Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bavuze uko bifata iyo bumvise abana babo bavuga amazina y’ibitsina mu cyongereza

radiotv10by radiotv10
04/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bavuze uko bifata iyo bumvise abana babo bavuga amazina y’ibitsina mu cyongereza
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi, bavuga ko bagira isoni zo kwigisha abana babo iby’imyororokere kuko badashobora kuvuga amazina ya bimwe mu bibwerekeyeho nk’ibitsina, gusa ngo nanone bakagira isoni iyo bumvise babivuga mu ndimi z’amahanga.

Aba babyeyi bo mu Kagari ka Kibirizi mu Murenge wa Rubengera, babwiye RADIOTV10 ko umuco nyarwanda utabemerera kuvuga ibintu byose mu mazina yabyo.

Umwe ati “Nawe umwana muto hari igihe uvuga ngo nabimubwira gute, mu muco nyarwanda ntabwo bijya byorohera kuvuga ibintu byose mu mazina yabyo, biba biteye isoni.”

Undi mubyeyi yavuze ko adashobora kubwira umwana we ibijyanye n’imyororokere ngo abe yatinyuka kuvuga amazina y’ibitsina cyangwa ibindi bice byabyo.

Ati “Njye bintera isoni sinzi niba abandi bitabatera isoni ariko ku giti cyanjye bintera isoni sinabona aho mbihera.”

Gusa nubwo baba bagize isoni zo kubibabwira, n’ubundi ngo baterwa isoni no kumva abana babo bavuga mu cyongereza ibyo banze kubabwira.

Undi mubyeyi ati “Ndababaza nti ‘ese ibyo ni ibiki muri kuvuga?’ bati ‘ni ibi n’ibi’ bati ‘turabyiga’. Igitsina cy’abagabo bafite uko bakita mu cyongereza ngo ‘ni penis’ ngo na ‘vagina’ ngo niba ari abakobwa…”

Uyu mubyeyi avuga ko nubwo bibatera isoni ariko bumva ko za nshingano zo kwigisha abana ubuzima bw’imyororokere baba bananiwe, hari aho babyigira.

Ati “Ubwo rero ku mutima numvise nshimye Imana ko hari ababimbereyemo, kuko njye ntabwo natinyuka kubibabwira kuko mba numva naba mbateye kubyinjiramo cyane.”

Ngo bibatera isoni

Emmanuel Uwizeye uyobora Umuryango utari uwa Leta FASACO uharanira ubuzima bwiza ku muturage, avuga ko nta mubyeyi wari ukwiye kugira isoni zo kuvuga izina ry’igitsina kuko banabivuga mu ndimi z’amahanga.

Ati “Kuvuga igitsina cyawe ntabwo ari intambara nta muco wishe, none se umuco uteganya ko hari andi mazina mashya bazazana kwita ibyo bitsina? Umwana azi ko imbo..[ijambo yarivuze araringiza] yitwa imbo..ibyo arabizi neza, azi ko igitu..kitwa igitu..tugomba kubivuga nkuko tuvuga amaso nkuko tuvuga izuru.”

Uyu muyobozi w’Umuryango utari uwa Leta avuga ko kuba umubyeyi yagoreka ntabwire umwana we izina rya nyaryo ry’igitsina ari byo bibi. Ati “None se ko mu Gifaransa ubivuga, ko mu cyongereza ubivuga.”

Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco, Rosemary Mbabazi we ntiyemeranya n’uyu muyobozi w’uyu muryango, akavuga ko ababyeyi bashobora gukoresha izindi nyito cyangwa bagakoresha ibishushanyo.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 16 =

Previous Post

Iby’uwavugaga ko ari we muremure ku Isi byasubiwemo

Next Post

Ingabo za EAC zatangiye kugera mu kandi gace kagiye kurekurwa na M23

Related Posts

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

IZIHERUKA

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

03/12/2025
Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo za EAC zatangiye kugera mu kandi gace kagiye kurekurwa na M23

Ingabo za EAC zatangiye kugera mu kandi gace kagiye kurekurwa na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.