Sunday, November 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bazaniwe icyabunganira mu kwiteza imbere none imyaka ibaye irindwi bari mu gihirahiro

radiotv10by radiotv10
31/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bazaniwe icyabunganira mu kwiteza imbere none imyaka ibaye irindwi bari mu gihirahiro
Share on FacebookShare on Twitter

Ngoma- Abakoresha icyanya cyahariwe guhingwamo ibihingwa bitandukanye cya Ngoma22 by’umwihariko abahinga imboga n’imbuto, baravuga ko kuba icyumba gikonjesha imboga n’imbuto kidakora kuva uyu mushinga watangira, ari igihombo kuri bo.

Ni icyanya gihingwaho ibihingwa bitandukanye, gihingwamo n’abanzi bo mu Mirenge ya Remera na Rurenge yo mu Karere ka Ngoma.

Abahinzi b’imboga n’Imbuto muri iki cyanya cyatunganyijwe, bavuga ko ubwo batangiraga guhinga bari bizejwe kuzanirwa imashini izajya ibafasha guhunika umusaruro w’imboga n’imbugo, kugira ngo utangirika, ndetse baranayizana, ariko ntiyigeze ikora kuva bayibona.

Umwe ati “Kuva ubwo duheruka babitubwira nta na rimwe turashyiramo imyaka yacu, ahubwo duhora muri ibyo bihombo bya buri munsi. Banadushishikarije guhinga amashu, ibitunguru, hari n’abari bahinzemo tungurusumu biranga tubona nta kintu kitumariye. Buriya kiraho gutyo gusa.”

Bavuga ko bibateza igihombo, mu gihe iyi mashini imaze imyaka irindwi ipfa ubusa yakagombye kubafasha, cyane ko yanatanzweho amafaranga.

Undi ati “Iyo wejeje nk’inyanya nyisnhi usarura ushyira mu rugo kugira ngo abajura bataziba, noneho ha handi mu rugo naho wajya kuzipakira uzijyana ku isoko ugasanga wahombesheje nk’ibase yose y’ibipfu.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Ngoma ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Mapambano Cyriaque; yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo bakizi, gusa avuga ko iki cyumba gikonjesha kitaratungana.

Ati “Ntabwo irantungana, hari ibyo rero rwiyemezamirimo ataratunganya turimo gukurikirana na RAB kugira ngo bitungane babone kuyiduha  ku Karere.”

Yakomeje avuga ko hari itsinda riri kubikurikirana kandi ko aba bahinzi bakwiye kwihangana nibamara kubikosora bazagikoresha uko bikwiye.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =

Previous Post

BREAKING: Hamenyekanye bimwe mu byemerejwe mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo

Next Post

Nyuma y’uko ubushita bugeze mu Rwanda abakora akazi gatuma bahura n’abantu benshi bagize icyo basaba

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

by radiotv10
14/11/2025
0

Investor Eugene Nyagahene, founder of Tele 10 Group and owner of a five-star hotel in Karongi District, has announced a...

IZIHERUKA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’uko ubushita bugeze mu Rwanda abakora akazi gatuma bahura n’abantu benshi bagize icyo basaba

Nyuma y’uko ubushita bugeze mu Rwanda abakora akazi gatuma bahura n’abantu benshi bagize icyo basaba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.