Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Biravugwa ko hari Abanyarwanda benshi bamaze gufatirwa i Burundi barimo n’abafungiye ahatazwi

radiotv10by radiotv10
15/01/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Biravugwa ko hari Abanyarwanda benshi bamaze gufatirwa i Burundi barimo n’abafungiye ahatazwi
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyarwanda barenga 50 bamaze gufatirwa mu bice binyuranye mu Burundi kuva iki Gihugu cyafunga imipaka igihuza n’u Rwanda, aho bamwe bivugwa ko bafungiwe muri kasho z’urwego rw’iperereza mu Burundi, mu gihe hari n’abafungiye ahantu hatazwi.

Amakuru dukesha ikinyamakuru SOS Médias Burundi cyangikira mu Burundi, avuga ko aba Banyarwanda bafashwe kuva ku wa Kane tariki 11 Mutarama 2024 ubwo Guverinoma y’u Burundi yatangazaga ko ifunze imipaka ihuza iki Gihugu n’u Rwanda.

Iki kinyamakuru kivuga ko ubuyobozi bw’u Burundi bwo bwemera ko Abanyarwanda bafashwe ari 46 n’imbonerakure, bakabanza gufungirwa muri Kasho za Polisi, ariko nyuma bakoherezwa mu z’urwego rushinzwe iperereza.

Nk’uko bitangazwa n’abaturage bo muri Komini ya Mugina, Abanyarwanda 38 bafashwe na Polisi ikorera muri iyi Komini yagiye ibakura mu bice binyuranye byo muri iyi komini kuva ku wa Kane.

Umwe mu baturage wavuganye na SOS Médias Burundi, yavuze ko ikibabaje ari uko “aba bantu bafashwe bamaze igihe kinini batuye muri Mugina. Ni nk’imiryango ya hano.”

Naho muri Komini ya Rugombo ikora ku mupaka, habarwa Abanyarwanda 58 bafashwe hagati yo ku wa Kane no kuwa Gatanu, ariko ubuyobozi bw’u Burundi bukavuga ko abafashwe ari 46, barimo 20 bafashwe ku wa Kane na 26 bafashwe ku wa Gatanu.

Abaturage bagira bati “Abenshi mu batawe muri yombi, ni abakozi ba nyakabyizi basanzwe bakora mu mirima inyuranye.”

Umwe mu bacuruzi b’Abanyarwanda wakoreraga muri Rugombo ubwo yariho apakira imizigo ngo atahe mu Rwanda, yabwiye SOS Médias Burundi ati “Byansabye kubaha ruswa kugira ngo bampe igihe gihagije cyo kwitegura kugira ngo nambuke umupaka.”

Amakuru aturuka muri bamwe mu bapolisi, avuga ko bamwe mu bafashwe boherejwe gufungirwa muri kasho z’urwego rushinzwe iperereza SNR mu murwa mukuru wa Bujumbura mu gihe abandi bafungiye ku rwego rw’Intara.

Umuvugizi wa Polisi y’u Burundi, Désiré Nduwimana yavuze ko “abafunzwe n’abahabaga mu buryo butemewe n’amategeko.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 16 =

Previous Post

Umusitari w’izina rikomeye ku Isi yahishuye ibyo atazibagirwa byamubayeho ubwo yasuraga Ingagi mu Rwanda

Next Post

Agashya katangijwe mu gutwara abagenzi mu Rwanda kagiye kugera mu kindi Gihugu

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Agashya katangijwe mu gutwara abagenzi mu Rwanda kagiye kugera mu kindi Gihugu

Agashya katangijwe mu gutwara abagenzi mu Rwanda kagiye kugera mu kindi Gihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.