• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Birabe ibyuya: Hahise hamenyekana amakuru ashobora gushyira Amavubi mu kaga

radiotv10by radiotv10
29/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Iby’Amavubi byagumye ari akazuyaze amahirwe ayaca mu myanya y’intoki

Ikipe yabanjemo ubwo Amavubi yakinaga na Benin

Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’umukino wahuje ikipe y’u Rwanda n’iya Benin wo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika, haravugwa amakuru ashobora gutuma Amavubi aterwa mpaga kuri uyu mukino, kuko yakinishije umukinnyi ufite amakarita abiri y’umuhondo.

Muhire Kevin yabonye ikarita y’ Umuhondo ubwo u Rwanda rwakinaga na Senegal, yongera kubona ikarita y’umuhondo ubwo u Rwanda rwakinaga na Benin umukino ubanza wabereye i Cotonou muri Benin mu cyumweru gishize.

Ikipe y’ Igihugu y’ u Rwanda nyuma yo kunganya na Benin 1-1 ishobora guterwa mpaga kubera gukinisha umukinnyi ufite amakarita 2 y’umuhondo mu irushanwa rimwe, kandi bikaba bitemewe mu mategeko y’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF).

Itegeko rya CAF rivuga ko iyo umukinnyi abonye ikarita ebyiri (2) z’umuhondo ahita asiba umukino umwe (1) mu irushanwa rimwe.

Abasesenguzi bafite ubunararibonye mu mupira w’amaguru, bavuga ko aya makarita yahawe Muhire Kevin, yatumaga atagombaga gukina uyu mukino wa Benin wo kwishyura wabereye kuri Kigali Pele Stadium.

Iki kibazo kandi cyanavuzweho n’Umutoza wa Benin, Umudage Gernot Rohr mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye nyuma y’uyu mukino warangiye amakipe yombi anganya.

uyu mutora wa Benin yavuze ko bagiye gihita batanga ikirego kuri uyu mukinnyi w’u Rwanda wakinnye afite amakarita abiri y’umuhondo, ku buryo u Rwanda rwahita ruterwa mpaga kuri uyu mukino.

Nanone kandi hari amakuru yamenyekanye, avuga ko mbere yuko uyu mukino utangira, komiseri wari uwuyoboye, yari yatangaje ko umukinnyi utemerewe kuwukina ari Sahabo Hakim gusa wahawe ikarita itukura mu mukino uheruka.

Wasili UWIZEYIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

Iby’Amavubi byagumye ari akazuyaze amahirwe ayaca mu myanya y’intoki

Next Post

Icyo umukobwa wa Rusesabagina ahise atangaza akigera muri America

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Icyo umukobwa wa Rusesabagina ahise atangaza akigera muri America

Icyo umukobwa wa Rusesabagina ahise atangaza akigera muri America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.