Sunday, February 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Bidasubirwaho umwe muri ba kizigenza ba ManCity yayisohotsemo yemye

radiotv10by radiotv10
26/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
1
Bidasubirwaho umwe muri ba kizigenza ba ManCity yayisohotsemo yemye
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi w’Umudage, Ilkay Gündogan, wafashije Manchester City kwegukana igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza na UEFA Champions League, yerekeje muri FC Barcelone na yo yatwaye Shampiyona yo muri Espagne.

Ilkay Gündogan, uvuka ku babyeyi b’Abanya-Turikiya, yasinyiye FC Barcelone amasezerano y’imyaka 2 azamugeza muri 2025, ashobora no kongerwaho undi mwaka umwe.

Gündogan, w’imyaka 32 y’amavuko, watsinze ibitego 60 mu mikino 304 yakiniye ikipe ya Manchester City aho yari umwe mu bakinnyi ngenderwaho mu mwaka w’imikino ushize ubwo batwaraga ibikombe 3 bikomeye, yasinyiye FC Barcelone aho kuri ubu indi kipe yamwifuza yamutangaho miliyoni 342 z’ama Pounds.

Umutoza Xavi Hernandez, wa FC Barcelone, mu kwitegura umwaka w’imikino wa 2023-2024, yinjije Gündogan, akaba ari we mukinnyi wa mbere ukomeye asinyishije, dore ko vuba aha ikipe ya FC Barcelone izatangaza ibijyanye no kwerekana ku mugaragaro Ilkay Gündogan nk’umukinnyi wayo mushya, uzayifasha mu myaka 2 iri imbere.

Ilkay Gündogan, Umudage ukina hagati mu kibuga, uzuzuza imyaka 33 ku ya 24 Ukwakira, agiye muri FC Barcelone nk’umwe mu bakinnyi beza kuri ubu, akaba iby’umupira w’amaguru yarabitangiriye aho yavukiye, mu mu mujyi wa Gelsenkirchen, ho mu Budage.

Ilkay Gündogan yari amaze imyaka 7 mu ikipe ya Manchester City, yagezemo muri 2016 avuye muri Borussia Dortmund, aho ari we mukinnyi wa mbere wasinyishijwe n’umutoza Pep Guardiola mu Bwongereza, akaba yaranamubereye inkingi ya mwamba muri iyi kipe dore ko ayivuyemo, yaranayibereye Captain.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Comments 1

  1. LAYAN NIYONSENGA says:
    3 years ago

    NIBYIZA FC BARCELONA IGUZE UMUKINNYI USOBANUKIWE GUTWARA IBIKOMBE

    Reply

Leave a Reply to LAYAN NIYONSENGA Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 8 =

Previous Post

Ibya Tshisekedi na Kiliziya Gatulika byageze ku rundi rwego nyuma yo kunenga imiyoborere ye

Next Post

Uko byagenze ngo hafatwe umuganga ukekwaho ibidasanzwe byakorewe umubyeyi waje kubyara

Related Posts

Hatanzwe umucyo nyuma y’ibisa no kwigaragambya bivugwa kuri rurangiranwa Cristiano Ronaldo

Hatanzwe umucyo nyuma y’ibisa no kwigaragambya bivugwa kuri rurangiranwa Cristiano Ronaldo

by radiotv10
06/02/2026
0

Ubuyobozi bwa Shampiyona yo muri Saudi Arabia (Saudi Pro League) bwashyize hanze itangazo risobanura uko shampiyona yabo ikora kandi ko...

Namenye Patrick wabaye mu buyobozi bwa Rayon Sports yagizwe umuyobozi wa Radio SK FM

Namenye Patrick wabaye mu buyobozi bwa Rayon Sports yagizwe umuyobozi wa Radio SK FM

by radiotv10
06/02/2026
0

Uwahoze ari Umunyamabanga Mukuru wa Rayon Sports, Namenye Patrick yatangajwe nk’Umuyobozi mushya Mukuru wa Radio SK FM, asimbura Uwera Jean...

Dore bimwe mu byamamare muri ruhago y’Isi byizihiza isabukuru

Dore bimwe mu byamamare muri ruhago y’Isi byizihiza isabukuru

by radiotv10
05/02/2026
0

Tariki 05 Gashyantare, ni umunsi havutseho ibyamamare binyuranye muri ruhago y'Isi, barimo rurangiranwa Cristiano Ronaldo uri muri ba rutahizamu b'ibihe...

APR yemeje ko yahaye ikaze myugariro Ishimwe akabanza kureba ibigwi byayo

APR yemeje ko yahaye ikaze myugariro Ishimwe akabanza kureba ibigwi byayo

by radiotv10
04/02/2026
0

Ubuyobozi bwa APR FC bwatangaje ko bwamaze gusinyisha myugariro Ishimwe Abdoul wakiniraga Mukura VS yari yaratijwe na Intare. Ubuyobozi bwa...

Abatoza bose ba Etincelles FC bahagaritswe

Abatoza bose ba Etincelles FC bahagaritswe

by radiotv10
03/02/2026
0

Abatoza bose b'ikipe ya Etincelles FC barimo umutoza mukuru, Masudi Djuma, bahagaritswe nyuma y’umusaruro mubi ndetse n’umubano utari mwiza hagati...

IZIHERUKA

Gukundana hagati y’abakozi babiri bakorana hari icyo bitwaye?: Kuki hari aho babibuzanya
IMYIDAGADURO

Gukundana hagati y’abakozi babiri bakorana hari icyo bitwaye?: Kuki hari aho babibuzanya

by radiotv10
07/02/2026
0

Muri Gasabo haravugwa umugabo bita ‘Pasiteri’ ukekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito bashakanye

Muri Gasabo haravugwa umugabo bita ‘Pasiteri’ ukekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito bashakanye

07/02/2026
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica yasuye iz’u Rwanda zagiye gutanga umusanzu

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica yasuye iz’u Rwanda zagiye gutanga umusanzu

07/02/2026
Ntiharamenyekana abari inyuma y’igitero cyagabwe aho abantu basengeraga muri Pakistan kigahitana benshi

Ntiharamenyekana abari inyuma y’igitero cyagabwe aho abantu basengeraga muri Pakistan kigahitana benshi

07/02/2026
When Is the Right Age for Kids to Have Phones and social media?

When Is the Right Age for Kids to Have Phones and social media?

07/02/2026
AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi

AFC/M23 yagaragarije ab’i Goma ko ubuyobozi bwayo bwamaze gushinga imizi

06/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuherwe ukomeye ku Isi yavuze uko yiteguye icyasekeje benshi azahuriramo na mugenzi we

Uko byagenze ngo hafatwe umuganga ukekwaho ibidasanzwe byakorewe umubyeyi waje kubyara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gukundana hagati y’abakozi babiri bakorana hari icyo bitwaye?: Kuki hari aho babibuzanya

Muri Gasabo haravugwa umugabo bita ‘Pasiteri’ ukekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito bashakanye

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica yasuye iz’u Rwanda zagiye gutanga umusanzu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.