Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Birabe ibyuya: Hahise hamenyekana amakuru ashobora gushyira Amavubi mu kaga

radiotv10by radiotv10
29/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Iby’Amavubi byagumye ari akazuyaze amahirwe ayaca mu myanya y’intoki

Ikipe yabanjemo ubwo Amavubi yakinaga na Benin

Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’umukino wahuje ikipe y’u Rwanda n’iya Benin wo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika, haravugwa amakuru ashobora gutuma Amavubi aterwa mpaga kuri uyu mukino, kuko yakinishije umukinnyi ufite amakarita abiri y’umuhondo.

Muhire Kevin yabonye ikarita y’ Umuhondo ubwo u Rwanda rwakinaga na Senegal, yongera kubona ikarita y’umuhondo ubwo u Rwanda rwakinaga na Benin umukino ubanza wabereye i Cotonou muri Benin mu cyumweru gishize.

Ikipe y’ Igihugu y’ u Rwanda nyuma yo kunganya na Benin 1-1 ishobora guterwa mpaga kubera gukinisha umukinnyi ufite amakarita 2 y’umuhondo mu irushanwa rimwe, kandi bikaba bitemewe mu mategeko y’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF).

Itegeko rya CAF rivuga ko iyo umukinnyi abonye ikarita ebyiri (2) z’umuhondo ahita asiba umukino umwe (1) mu irushanwa rimwe.

Abasesenguzi bafite ubunararibonye mu mupira w’amaguru, bavuga ko aya makarita yahawe Muhire Kevin, yatumaga atagombaga gukina uyu mukino wa Benin wo kwishyura wabereye kuri Kigali Pele Stadium.

Iki kibazo kandi cyanavuzweho n’Umutoza wa Benin, Umudage Gernot Rohr mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye nyuma y’uyu mukino warangiye amakipe yombi anganya.

uyu mutora wa Benin yavuze ko bagiye gihita batanga ikirego kuri uyu mukinnyi w’u Rwanda wakinnye afite amakarita abiri y’umuhondo, ku buryo u Rwanda rwahita ruterwa mpaga kuri uyu mukino.

Nanone kandi hari amakuru yamenyekanye, avuga ko mbere yuko uyu mukino utangira, komiseri wari uwuyoboye, yari yatangaje ko umukinnyi utemerewe kuwukina ari Sahabo Hakim gusa wahawe ikarita itukura mu mukino uheruka.

Wasili UWIZEYIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 1 =

Previous Post

Iby’Amavubi byagumye ari akazuyaze amahirwe ayaca mu myanya y’intoki

Next Post

Icyo umukobwa wa Rusesabagina ahise atangaza akigera muri America

Related Posts

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

by radiotv10
11/12/2025
0

Umuyobozi w’inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje itariki ntarengwa iyi kipe izaba yamaze kubona umutoza mushya wayo, ndetse anagaruka...

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Uwari Umuyobozi w’ikipe ya APR FC, Brigadier General Déo RUSANGANWA, ntakiri kuri uyu mwanya kubera izindi nshingano z’akazi ke ka...

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague yifurije umugore we isabukuru nziza y’imyaka ine bamaze bakoze ubukwe bemeranyijwe...

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

by radiotv10
09/12/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje itariki izakinirwaho umukino wa Super Cup uzahuza ikipe ya APR FC na Rayon...

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Ikipe ya Police FC yanganyije na APR FC 0-0 mu mukino wari uryoheye ijisho w’umunsi wa 10 wa Shampiyona y’Icyiciro...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho
FOOTBALL

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

by radiotv10
11/12/2025
0

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

11/12/2025
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

11/12/2025
Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo umukobwa wa Rusesabagina ahise atangaza akigera muri America

Icyo umukobwa wa Rusesabagina ahise atangaza akigera muri America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.