Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Birabe ibyuya: Hahise hamenyekana amakuru ashobora gushyira Amavubi mu kaga

radiotv10by radiotv10
29/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Iby’Amavubi byagumye ari akazuyaze amahirwe ayaca mu myanya y’intoki

Ikipe yabanjemo ubwo Amavubi yakinaga na Benin

Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’umukino wahuje ikipe y’u Rwanda n’iya Benin wo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika, haravugwa amakuru ashobora gutuma Amavubi aterwa mpaga kuri uyu mukino, kuko yakinishije umukinnyi ufite amakarita abiri y’umuhondo.

Muhire Kevin yabonye ikarita y’ Umuhondo ubwo u Rwanda rwakinaga na Senegal, yongera kubona ikarita y’umuhondo ubwo u Rwanda rwakinaga na Benin umukino ubanza wabereye i Cotonou muri Benin mu cyumweru gishize.

Ikipe y’ Igihugu y’ u Rwanda nyuma yo kunganya na Benin 1-1 ishobora guterwa mpaga kubera gukinisha umukinnyi ufite amakarita 2 y’umuhondo mu irushanwa rimwe, kandi bikaba bitemewe mu mategeko y’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF).

Itegeko rya CAF rivuga ko iyo umukinnyi abonye ikarita ebyiri (2) z’umuhondo ahita asiba umukino umwe (1) mu irushanwa rimwe.

Abasesenguzi bafite ubunararibonye mu mupira w’amaguru, bavuga ko aya makarita yahawe Muhire Kevin, yatumaga atagombaga gukina uyu mukino wa Benin wo kwishyura wabereye kuri Kigali Pele Stadium.

Iki kibazo kandi cyanavuzweho n’Umutoza wa Benin, Umudage Gernot Rohr mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye nyuma y’uyu mukino warangiye amakipe yombi anganya.

uyu mutora wa Benin yavuze ko bagiye gihita batanga ikirego kuri uyu mukinnyi w’u Rwanda wakinnye afite amakarita abiri y’umuhondo, ku buryo u Rwanda rwahita ruterwa mpaga kuri uyu mukino.

Nanone kandi hari amakuru yamenyekanye, avuga ko mbere yuko uyu mukino utangira, komiseri wari uwuyoboye, yari yatangaje ko umukinnyi utemerewe kuwukina ari Sahabo Hakim gusa wahawe ikarita itukura mu mukino uheruka.

Wasili UWIZEYIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + six =

Previous Post

Iby’Amavubi byagumye ari akazuyaze amahirwe ayaca mu myanya y’intoki

Next Post

Icyo umukobwa wa Rusesabagina ahise atangaza akigera muri America

Related Posts

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ikipe ya FC Barcelona yatwaye igikombe kiruta ibindi muri Spain (Spanish Super Cup cyangwa Supercopa de España) nyuma yo gutsinda...

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

In a world full of intense workout trends and gym culture, walking is often overlooked. Many people believe that if...

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo umukobwa wa Rusesabagina ahise atangaza akigera muri America

Icyo umukobwa wa Rusesabagina ahise atangaza akigera muri America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.