Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Bimwe mu bigwi by’uzwi muri ruhago witabye Imana habura gato ngo agire isabukuru y’amavuko

radiotv10by radiotv10
09/08/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Bimwe mu bigwi by’uzwi muri ruhago witabye Imana habura gato ngo agire isabukuru y’amavuko
Share on FacebookShare on Twitter

Issa Hayatou wabaye Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) akaba yarabaye na Visi Perezida wa FIFA, yitabye Imana habura amasaha macye ngo yuzuze imyaka 78. Menya bimwe mu byamuranze muri Siporo.

Uyu Munya-Cameroun wabaye umuyobozi wa CAF kuva 1988 kugeza 2017 ndetse yigeze no kuba umuyobozi wa FIFA w’inzibacyuho muri 2015 ubwo Sepp Blatter yeguzwaga na FBI kubera ibyaha yashinjwaga bya ruswa, yitabye Imana mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 08 Kanama aguye mu mujyi wa Paris mu Bufaransa aho yari amaze igihe arwariye.

Issa Hayatou yavukiye mu mujyi wa Garoua muri Cameroon tariki 09 Kanama 1946, aho yitabye Imana habura amasaha macye ngo agire isabukuru y’imyaka 78.

Uyu mugabo yabaye umuntu w’ingirakamaro muri siporo ya Cameroon igihe kirekire, dore ko kuva akiri muto yatwaye ibihembo mpuzamahanga mu mikino yo kwiruka ku maguru muri metero 400 na 800, yanabaye umujyanama wa Perezida mu bijyanye na Siporo.

Afite imyaka 28 mu 1974, Issa Hayatou yatorewe kuba Umunyamabanga w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroon bitavugwaho rumwe, kuko hari abavugaga ko yasunitswe no kuba ari umwana ukomoka mu muryango ukomeye w’Aba-Sultan dore ko ari na bo bari barashyizeho Minisitiri w’Intebe wa Cameroon, murumuma we Sadou Hayatou.

Mu 1986 yabaye Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroon, ndetse mu 1987 aza kuba Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, nyuma y’uko uwari uri kuri uyu mwanya Umunya-Ethiopia Yidnekatchew Tessema yari yeguwe.

Issa Hayatou wari wabaye Perezida wa 5 wa CAF, yatsinze amatora izindi nshuro zirindwi kugeza muri 2017 ubwo yasimburwaga n’Umunya-Madagascar Ahmad Ahmad.

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + one =

Previous Post

Hatangajwe icyaganirweho hagati y’Igisirikare cy’u Rwanda n’icy’u Bushinwa

Next Post

Menya ibyo abahagarariye iperereza ry’u Rwanda n’irya Congo baganiriyeho n’ibyo bemeje

Related Posts

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare muri Afurika (CAC) ku nshuro ya mbere mu mateka yashyize hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu...

Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

by radiotv10
20/11/2025
0

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda mu mupira w'amaguru, Amavubi yagumye ku mwanya wa 131 ku rutonde ngarukakwezi rw'Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru ku...

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

by radiotv10
20/11/2025
0

Ibihembo by'abahize abandi mu mupira w'Amaguru ku Mugabane wa Afurika (CAF Awards 2025) byaranze n'ubwiganze bw’Abanya-Morocco bigukanyemo byinshi dore ko...

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

by radiotv10
20/11/2025
0

Mu gihugu cya Kenya haratangira Shampiyona Nyafurika y’umukino w’amagare, aho u Rwanda ruhagarariwe n’abakinnyi 23 bari mu byiciro umunani. Abakinnyi...

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

by radiotv10
18/11/2025
0

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC rwongeye kwibutsa abanamakuru bakora ibiganiro bya siporo ko ibitangazamakuru bakorera atari imiyoboro yo gutambukirizamo ubutumwa bwo...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika
SIPORO

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

21/11/2025
Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

21/11/2025
U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

21/11/2025
Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya ibyo abahagarariye iperereza ry’u Rwanda n’irya Congo baganiriyeho n’ibyo bemeje

Menya ibyo abahagarariye iperereza ry’u Rwanda n’irya Congo baganiriyeho n’ibyo bemeje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Umucyo ku byazamuye impaka ko Umuhanzi Niyo Boso yaba yaramaze igihe abeshya abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.