Friday, October 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

radiotv10by radiotv10
06/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamuryango ba za Kaperative zikorana na Pariki y’Igihugu y’Akagera mu Karere ka Kayonza, bavuga ko ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro cyaje kubishyuza ibirarane by’imisoro, bikabatungura kuko bahaga amafaranga umukozi w’iyi Pariki ngo ayibishyurire, aho kubikora akayishyirira ku ikofi ye.

Aba banyamuryango ba za Koperative zashinzwe mu rwego rwo guca ibikorwa bitemewe byakorwaga muri iyi Pariki, bavuga ko bahaga amafaranga uwitwa Ishimwe Fiston usanzwe ari umukozi wa Pariki ushinzwe kuyihuza n’abaturage, ngo abishyurire imisoro.

Gatokambari Leonard uyobora imwe muri izi Koperative, avuga ko Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere RDB rubabaza iby’aya mafaranga, bakagwa mu kantu.

Ati “Hajemo kuzamo iyo misoro abantu dutangira kugira ubwoba, ese ko dukora tugahemba abakozi, andi mafaranga tukayoherezayo, ese iyi misoro turasorera iki? Umushinga dukora ni uwuhe utuma twishyizwa aya mafaranga kandi tuyiherezayo.”

Aphrodis Uwabakurikizi na we uyobora indi Koperative na we yagize ati “Iki kibazo twakimenye mu kwa Gatandatu urumva ko hari haciye umwaka tutakizi ko kirimo kandi twe dutanga imisoro tuzi ko bigenda neza cyane. Mu bintu twitaho urumva dufite umukozi wa Pariki udufasha gutanga no gusoora fagitire, tukagira n’uwo twashyizeho duhemba utu dekararira ubwo ni babiri. Ayo twita ayo kuringaniza Imisoro baduhaga konti nyine bati ‘mugende mushyiremo tutazi’.”

Uyu mukozi wa Pariki witwa Fiston Ishimwe aravugwaho kandi uburiganya bw’uko yagiye abuza andi ma koperative kugura bimwe mu bikoresho mu mafaranga yabaga yatanzweho na RDB nk’inkunga, akabibagurira akoresheje Kompanyi ye.

Umuyobozi Mukuru wa Pariki y’Akagera, Ladislas Ndahiriwe yabwiye RADIOTV10 ko ibi bibazo byose babimenye ariko ko biri mu rwego rw’Ubugenzacyaha.

Ati “Iyo case yatugezeho, ariko iri muri investigation (Ubugenzacyaha) muri RIB…amakuru muzayamenya amakuru yose yamenyekanye turabizi twabigejeje aho bigomba kugera barimo kuyacukumbura muri RIB.”

Koperative enye ni zo kugeza ubu zagaragajweho kunyereza umusoro ku nyungu wa Miliyoni zirenga 45 Frw ariko ba nyirazo bakaba batemeranya na yo kuko bo byatanganga ahubwo batazi amanyanga yakozwe n’uwo mukozi wa Pariki n’uwo bafatanyaga witwa Kutibuka Etienne mu kubafasha iby’imisoro n’amafaranga na we uri mu bugenzacyaha.

Aphrodis Uwabakurikizi avuga ko batazi uko byagenze
Gatokambari Leonard avuga ko na bo batunguwe no kwishyuzwa ibirarane by’imisoro
Umukozi wa Pariki y’Akagera aravugwaho uburiganya
Beretswe ibirarane by’imisoro

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Next Post

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Related Posts

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

by radiotv10
23/10/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Karambo mu Karere ka Gakenke, bavuga ko batumva ukuntu ingo zabo zasimbutswe mu guhabwa...

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda sets date to begin nationwide photo capture for the new digital ID ‘eNdangamuntu’

by radiotv10
23/10/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) has announced that by the end of this month, activities will begin to verify personal...

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Gakenke: Ingorane z’umubyeyi wabyaye akiri umwana nyuma yuko uwamuteye inda afunzwe

by radiotv10
23/10/2025
0

Umubyeyi w’imyaka 19 wo mu Murenge wa Karambo mu Karere ka Gakenke, watewe inda afite imyaka 16, aravuga ko abayeho...

Hatangajwe igihe hazatangira ibikorwa bizatuma Abanyarwanda babona Indangamuntu-koranabuhanga izahabwa kuva ku bakivuka

Hatangajwe igihe hazatangira ibikorwa bizatuma Abanyarwanda babona Indangamuntu-koranabuhanga izahabwa kuva ku bakivuka

by radiotv10
23/10/2025
0

Ubuyobozi bw’Ikigo cy'lgihugu Gishinzwe Irangamuntu 'NIDA', bwamenyesheje Abanyarwanda bose ko mu mpera z’uku kwezi hazatangira ibikorwa byo kwemeza imyirondoro no...

Indwara y’amatungo yagaragaye mu Karere ka Rubavu yatumye hafatwa ingamba

Indwara y’amatungo yagaragaye mu Karere ka Rubavu yatumye hafatwa ingamba

by radiotv10
22/10/2025
0

Indwara y’Uburenge ifata amatungo yagaragaye mu Mirenge itatu yo mu Karere ka Rubavu, yatumye Ikigo gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi mu...

IZIHERUKA

Umuhanzikazi Marina yavuze amahirwe yagize agatuma akabya inzozi amaranye imyaka 8
IBYAMAMARE

Umuhanzikazi Marina yavuze amahirwe yagize agatuma akabya inzozi amaranye imyaka 8

by radiotv10
23/10/2025
0

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

23/10/2025
Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda sets date to begin nationwide photo capture for the new digital ID ‘eNdangamuntu’

23/10/2025
Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Gakenke: Ingorane z’umubyeyi wabyaye akiri umwana nyuma yuko uwamuteye inda afunzwe

23/10/2025
Hatangajwe igihe hazatangira ibikorwa bizatuma Abanyarwanda babona Indangamuntu-koranabuhanga izahabwa kuva ku bakivuka

Hatangajwe igihe hazatangira ibikorwa bizatuma Abanyarwanda babona Indangamuntu-koranabuhanga izahabwa kuva ku bakivuka

23/10/2025
Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

Hatangajwe ibyemezo byafatiwe abasifuzi bayoboye imikino yazamuye impaka irimo uwa APR na Mukura

23/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzikazi Marina yavuze amahirwe yagize agatuma akabya inzozi amaranye imyaka 8

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Eng.-Rwanda sets date to begin nationwide photo capture for the new digital ID ‘eNdangamuntu’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.