Wednesday, May 14, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bishop uregwa ibirimo gukangisha gukwirakwiza amafoto y’imikoreshereze y’ibitsina yagejejwe imbere y’Urukiko

radiotv10by radiotv10
24/10/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Bishop uregwa ibirimo gukangisha gukwirakwiza amafoto y’imikoreshereze y’ibitsina yagejejwe imbere y’Urukiko

Bishop Harerimana n'umugore ubwo bagezwaga imbere y'Urukiko bwa mbere

Share on FacebookShare on Twitter

Bishop Harerimana Jean Bosco wayoboraga Itorero Zeraphat Holy Church, n’umugore we baregwa hamwe ibyaha birimo gukangisha gusebanya no gukwirakwiza amafoto y’imikoreshereze y’ibitsina, bagejejwe imbere y’Urukiko ngo baburane ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo, ariko urubanza rurasubikwa ku busabe bw’uregwa.

Bishop Harerimana Jean Bosco uregwa hamwe n’umugore we Mukansengiyumva Jeanne, bakurikiranyweho kandi n’icyaha kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.

Kuri uyu wa Kane tariki 24 Ukwakira 2024, bagejejwe imbere y’Urukiko kugira ngo baburane ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo, ariko abaregwa babwira Umucamanza ko batiteguye kuburana.

Bishop Harerimana yabwiye Urukiko ko atabashije kwitegura urubanza, kuko atarabona dosiye y’ikirego cye, asaba Umucamaza ko yarusubika.

Ni icyifuzo kandi cyanashimangiwe n’umwunganira mu mategeko wavuze ko umukiliya we atabasha kwiregura kuri dosiye atigeze anyuzamo amaso, bityo ko akeneye guhabwa umwanya akabanza akayisoma kugira ngo azabone n’ibisobanuro ayitangaho.

Uregwa kandi yavuze ko akeneye guhabwa telefone ye yafatiriwe kuva yatabwa muri yombi, kandi akaba ari yo yamufasha kubona ibimenyetso byo kwiregura binamushinjura.

Umunyamategeko wa Bishop Harerimana yagize ati “Harimo ibimenyetso bimushinjura twifuzaga ko nawe bayimuha niba baramaze gukuramo ibyo bashakaga kugira ngo abashe kwiregura.”

Ubushinjacyaha na bwo bwavuze ko ari uburenganzira buteganywa n’amategeko ko uregwa agomba kubanza kubona dosiye kugira ngo abone uko yiregura.

Gusa uhagarariye Ubushinjacyaha yavuze ko ku kijyanye no kuba uregwa asaba kuba yasubizwa Telefone ye, bitashoboka, kuko yafatiriwe kubera ibyaha akekwaho kandi bikiri gukorwaho iperereza, ndetse Ubugenzacyaha bukaba bwarayifashe kuko hari ibimenyetso biyirimo bigikusanywa.

Umushinjacyaha yagize ati “Icyo twamusaba ni uko yajya mu Bushinjacyaha bakayimwereka n’ibyo bimenyetso ashaka bakaba bamufasha kubireba.”

Nyuma yo kumva impaka ku mpande zombi, Umucamanza yasubitse urubanza, arwimurira tariki 29 Ukwakira 2024, anategeka ko telefone y’uregwa yazazanwa mu Rukiko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + eight =

Previous Post

Indi ndwara yavuzwe mu Rwanda no mu baturanyi yishe umuntu muri Uganda

Next Post

Menya ibyakurikiyeho nyuma yuko Umupolisi agaragaweho ibyakoze benshi ku mutima

Related Posts

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

by radiotv10
14/05/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko batagipfa kunyura mu nzira iva isantere ya Mahoko yerecyeza...

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

by radiotv10
13/05/2025
0

Umukozi w’Imana Pastor Julienne Kabanda Kabirigi uherutse gufungirwa umuryango ushingiye ku myerereye ‘Grace Room Ministries’ ayobora, yasabye abantu kuba maso...

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

by radiotv10
13/05/2025
0

Ishami rishinzwe umutekano wo mu mazi, ni rimwe mu ya Polisi y'u Rwanda, benshi babona iyo ryiyambajwe igihe habaye impanuka...

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

by radiotv10
13/05/2025
0

Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye Faye yavuze ko u Rwanda rumaze kuba indashyikirwa mu kubyaza umusaruro ikoranabuhanga, bityo ko n’ibindi...

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

by radiotv10
13/05/2025
0

Perezida Paul Kagame witabiriye Inama muri Côte d’Ivoire yanatangiyemo ikiganiro, yahuye n’abayobozi batandukanye barimo Abakuru b’Ibihugu bagenzi be banaganiriye ku...

IZIHERUKA

Ubuhamya bw’awari umukunzi w’umuhanzi w’ikirangirire P.Diddy bwahishuye byinshi ku byo aregwa
IBYAMAMARE

Ubuhamya bw’awari umukunzi w’umuhanzi w’ikirangirire P.Diddy bwahishuye byinshi ku byo aregwa

by radiotv10
14/05/2025
0

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

14/05/2025
Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

13/05/2025
Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

13/05/2025
Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

13/05/2025
Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

13/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya ibyakurikiyeho nyuma yuko Umupolisi agaragaweho ibyakoze benshi ku mutima

Menya ibyakurikiyeho nyuma yuko Umupolisi agaragaweho ibyakoze benshi ku mutima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ubuhamya bw’awari umukunzi w’umuhanzi w’ikirangirire P.Diddy bwahishuye byinshi ku byo aregwa

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.