Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Biratangaje!!: Nibura buri mwaka yabyaye umwana umwe kuva akivuka- Umugore w’imyaka 41 yabyaye abana 44

radiotv10by radiotv10
27/07/2022
in MU RWANDA, UDUSHYA, UDUSHYA
1
Biratangaje!!: Nibura buri mwaka yabyaye umwana umwe kuva akivuka- Umugore w’imyaka 41 yabyaye abana 44
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore w’imyaka 41 y’amavuko wo mu Karere ka Mukono muri Uganda, yiyemerera ko yabyaye abana 44 yabyaye mu mbyaro 15 zirimo eshanu yagiye abyaramo impanga z’abana bane kuri buri mbyaro imwe.

Uyu mugore witwa Mariam Nabatanzi avuga ko aba bana bose uko 44 yababyawe we ubwe bakava mu nda ye wenyine, aho imbyaro ya mbere yayibyaye ku myaka 13 nyuma yuko ashyingiwe ku mugabo w’umusaza wamurutaga cyane kuko yari afite imyaka 57.

RADIOTV10 twakoze iyi nkuru tugendeye ku kiganiro uyu mubyeyi yagiranye na YouTube Channel ya Afrimax kigaragaramo uyu mugore n’abana bato benshi b’uyu mubyeyi bari mu rugo ari kubagaburira amafunguro ubundi bari mu turimo two mu rugo.

Kubera aka gahigo ko kubyara abana benshi, bageze aho bamwita Mama Uganda ariko nyuma bakaza kumwita Mama Afurika kuko hari abanyamahanga benshi bagiye baza kumusura kubera gutungurwa n’ibi bitangaza.

Ati “Nubu hari benshi batazi amazina yanjye y’ukuri, banyita amazina menshi y’amatazirano, nka Mama Uganda, Mama benshi ndetse hari n’abanyita Mama bane kuko mbyara abana bane ku mbyaro imwe.”

Mariam avuga ko yishimira kuba afite aba bana

Abana 44 ku myaka 41 byashobotse gute?

Mariam Nabatanzi avuga ko yabyaye impanga z’abana bane inshuro eshanu [ubwo ni abana 20] ubundi akabyara impanga z’abana batatu izindi nshuro eshanu [abana 15], ubundi abyara impanga z’abana babiri ku mbyaro nanone eshanu [ubwo ni abana 10].

Uyu mugore uvuga ko yavutse ari umuhererezi mu muryango, atangaza ko abavandimwe be bose bishwe na mukase washatswe na Se ubwo nyina yari amaze kwirukanwa n’umugabo we.

Avuga ko ari cyo gituma yumva akunze abana be urukundo rudasanzwe gusa akagira igikomere yasigiwe no kuba umugabo bababyaranye yarabamutanye.

Agaragaza agahinda yatewe n’urushako kuko uretse kuba uyu mugabo we yaramutanye aba bana 44, yanashyingiwe atabishaka.

Gusa avuga ko abonye undi mugabo akamukunda, bakwibanira ndetse ko yiteguye kuba babyarana barumuna b’aba bana 44.

Ati “Erega kubyara ntabwo ari bibi ahubwo mwe tubyarira [abagabo] ni mwe babi. Umugabo wese mwakundanye aba yifuza ko umubyarira ariko inshingano zo kurera zaza akakwitarutsa.”

Icyakora avuga ko yakuze yifuza kuzabyara abana barindwi kugira ngo nibura azibe icyuho cy’abavandimwe be bapfuye, kuko yumvaga batanu muri bo azabita amazina y’abavandimwe be batanu, naho abandi babiri bakaba abe n’umugabo we.

Ati “Ariko mu mbyaro zanjye ebyiri gusa nari maze kubagira.” Agahita ajya kwa muganga kuboneza urubyaro ariko ko uburyo bwose bwo kuboneza urubyaro bwanze umubiri we, agahitamo gukomeza kwibyarira.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Mutuyimana Rosine says:
    3 years ago

    Ubuse abana 20+15+10 bingana nabana 44 cg ni 45, mujye mutanga inkuru zitarimo urujiji

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =

Previous Post

Loni ishyize ku rundi rwego ibyo Abakongomani bakoreye MONUSCO

Next Post

Rwongeye rwambikanye hagati ya FARDC na M23 ishaka gufata akandi gace

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

Have you ever noticed how your parents’ old clothes suddenly look trendy again? One day it’s flared jeans, the next...

IZIHERUKA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law
MU RWANDA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwongeye rwambikanye hagati ya FARDC na M23 ishaka gufata akandi gace

Rwongeye rwambikanye hagati ya FARDC na M23 ishaka gufata akandi gace

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.