Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Batanze umucyo ku bana babo bakabaye barangije primaire ariko batarakandagira mu ishuri

radiotv10by radiotv10
27/10/2025
in MU RWANDA
0
Batanze umucyo ku bana babo bakabaye barangije primaire ariko batarakandagira mu ishuri
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragara abana barengeje imyaka 13 batarakandagira mu ishuri birirwa bazerera bakanishora mu ngeso mbi, aho ababyeyi babo bavuga biterwa n’ubukene bwabo butuma batabona amikoro yo gushyira mu ishuri abana babo.

Aba bana bakunze kugaragara mu Kagari ka Gitwa mu Murenge wa Tumba, banishora mu ngeso mbi zo gukorakora, ndetse bamwe bakirirwa ku muhanda basabiriza.

Ababyeyi babo bavuga ko ubukene ari bwo butuma batarabashije kubajyana ku ishuri. Nyiraneza Claudine avuga ko afite abana babiri batigeze bajya ku ishuri.

Ati “Si uko ntashaka ko abana bajya ku ishuri, ahubwo nta bushobozi. Kubona ibikoresho by’ishuri n’imyenda birancanga. Iyo ndangije imirimo yo mu rugo mba ntazi aho nakura amafaranga yo kubajyana ku ishuri.”

Kankindi Anita  na we yagize ati “Umwana wanjye afite imyaka 13, ariko ntabwo yigeze ajya ku ishuri. Iyo umwana akubwiye ngo ndashaka kwiga ukabona nta kintu ufite mu ntoki birababaza cyane, tubura uko tubigenza ngo bajye kwiga.”

Bamwe muri aba bana batiga bavuga ko bakunda kwiga ariko bakaba barabuze ubushobozi bwo kujya ku ishuri.

Umwe muri bo w’imyaka 13 yagize ati “Njye nifuza kwiga nk’abandi bana, ariko mama ambwira ko nta bushobozi afite. Niba mbona abandi bajya ku ishuri jye ntajyayo kandi twarabyirukanye birambabaza.”

Undi we w’imyaka 12 yagize ati “Ntabwo nigeze njya ku ishuri. Ubu ndara nzenguruka mu gasantere, rimwe na rimwe nkajya gufasha abantu mu mirimo yo mu rugo kugira ngo mbone icyo ndya.”

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange, avuga ko nta rwitwazo na rumwe rukwiye gutuma umwana atajyanwa ku ishuri, kuko Leta ifasha ababyeyi batishoboye.

Ati “Nta mpamvu n’imwe yakabaye ituma umwana atajya kwiga kuko n’ubundi abana badafite ubushobozi barafashwa nk’abatishoboye. Turasaba ababyeyi kujyana abana ku ishuri abadafite ubushobozi bagafashwa.”

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Eng.-Arrest of another notorious FDLR combatant known for extreme cruelty: What message does it send?

Next Post

How musicians are using streaming platforms to make money

Related Posts

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

by radiotv10
06/11/2025
0

Mu ishyamba riherereye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, habonetse umurambo w’umugore bivugwa ko...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
06/11/2025
0

Umunyamakuru Jean Pierre Kagabo wari umaze imyaka irenga 20 akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yasezeye, yerecyeza mu zindi nshingano zitari iz’itangazamakuru...

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

Bituranye bidakwiye kwegerana: Ntibumva ukuntu ikimoteri cy’imyanda cyashyizwe hafi ibagiro n’ahacururizwa imboga

by radiotv10
06/11/2025
0

Abatuye mu Mujyi wa Nyanza, mu Murenge wa Busasamana, banenga kuba ikimoteri cyarubatswe hagati y’ibagiro n’ahacururizwa ibiribwa mu isoko rya...

Nyanza: Igikorwa remezo cyahinduye byinshi bishimira ariko kinabasigira irindi hurizo bamaze igihe basabira igisubizo

Nyanza: Igikorwa remezo cyahinduye byinshi bishimira ariko kinabasigira irindi hurizo bamaze igihe basabira igisubizo

by radiotv10
06/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu bice byanyuzemo umuhanda mushya wa Nyanza-Bugesera barasaba ko basubirizwaho imiyoboro y’amazi yangiritse ubwo wakorwaga, kuko nubwo...

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

Youth entrepreneurship & burnout: When ‘start-up culture’ becomes pressure

by radiotv10
06/11/2025
0

In recent years, entrepreneurship has become one of the most popular dreams among young people. The idea of being your...

IZIHERUKA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi
AMAHANGA

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

06/11/2025
Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

06/11/2025
Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

06/11/2025
Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

Colonel mu Gipolisi cy’u Burundi afungiye ibifitanye isano no gushaka kohereza ibicuruzwa mu Rwanda

06/11/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe kinini akora Itangazamakuru mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga

06/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
How musicians are using streaming platforms to make money

How musicians are using streaming platforms to make money

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Igikekwa ku rupfu rw’umugore wasanzwe mu ishyamba muri Kigali yapfuye yakuwemo umwenda w’imbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.