Friday, August 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Bitunguranye havutse ibishya mu rubanza rwa Prince Kid byatumye rusubira irudubi

radiotv10by radiotv10
30/06/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, UBUTABERA
0
Prince Kid yahishuye icyo avuga ko cyari kigambiriwe ajyanwa mu nkiko ko hari n’ubiri inyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe byari biteganyijwe ko Urukiko Rukuru rusoma icyemezo ku bujurire mu rubanza reregwamo Ishimwe Dieudonne uzwi nka Prince Kid, byasubitswe, ahubwo rwanzura ko hazaburanwa ku kimenyetso gishya cyatanzwe.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Kamena 2023, Urukiko Rukuru rwagombaga gusoma icyemezo ku bujurire bwatanzwe n’Ubushinjacyaha butanyuzwe n’icyemezo cy’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwagize umwere Prince Kid.

Icyemezo cy’ubujurire cyagombaga gusomwa none ku wa Gatanu, cyari gitegerejwe na benshi barimo itangazamakuru ryakunze gukurikirana uru rubanza, ryari ryanagiye gutara inkuru ku cyicaro cy’Urukiko.

Urukiko Rukuru rwaburanishije urubanza rw’ubujurire, rwatangaje ko hari ikimeyetso gishya cyashyizwe muri sisiteme inyuzwamo ibiburanwa byose, cyagezemo tariki 23 z’uku kwezi kwa Kamena.

Iki kimenyetso cy’amajwi bivugwa ko ari ay’uregwa, afatwa nk’ikimenyetso kiri kwifashishwa n’Ubushinjacyaha, kigomba kuzaburanwaho n’impande zombi, nk’uko byanzuwe n’Urukiko Rukuru.

Urukiko Rukuru rwahise rusubika isomwa ry’uru rubanza, rutegeka ko hazabaho kuburana kuri iki kimenyetso mu kwezi gutaha, tairki 14 Nyakanga 2023.

Bigaragara ko uruhande rw’Uregwa rwari rufite aya makuru, kuko yaba Prince Kid ndetse n’abamwuganira, batigeze bagaragara ku cyicaro cy’Urukiko rwagombaga gusoma iki cyemezo.

Itegeko rigena imitangire y’ibimenyetso, riteganya ko igihe cyose urubanza rutarasomwa, hakaboneka ibimenyetso bishya, bitangwa, bikaburanwaho kugira ngo bigenderweho n’Urukiko mu gufata icyemezo.

Uruko Rukuru ruvuga ko ibyo bimenyetso bishya by’amajwi byatanzwe n’Ubushinjacyaha, bitigeze biburanwaho, bityo ko bigomba kuburanishwaho, impande zombi zikabivugaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 3 =

Previous Post

Hagaragajwe imibare y’izamuka ry’abanywa agasembuye mu Rwanda n’uko Intara zikurikirana mu businzi

Next Post

Bamwe buriye indege abandi bajya gusura imiryango mu cyaro- Ibyo abakinnyi b’i Rwanda bahugiyemo

Related Posts

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

by radiotv10
01/08/2025
0

Abafite inzu ahazwi nko mu Marangi mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge n’abahakorera, bavuga ko amafaranga ari hagati...

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

by radiotv10
01/08/2025
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yatangaje ko mu nama ya mbere ya Komisiyo ishinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa...

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

by radiotv10
01/08/2025
0

Umunyamakuru Mike Karangwa wamenyenaye ku bitangazamakuru bitandukanye mu Rwanda byumwihariko mu biganiro by’imyidagaduro, yapfushije umwana we w’ubuheta. Umwana wa Mike...

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

by radiotv10
01/08/2025
0

Minisiteri y’Uburezi ivuga ko guhindurira abarimu ibice bakoreramo (mutation) bigorana kuko aho baba bifuza kujya haba hari abandi basanzwe bahakorera....

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
1

Abanyamakuru Nduwayezu Ndibyariye Jean de Dieu wamamaye nka Jado Max na Kwikiriza William uzwi nka William Kadu bazwi mu biganiro...

IZIHERUKA

Police FC igiye kwipima na APR iyisimbuje Rayon Sports
FOOTBALL

Police FC igiye kwipima na APR iyisimbuje Rayon Sports

by radiotv10
01/08/2025
0

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

01/08/2025
Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

01/08/2025
Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

01/08/2025
Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

01/08/2025
Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

31/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bamwe buriye indege abandi bajya gusura imiryango mu cyaro- Ibyo abakinnyi b’i Rwanda bahugiyemo

Bamwe buriye indege abandi bajya gusura imiryango mu cyaro- Ibyo abakinnyi b’i Rwanda bahugiyemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Police FC igiye kwipima na APR iyisimbuje Rayon Sports

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.