Tuesday, August 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bazaniwe icyabunganira mu kwiteza imbere none imyaka ibaye irindwi bari mu gihirahiro

radiotv10by radiotv10
31/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bazaniwe icyabunganira mu kwiteza imbere none imyaka ibaye irindwi bari mu gihirahiro
Share on FacebookShare on Twitter

Ngoma- Abakoresha icyanya cyahariwe guhingwamo ibihingwa bitandukanye cya Ngoma22 by’umwihariko abahinga imboga n’imbuto, baravuga ko kuba icyumba gikonjesha imboga n’imbuto kidakora kuva uyu mushinga watangira, ari igihombo kuri bo.

Ni icyanya gihingwaho ibihingwa bitandukanye, gihingwamo n’abanzi bo mu Mirenge ya Remera na Rurenge yo mu Karere ka Ngoma.

Abahinzi b’imboga n’Imbuto muri iki cyanya cyatunganyijwe, bavuga ko ubwo batangiraga guhinga bari bizejwe kuzanirwa imashini izajya ibafasha guhunika umusaruro w’imboga n’imbugo, kugira ngo utangirika, ndetse baranayizana, ariko ntiyigeze ikora kuva bayibona.

Umwe ati “Kuva ubwo duheruka babitubwira nta na rimwe turashyiramo imyaka yacu, ahubwo duhora muri ibyo bihombo bya buri munsi. Banadushishikarije guhinga amashu, ibitunguru, hari n’abari bahinzemo tungurusumu biranga tubona nta kintu kitumariye. Buriya kiraho gutyo gusa.”

Bavuga ko bibateza igihombo, mu gihe iyi mashini imaze imyaka irindwi ipfa ubusa yakagombye kubafasha, cyane ko yanatanzweho amafaranga.

Undi ati “Iyo wejeje nk’inyanya nyisnhi usarura ushyira mu rugo kugira ngo abajura bataziba, noneho ha handi mu rugo naho wajya kuzipakira uzijyana ku isoko ugasanga wahombesheje nk’ibase yose y’ibipfu.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Ngoma ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Mapambano Cyriaque; yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo bakizi, gusa avuga ko iki cyumba gikonjesha kitaratungana.

Ati “Ntabwo irantungana, hari ibyo rero rwiyemezamirimo ataratunganya turimo gukurikirana na RAB kugira ngo bitungane babone kuyiduha  ku Karere.”

Yakomeje avuga ko hari itsinda riri kubikurikirana kandi ko aba bahinzi bakwiye kwihangana nibamara kubikosora bazagikoresha uko bikwiye.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 7 =

Previous Post

BREAKING: Hamenyekanye bimwe mu byemerejwe mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo

Next Post

Nyuma y’uko ubushita bugeze mu Rwanda abakora akazi gatuma bahura n’abantu benshi bagize icyo basaba

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

by radiotv10
05/08/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America n’u Rwanda, bageze ku bwumvikane bwo kohereza abimukira 250 muri iki Gihugu cyo ku Mugabane...

Eng.-Rwanda confirms it will host migrants deported from the U.S

Eng.-Rwanda confirms it will host migrants deported from the U.S

by radiotv10
05/08/2025
0

The United States and Rwanda have reached an agreement for the African nation to accept up to 250 migrants deported...

Does religion still shape our daily lifestyle choices?

Does religion still shape our daily lifestyle choices?

by radiotv10
05/08/2025
0

In an increasingly modern and globalized world, one might wonder whether religion still holds influence over our daily lifestyle choices....

How Nyarugunga residents built roads, a school, and a legacy of unity

How Nyarugunga residents built roads, a school, and a legacy of unity

by radiotv10
04/08/2025
0

In the heart of Rwanda’s Kicukiro District, the people of Nyarugunga Sector are proving that when a community stands together,...

Umugabo wafatiye undi iwe asambana n’umugore we yagaragaje uruhare ubuyobozi bubifitemo

Umugabo wafatiye undi iwe asambana n’umugore we yagaragaje uruhare ubuyobozi bubifitemo

by radiotv10
04/08/2025
0

Umugabo wo mu Kagari ka Kamanu mu Murege wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, wasohowe mu nzu kubera amakimbirane n’umugore...

IZIHERUKA

Impamvu igaragazwa n’abavuga ko Minisitiri w’Umutekano muri Congo agomba kwegura
AMAHANGA

Impamvu igaragazwa n’abavuga ko Minisitiri w’Umutekano muri Congo agomba kwegura

by radiotv10
05/08/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

05/08/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Ibikubiye mu ijambo rya Gen.Makenga imbere y’abayobozi bashyizweho na AFC/M23

05/08/2025
Eng.-Rwanda confirms it will host migrants deported from the U.S

Eng.-Rwanda confirms it will host migrants deported from the U.S

05/08/2025
Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

05/08/2025
Abahanzi b’amazina akomeye muri ‘Gospel Nyarwanda’ bagiye kumvikana mu ndirimbo imwe

Abahanzi b’amazina akomeye muri ‘Gospel Nyarwanda’ bagiye kumvikana mu ndirimbo imwe

05/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma y’uko ubushita bugeze mu Rwanda abakora akazi gatuma bahura n’abantu benshi bagize icyo basaba

Nyuma y’uko ubushita bugeze mu Rwanda abakora akazi gatuma bahura n’abantu benshi bagize icyo basaba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu igaragazwa n’abavuga ko Minisitiri w’Umutekano muri Congo agomba kwegura

AMAKURU AGEZWEHO: Byemejwe u Rwanda rugiye kwakira abimukira baturutse muri America

Ibikubiye mu ijambo rya Gen.Makenga imbere y’abayobozi bashyizweho na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.