Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bavuze uko bifata iyo bumvise abana babo bavuga amazina y’ibitsina mu cyongereza

radiotv10by radiotv10
04/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bavuze uko bifata iyo bumvise abana babo bavuga amazina y’ibitsina mu cyongereza
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi, bavuga ko bagira isoni zo kwigisha abana babo iby’imyororokere kuko badashobora kuvuga amazina ya bimwe mu bibwerekeyeho nk’ibitsina, gusa ngo nanone bakagira isoni iyo bumvise babivuga mu ndimi z’amahanga.

Aba babyeyi bo mu Kagari ka Kibirizi mu Murenge wa Rubengera, babwiye RADIOTV10 ko umuco nyarwanda utabemerera kuvuga ibintu byose mu mazina yabyo.

Umwe ati “Nawe umwana muto hari igihe uvuga ngo nabimubwira gute, mu muco nyarwanda ntabwo bijya byorohera kuvuga ibintu byose mu mazina yabyo, biba biteye isoni.”

Undi mubyeyi yavuze ko adashobora kubwira umwana we ibijyanye n’imyororokere ngo abe yatinyuka kuvuga amazina y’ibitsina cyangwa ibindi bice byabyo.

Ati “Njye bintera isoni sinzi niba abandi bitabatera isoni ariko ku giti cyanjye bintera isoni sinabona aho mbihera.”

Gusa nubwo baba bagize isoni zo kubibabwira, n’ubundi ngo baterwa isoni no kumva abana babo bavuga mu cyongereza ibyo banze kubabwira.

Undi mubyeyi ati “Ndababaza nti ‘ese ibyo ni ibiki muri kuvuga?’ bati ‘ni ibi n’ibi’ bati ‘turabyiga’. Igitsina cy’abagabo bafite uko bakita mu cyongereza ngo ‘ni penis’ ngo na ‘vagina’ ngo niba ari abakobwa…”

Uyu mubyeyi avuga ko nubwo bibatera isoni ariko bumva ko za nshingano zo kwigisha abana ubuzima bw’imyororokere baba bananiwe, hari aho babyigira.

Ati “Ubwo rero ku mutima numvise nshimye Imana ko hari ababimbereyemo, kuko njye ntabwo natinyuka kubibabwira kuko mba numva naba mbateye kubyinjiramo cyane.”

Ngo bibatera isoni

Emmanuel Uwizeye uyobora Umuryango utari uwa Leta FASACO uharanira ubuzima bwiza ku muturage, avuga ko nta mubyeyi wari ukwiye kugira isoni zo kuvuga izina ry’igitsina kuko banabivuga mu ndimi z’amahanga.

Ati “Kuvuga igitsina cyawe ntabwo ari intambara nta muco wishe, none se umuco uteganya ko hari andi mazina mashya bazazana kwita ibyo bitsina? Umwana azi ko imbo..[ijambo yarivuze araringiza] yitwa imbo..ibyo arabizi neza, azi ko igitu..kitwa igitu..tugomba kubivuga nkuko tuvuga amaso nkuko tuvuga izuru.”

Uyu muyobozi w’Umuryango utari uwa Leta avuga ko kuba umubyeyi yagoreka ntabwire umwana we izina rya nyaryo ry’igitsina ari byo bibi. Ati “None se ko mu Gifaransa ubivuga, ko mu cyongereza ubivuga.”

Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco, Rosemary Mbabazi we ntiyemeranya n’uyu muyobozi w’uyu muryango, akavuga ko ababyeyi bashobora gukoresha izindi nyito cyangwa bagakoresha ibishushanyo.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 2 =

Previous Post

Iby’uwavugaga ko ari we muremure ku Isi byasubiwemo

Next Post

Ingabo za EAC zatangiye kugera mu kandi gace kagiye kurekurwa na M23

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo za EAC zatangiye kugera mu kandi gace kagiye kurekurwa na M23

Ingabo za EAC zatangiye kugera mu kandi gace kagiye kurekurwa na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.