Sunday, August 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Bidasubirwaho hamenyekanye amakuru ashimangira ayavugwaga ku mutoza w’Amavubi

radiotv10by radiotv10
08/08/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Bidasubirwaho hamenyekanye amakuru ashimangira ayavugwaga ku mutoza w’Amavubi
Share on FacebookShare on Twitter

Carlos Alós Ferrer wari umutoza w’Ikipe y’Igihugu Amavubi, yemeje ko yamaze gusezera kuri izi nshingano, mu rwandiko yageneyemo ubutumwa iyi kipe n’abakunzi ba ruhago mu Rwanda.

Byari bimaze iminsi bivugwa ko uyu mutoza yamaze gusaba Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) gusesa amasezerano.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Kanama 2023, amakuru yo kuba uyu mutoza yasezeye, ni bwo yamenyekanye, ari we uyitangarije mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa Instagram.

Carlos Alós Ferrer muri ubu butumwa bwe, yatangiye yifuriza ibyiza Amavubi ndetse n’abayobozi bashya binjiye mu ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru, abakinnyi b’Amavubi ndetse n’abakunzi ba ruhago mu Rwanda.

Ati “Ndabashimira kuba mwarampaye amahirwe yo gukorera mu Gihugu cy’akaraboneka, kandi nizeye ko hamwe n’abanyamuryango bashya ba FERWAFA hamwe n’Inkunga ya Minisiteri ya Siporo, bazagera ku byiza mu gihe cya vuba.”

Yavuze ko muri iki gihe cy’umwaka n’amezi macye yari amaze atoza Amavubi, yakinnye imikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika, ariko ko ubu igihe kigeze agatangira indi nzira.

Ati “Ubu ni igihe cyo gutangira umushinga mushya ku banyamuryango bashya ba Federasiyo, ariko no kuri njye ni igihe igihe cyo gutangira imishinga mishya.”

Carlos Alós Ferrer yasoje ubutumwa bwe yizeza ko azakomeza gushyigikira ikipe y’u Rwanda Amavubi, iteka ryose.

Uyu mugabo w’Umunya-Espagne yatangiye gutoza Amavubi kuva muri Werurwe 2022 ubwo yari yasinye amasezerano y’umwaka umwe, akaba yari amaze amezi ane yongereye amasezerano ubwo yari yasinye imyaka ibiri.

Mu gihe cy’umwaka n’igice yari amaze muri izi nshingano, yakinnye imikino 12, atsindwamo itandatu, anganya itanu, atsindamo umwe, yose irimo iya gicuti ndetse n’iy’amarushanwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 2 =

Previous Post

Ibisobanuro bishidikanywaho by’uwafatanywe igikapu cy’urumogi yiyoberanyije nk’utwaye umuzigo usanzwe

Next Post

Umukecuru rukukuri yakoze ibidasanzwe bitapfa no gushoborwa n’inkumi n’abasore

Related Posts

Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

by radiotv10
08/08/2025
0

Umutoza wa APR FC, Abderrahim Talib yongeye kwibutsa abakunzi b'iyi kipe ko badakwiye guterwa ubwoba na Rayon Sports mu mukino...

Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

by radiotv10
07/08/2025
0

Umujyi wa Kinshasa, umurwa mukuru wa Repubulika Ndemokarasi ya Congo, watoranyijwe kuzakira Inama y’inteko rusange isanzwe ya 47 y’Impuzamashyirahamwe y’Umupira...

Jules Karangwa wabaye umunyamakuru yahawe inshingano zikomeye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Jules Karangwa wabaye umunyamakuru yahawe inshingano zikomeye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

by radiotv10
07/08/2025
0

Jules Karangwa wigeze gukora umwuga w’itangazamakuru nk’umunyamakuru w’ibiganiro bya Siporo, yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Urwego rukurikirana Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda...

Mashami Vincent yamaze kwemezwa nk’umutoza w’ikipe yo hanze y’u Rwanda

Mashami Vincent yamaze kwemezwa nk’umutoza w’ikipe yo hanze y’u Rwanda

by radiotv10
06/08/2025
0

Umutoza Mashami Vincent watozaga ikipe ya Police FC wanigeze gutoza Ikipe y’Igihugu Amavubi, yatangajwe nk’Umutoza Mukuru wa Dodoma Jiji FC...

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

by radiotv10
05/08/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports yamaze kwishyura myugariro wayo Youssou Diagne umwenda w'amadollari 1500 (miliyoni 2 Frw) yari imufitiye, inamuhamagaza mu...

IZIHERUKA

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako
MU RWANDA

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

by radiotv10
09/08/2025
0

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

09/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

09/08/2025
The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

09/08/2025
Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

09/08/2025
Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukecuru rukukuri yakoze ibidasanzwe bitapfa no gushoborwa n’inkumi n’abasore

Umukecuru rukukuri yakoze ibidasanzwe bitapfa no gushoborwa n’inkumi n'abasore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.