kagame yasabye ko ibibazo byo mu muryango biganirwaho byimbitse

Madamu  Jeannette Kagame yasabye ko ibibazo byo mu muryango biganirwaho byimbitse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

Two other senior RDF officers have completed their studies in Uganda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.