Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Biratangaje!!: Nibura buri mwaka yabyaye umwana umwe kuva akivuka- Umugore w’imyaka 41 yabyaye abana 44

radiotv10by radiotv10
27/07/2022
in MU RWANDA, UDUSHYA, UDUSHYA
1
Biratangaje!!: Nibura buri mwaka yabyaye umwana umwe kuva akivuka- Umugore w’imyaka 41 yabyaye abana 44
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore w’imyaka 41 y’amavuko wo mu Karere ka Mukono muri Uganda, yiyemerera ko yabyaye abana 44 yabyaye mu mbyaro 15 zirimo eshanu yagiye abyaramo impanga z’abana bane kuri buri mbyaro imwe.

Uyu mugore witwa Mariam Nabatanzi avuga ko aba bana bose uko 44 yababyawe we ubwe bakava mu nda ye wenyine, aho imbyaro ya mbere yayibyaye ku myaka 13 nyuma yuko ashyingiwe ku mugabo w’umusaza wamurutaga cyane kuko yari afite imyaka 57.

RADIOTV10 twakoze iyi nkuru tugendeye ku kiganiro uyu mubyeyi yagiranye na YouTube Channel ya Afrimax kigaragaramo uyu mugore n’abana bato benshi b’uyu mubyeyi bari mu rugo ari kubagaburira amafunguro ubundi bari mu turimo two mu rugo.

Kubera aka gahigo ko kubyara abana benshi, bageze aho bamwita Mama Uganda ariko nyuma bakaza kumwita Mama Afurika kuko hari abanyamahanga benshi bagiye baza kumusura kubera gutungurwa n’ibi bitangaza.

Ati “Nubu hari benshi batazi amazina yanjye y’ukuri, banyita amazina menshi y’amatazirano, nka Mama Uganda, Mama benshi ndetse hari n’abanyita Mama bane kuko mbyara abana bane ku mbyaro imwe.”

Mariam avuga ko yishimira kuba afite aba bana

Abana 44 ku myaka 41 byashobotse gute?

Mariam Nabatanzi avuga ko yabyaye impanga z’abana bane inshuro eshanu [ubwo ni abana 20] ubundi akabyara impanga z’abana batatu izindi nshuro eshanu [abana 15], ubundi abyara impanga z’abana babiri ku mbyaro nanone eshanu [ubwo ni abana 10].

Uyu mugore uvuga ko yavutse ari umuhererezi mu muryango, atangaza ko abavandimwe be bose bishwe na mukase washatswe na Se ubwo nyina yari amaze kwirukanwa n’umugabo we.

Avuga ko ari cyo gituma yumva akunze abana be urukundo rudasanzwe gusa akagira igikomere yasigiwe no kuba umugabo bababyaranye yarabamutanye.

Agaragaza agahinda yatewe n’urushako kuko uretse kuba uyu mugabo we yaramutanye aba bana 44, yanashyingiwe atabishaka.

Gusa avuga ko abonye undi mugabo akamukunda, bakwibanira ndetse ko yiteguye kuba babyarana barumuna b’aba bana 44.

Ati “Erega kubyara ntabwo ari bibi ahubwo mwe tubyarira [abagabo] ni mwe babi. Umugabo wese mwakundanye aba yifuza ko umubyarira ariko inshingano zo kurera zaza akakwitarutsa.”

Icyakora avuga ko yakuze yifuza kuzabyara abana barindwi kugira ngo nibura azibe icyuho cy’abavandimwe be bapfuye, kuko yumvaga batanu muri bo azabita amazina y’abavandimwe be batanu, naho abandi babiri bakaba abe n’umugabo we.

Ati “Ariko mu mbyaro zanjye ebyiri gusa nari maze kubagira.” Agahita ajya kwa muganga kuboneza urubyaro ariko ko uburyo bwose bwo kuboneza urubyaro bwanze umubiri we, agahitamo gukomeza kwibyarira.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Mutuyimana Rosine says:
    3 years ago

    Ubuse abana 20+15+10 bingana nabana 44 cg ni 45, mujye mutanga inkuru zitarimo urujiji

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Loni ishyize ku rundi rwego ibyo Abakongomani bakoreye MONUSCO

Next Post

Rwongeye rwambikanye hagati ya FARDC na M23 ishaka gufata akandi gace

Related Posts

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

by radiotv10
06/01/2026
0

The festive season is often filled with joy, gifts, travel, and celebrations, but it can also leave many people feeling...

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
06/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwongeye rwambikanye hagati ya FARDC na M23 ishaka gufata akandi gace

Rwongeye rwambikanye hagati ya FARDC na M23 ishaka gufata akandi gace

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.