Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Bimwe mu bigwi by’uzwi muri ruhago witabye Imana habura gato ngo agire isabukuru y’amavuko

radiotv10by radiotv10
09/08/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Bimwe mu bigwi by’uzwi muri ruhago witabye Imana habura gato ngo agire isabukuru y’amavuko
Share on FacebookShare on Twitter

Issa Hayatou wabaye Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) akaba yarabaye na Visi Perezida wa FIFA, yitabye Imana habura amasaha macye ngo yuzuze imyaka 78. Menya bimwe mu byamuranze muri Siporo.

Uyu Munya-Cameroun wabaye umuyobozi wa CAF kuva 1988 kugeza 2017 ndetse yigeze no kuba umuyobozi wa FIFA w’inzibacyuho muri 2015 ubwo Sepp Blatter yeguzwaga na FBI kubera ibyaha yashinjwaga bya ruswa, yitabye Imana mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane tariki 08 Kanama aguye mu mujyi wa Paris mu Bufaransa aho yari amaze igihe arwariye.

Issa Hayatou yavukiye mu mujyi wa Garoua muri Cameroon tariki 09 Kanama 1946, aho yitabye Imana habura amasaha macye ngo agire isabukuru y’imyaka 78.

Uyu mugabo yabaye umuntu w’ingirakamaro muri siporo ya Cameroon igihe kirekire, dore ko kuva akiri muto yatwaye ibihembo mpuzamahanga mu mikino yo kwiruka ku maguru muri metero 400 na 800, yanabaye umujyanama wa Perezida mu bijyanye na Siporo.

Afite imyaka 28 mu 1974, Issa Hayatou yatorewe kuba Umunyamabanga w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroon bitavugwaho rumwe, kuko hari abavugaga ko yasunitswe no kuba ari umwana ukomoka mu muryango ukomeye w’Aba-Sultan dore ko ari na bo bari barashyizeho Minisitiri w’Intebe wa Cameroon, murumuma we Sadou Hayatou.

Mu 1986 yabaye Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroon, ndetse mu 1987 aza kuba Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, nyuma y’uko uwari uri kuri uyu mwanya Umunya-Ethiopia Yidnekatchew Tessema yari yeguwe.

Issa Hayatou wari wabaye Perezida wa 5 wa CAF, yatsinze amatora izindi nshuro zirindwi kugeza muri 2017 ubwo yasimburwaga n’Umunya-Madagascar Ahmad Ahmad.

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Hatangajwe icyaganirweho hagati y’Igisirikare cy’u Rwanda n’icy’u Bushinwa

Next Post

Menya ibyo abahagarariye iperereza ry’u Rwanda n’irya Congo baganiriyeho n’ibyo bemeje

Related Posts

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

by radiotv10
25/01/2026
0

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yerekeje amaso ku gikombe kiswe 'President Cup' mu mikino y'Igikombe cya Afurika, itangira itsinda...

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

Ikipe iri mu zihabwa amahirwe yo kwegukana Shampiyona y’u Rwanda yasinyishije abakinnyi bane barimo uw’izina rikomeye

by radiotv10
23/01/2026
0

Ikipe ya Police FC yemeje ko yasinyishije abakinnyi bane, barimo Rudasingwa Prince na Nshimirimana Ismail Pitchou wanyuze mu makipe ya...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

IZIHERUKA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda
MU RWANDA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya ibyo abahagarariye iperereza ry’u Rwanda n’irya Congo baganiriyeho n’ibyo bemeje

Menya ibyo abahagarariye iperereza ry’u Rwanda n’irya Congo baganiriyeho n’ibyo bemeje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.