Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Biravugwa ko hari Abanyarwanda benshi bamaze gufatirwa i Burundi barimo n’abafungiye ahatazwi

radiotv10by radiotv10
15/01/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Biravugwa ko hari Abanyarwanda benshi bamaze gufatirwa i Burundi barimo n’abafungiye ahatazwi
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyarwanda barenga 50 bamaze gufatirwa mu bice binyuranye mu Burundi kuva iki Gihugu cyafunga imipaka igihuza n’u Rwanda, aho bamwe bivugwa ko bafungiwe muri kasho z’urwego rw’iperereza mu Burundi, mu gihe hari n’abafungiye ahantu hatazwi.

Amakuru dukesha ikinyamakuru SOS Médias Burundi cyangikira mu Burundi, avuga ko aba Banyarwanda bafashwe kuva ku wa Kane tariki 11 Mutarama 2024 ubwo Guverinoma y’u Burundi yatangazaga ko ifunze imipaka ihuza iki Gihugu n’u Rwanda.

Iki kinyamakuru kivuga ko ubuyobozi bw’u Burundi bwo bwemera ko Abanyarwanda bafashwe ari 46 n’imbonerakure, bakabanza gufungirwa muri Kasho za Polisi, ariko nyuma bakoherezwa mu z’urwego rushinzwe iperereza.

Nk’uko bitangazwa n’abaturage bo muri Komini ya Mugina, Abanyarwanda 38 bafashwe na Polisi ikorera muri iyi Komini yagiye ibakura mu bice binyuranye byo muri iyi komini kuva ku wa Kane.

Umwe mu baturage wavuganye na SOS Médias Burundi, yavuze ko ikibabaje ari uko “aba bantu bafashwe bamaze igihe kinini batuye muri Mugina. Ni nk’imiryango ya hano.”

Naho muri Komini ya Rugombo ikora ku mupaka, habarwa Abanyarwanda 58 bafashwe hagati yo ku wa Kane no kuwa Gatanu, ariko ubuyobozi bw’u Burundi bukavuga ko abafashwe ari 46, barimo 20 bafashwe ku wa Kane na 26 bafashwe ku wa Gatanu.

Abaturage bagira bati “Abenshi mu batawe muri yombi, ni abakozi ba nyakabyizi basanzwe bakora mu mirima inyuranye.”

Umwe mu bacuruzi b’Abanyarwanda wakoreraga muri Rugombo ubwo yariho apakira imizigo ngo atahe mu Rwanda, yabwiye SOS Médias Burundi ati “Byansabye kubaha ruswa kugira ngo bampe igihe gihagije cyo kwitegura kugira ngo nambuke umupaka.”

Amakuru aturuka muri bamwe mu bapolisi, avuga ko bamwe mu bafashwe boherejwe gufungirwa muri kasho z’urwego rushinzwe iperereza SNR mu murwa mukuru wa Bujumbura mu gihe abandi bafungiye ku rwego rw’Intara.

Umuvugizi wa Polisi y’u Burundi, Désiré Nduwimana yavuze ko “abafunzwe n’abahabaga mu buryo butemewe n’amategeko.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

Umusitari w’izina rikomeye ku Isi yahishuye ibyo atazibagirwa byamubayeho ubwo yasuraga Ingagi mu Rwanda

Next Post

Agashya katangijwe mu gutwara abagenzi mu Rwanda kagiye kugera mu kindi Gihugu

Related Posts

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

by radiotv10
29/12/2025
0

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko Maj Gen Sylvain Ekenge wari Umuvugizi w'Igisirikare cy'iki Gihugu-FARDC, yahagaritswe...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Agashya katangijwe mu gutwara abagenzi mu Rwanda kagiye kugera mu kindi Gihugu

Agashya katangijwe mu gutwara abagenzi mu Rwanda kagiye kugera mu kindi Gihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.