• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Biravugwa ko inzira zabaye ebyiri kwa Social Mula n’umugore we bafitanye abana babiri

radiotv10by radiotv10
27/01/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Biravugwa ko inzira zabaye ebyiri kwa Social Mula n’umugore we bafitanye abana babiri
Share on FacebookShare on Twitter

Amakuru aturuka mu baziranye n’Umuhanzi Mugwaneza Lambert uzwi nka Social Mula, batangaza ko we n’umugore we batandukanye umwe akajya kuba ukwe undi ukwe.

Ikinyamakuru Igihe dukesha aya makuru, kivuga ko umwe mu nshuti za hafi z’uyu muryango wa Social Mula n’umugore we Uwase Nailla batandukanye umwaka ushize.

Social Mula wabaga mu Murenge wa Niboye mu Karere ka Kicukiro, bivugwa ko yamaze kuhava akaba asigaye atuye ku Ruyenzi mu Karere ka Kamonyi ndetse n’umugore we na we akaba yaragiye kwibana.

Aganira n’Ikinyamakuru Igihe, Social Mula yirinze kugira byinshi atangaza kuri aya makuru, aho yavuze ko ibi bivugwa ari ubuzima bwe bwite n’umuryango we.

Yagize ati “Igihari nzi ni uko ari umugore wambyariye abana kandi mwubaha. Ibindi kubishyira mu itangazamakuru ntabwo ari ngombwa wenda igihe kizababwira ukuri kwa nyako kandi kurahari.”

Social Mula yatangiye kubana n’umugore we nyuma yo kubyarana kuva muri 2017, aho uyu muhanzi na bwo yakunze kugira ibanga ibyo kuba yarabanaga n’umugore we.

Gusa mu minsi ishize, Social Mula yakundaga kwerekana ko yizihiye umuryango we aho yakundaga gushyira amafoto ku mbuga nkoranyambaga agaragaza abana be dore ko mu ntangiro za Nzeri bari bibarutse ubuheta bwabo.

Inkuru dukesha Igihe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Abafana bemerewe kujya kuri stade batipimishije COVID-19

Next Post

Kicukiro: Imodoka yari mu muhanda igenda yahiye irakongoka abantu bayoberwa ibibaye

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Kicukiro: Imodoka yari mu muhanda igenda yahiye irakongoka abantu bayoberwa ibibaye

Kicukiro: Imodoka yari mu muhanda igenda yahiye irakongoka abantu bayoberwa ibibaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.