Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bavuze urujijo bafite nyuma y’uko Gitifu ahamijwe kunyereza Miliyoni 5Frw bakusanyije

radiotv10by radiotv10
19/01/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bavuze urujijo bafite nyuma y’uko Gitifu ahamijwe kunyereza Miliyoni 5Frw bakusanyije
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Gahara mu Karere ka Kirehe, barasaba ko basubizwa amafaranga bari bakusanyije ngo bagure imodoka y’isukuru n’umutekano, nyuma y’uko uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa wabo ahamijwe kunyereza ayo mafaranga.

Muri Kamena umwaka ushize wa 2023, bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Gahara babwiye RADIOTV10 ko bategetswe n’ubuyobozi  bw’Umurenge wa Gahara kwishyura amafaranga yo kugura imodoka y’umutekano n’isuku ariko bakaba bari bamaze umwaka batarayibona.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwaje guta muri yombi Olivier Mwenedata, wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gahara akekwaho kunyereza Miliyoni 5 Frw z’abaturage yifashishije Kode ya MoMo yakoreshejwe hakusanywa aya mafaranga.

Tariki 30 Ukwakira 2023, Urukiko Rwisumbuye rwa Ngoma, rwamuhamije icyaha cyo kunyereza umutungo w’abaturage, ahanishwa gufungwa imyaka itanu no kwishyura amafaranga yanyereje.

Kuva icyo gihe abaturage ntibarabona iyo modoka, ari naho bahuriza ku gusaba ko basubizwa amafaranga yabo.

Umwe yagize ati “Twarabyumvise ko afunzwe bamufashe ariko imodoka ntayo tubona.”
Undi muturage ati “Niba iyo modoka itabonetse bajya bavuga bati umudugudu watanze amafaranga aya naya tukaguramo ihene.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno avuga ko uyu wa Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wahamijwe icyaha, yajuriye, kandi ko Urukiko yaririye rutarafata icyemezo.

Yagize ati “Kuba ataraburana ubujurire ni byo bitegerejwe, nibirangira ubwo hari uburyo bwo kurangiza urubanza, hari amafaranga agomba gusubiza.”

Yakomeje agira ati “Tuzakomza iriya gahunda yo kureba niba bashaka iriya modoka y’umutekano n’isuku nk’uko bari bari babyifuje, natwe nk’Akarere tukanabafasha kugira ngo byihute kandi tukanirinda ibindi bibazo byabamo nka biriya twagiye duhura nabyo.”

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 3 =

Previous Post

Ruhango: Icyo ubuyobozi buvuga ku ndwara yafashe abanyeshuri 70 icyarimwe

Next Post

Haravugwa icyazamuriye umujinya umugabo agafata icyemezo cyo kwisenyera inzu abamo

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa icyazamuriye umujinya umugabo agafata icyemezo cyo kwisenyera inzu abamo

Haravugwa icyazamuriye umujinya umugabo agafata icyemezo cyo kwisenyera inzu abamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.