Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Birabe ibyuya: Hahise hamenyekana amakuru ashobora gushyira Amavubi mu kaga

radiotv10by radiotv10
29/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Iby’Amavubi byagumye ari akazuyaze amahirwe ayaca mu myanya y’intoki

Ikipe yabanjemo ubwo Amavubi yakinaga na Benin

Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’umukino wahuje ikipe y’u Rwanda n’iya Benin wo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika, haravugwa amakuru ashobora gutuma Amavubi aterwa mpaga kuri uyu mukino, kuko yakinishije umukinnyi ufite amakarita abiri y’umuhondo.

Muhire Kevin yabonye ikarita y’ Umuhondo ubwo u Rwanda rwakinaga na Senegal, yongera kubona ikarita y’umuhondo ubwo u Rwanda rwakinaga na Benin umukino ubanza wabereye i Cotonou muri Benin mu cyumweru gishize.

Ikipe y’ Igihugu y’ u Rwanda nyuma yo kunganya na Benin 1-1 ishobora guterwa mpaga kubera gukinisha umukinnyi ufite amakarita 2 y’umuhondo mu irushanwa rimwe, kandi bikaba bitemewe mu mategeko y’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF).

Itegeko rya CAF rivuga ko iyo umukinnyi abonye ikarita ebyiri (2) z’umuhondo ahita asiba umukino umwe (1) mu irushanwa rimwe.

Abasesenguzi bafite ubunararibonye mu mupira w’amaguru, bavuga ko aya makarita yahawe Muhire Kevin, yatumaga atagombaga gukina uyu mukino wa Benin wo kwishyura wabereye kuri Kigali Pele Stadium.

Iki kibazo kandi cyanavuzweho n’Umutoza wa Benin, Umudage Gernot Rohr mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye nyuma y’uyu mukino warangiye amakipe yombi anganya.

uyu mutora wa Benin yavuze ko bagiye gihita batanga ikirego kuri uyu mukinnyi w’u Rwanda wakinnye afite amakarita abiri y’umuhondo, ku buryo u Rwanda rwahita ruterwa mpaga kuri uyu mukino.

Nanone kandi hari amakuru yamenyekanye, avuga ko mbere yuko uyu mukino utangira, komiseri wari uwuyoboye, yari yatangaje ko umukinnyi utemerewe kuwukina ari Sahabo Hakim gusa wahawe ikarita itukura mu mukino uheruka.

Wasili UWIZEYIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + six =

Previous Post

Iby’Amavubi byagumye ari akazuyaze amahirwe ayaca mu myanya y’intoki

Next Post

Icyo umukobwa wa Rusesabagina ahise atangaza akigera muri America

Related Posts

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Muhammed Kagawa Ssenoga, rutahizamu uca ku ruhande wakiniraga Express yo muri Uganda na Ali Ismael Ahmed EL SAYED Moussa ukomoka...

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

by radiotv10
15/12/2025
0

Lomami Marcel wari umaze igihe ari umutoza wungirije muri Etincelles FC, yemejwe nk’umutoza wungirije wa Rayon Sports mu gihe igitegereje...

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

by radiotv10
15/12/2025
0

Bugesera FC yongeye gutsinda Rayon Sports FC mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru byibutsa abafana ba...

IZIHERUKA

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?
MU RWANDA

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo umukobwa wa Rusesabagina ahise atangaza akigera muri America

Icyo umukobwa wa Rusesabagina ahise atangaza akigera muri America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.