Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Biravugwa ko hari Abanyarwanda benshi bamaze gufatirwa i Burundi barimo n’abafungiye ahatazwi

radiotv10by radiotv10
15/01/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Biravugwa ko hari Abanyarwanda benshi bamaze gufatirwa i Burundi barimo n’abafungiye ahatazwi
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyarwanda barenga 50 bamaze gufatirwa mu bice binyuranye mu Burundi kuva iki Gihugu cyafunga imipaka igihuza n’u Rwanda, aho bamwe bivugwa ko bafungiwe muri kasho z’urwego rw’iperereza mu Burundi, mu gihe hari n’abafungiye ahantu hatazwi.

Amakuru dukesha ikinyamakuru SOS Médias Burundi cyangikira mu Burundi, avuga ko aba Banyarwanda bafashwe kuva ku wa Kane tariki 11 Mutarama 2024 ubwo Guverinoma y’u Burundi yatangazaga ko ifunze imipaka ihuza iki Gihugu n’u Rwanda.

Iki kinyamakuru kivuga ko ubuyobozi bw’u Burundi bwo bwemera ko Abanyarwanda bafashwe ari 46 n’imbonerakure, bakabanza gufungirwa muri Kasho za Polisi, ariko nyuma bakoherezwa mu z’urwego rushinzwe iperereza.

Nk’uko bitangazwa n’abaturage bo muri Komini ya Mugina, Abanyarwanda 38 bafashwe na Polisi ikorera muri iyi Komini yagiye ibakura mu bice binyuranye byo muri iyi komini kuva ku wa Kane.

Umwe mu baturage wavuganye na SOS Médias Burundi, yavuze ko ikibabaje ari uko “aba bantu bafashwe bamaze igihe kinini batuye muri Mugina. Ni nk’imiryango ya hano.”

Naho muri Komini ya Rugombo ikora ku mupaka, habarwa Abanyarwanda 58 bafashwe hagati yo ku wa Kane no kuwa Gatanu, ariko ubuyobozi bw’u Burundi bukavuga ko abafashwe ari 46, barimo 20 bafashwe ku wa Kane na 26 bafashwe ku wa Gatanu.

Abaturage bagira bati “Abenshi mu batawe muri yombi, ni abakozi ba nyakabyizi basanzwe bakora mu mirima inyuranye.”

Umwe mu bacuruzi b’Abanyarwanda wakoreraga muri Rugombo ubwo yariho apakira imizigo ngo atahe mu Rwanda, yabwiye SOS Médias Burundi ati “Byansabye kubaha ruswa kugira ngo bampe igihe gihagije cyo kwitegura kugira ngo nambuke umupaka.”

Amakuru aturuka muri bamwe mu bapolisi, avuga ko bamwe mu bafashwe boherejwe gufungirwa muri kasho z’urwego rushinzwe iperereza SNR mu murwa mukuru wa Bujumbura mu gihe abandi bafungiye ku rwego rw’Intara.

Umuvugizi wa Polisi y’u Burundi, Désiré Nduwimana yavuze ko “abafunzwe n’abahabaga mu buryo butemewe n’amategeko.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + thirteen =

Previous Post

Umusitari w’izina rikomeye ku Isi yahishuye ibyo atazibagirwa byamubayeho ubwo yasuraga Ingagi mu Rwanda

Next Post

Agashya katangijwe mu gutwara abagenzi mu Rwanda kagiye kugera mu kindi Gihugu

Related Posts

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko uruhande bahangane rugizwe n’abarimo igisirikare cya DRC (FARDC) rwagabye ibitero bibiri byikurikiranya, birimo icya grenade yatewe...

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

by radiotv10
30/01/2026
0

Guverinoma ya Niger iyobowe n’igisirikare yatangaje ko ibihugu birimo u Bufaransa, Benin na Côte d’Ivoire bishinjwa kugira uruhare mu gutera...

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces
AMAHANGA

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Agashya katangijwe mu gutwara abagenzi mu Rwanda kagiye kugera mu kindi Gihugu

Agashya katangijwe mu gutwara abagenzi mu Rwanda kagiye kugera mu kindi Gihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.