Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Bitunguranye havutse ibishya mu rubanza rwa Prince Kid byatumye rusubira irudubi

radiotv10by radiotv10
30/06/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, UBUTABERA
0
Prince Kid yahishuye icyo avuga ko cyari kigambiriwe ajyanwa mu nkiko ko hari n’ubiri inyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe byari biteganyijwe ko Urukiko Rukuru rusoma icyemezo ku bujurire mu rubanza reregwamo Ishimwe Dieudonne uzwi nka Prince Kid, byasubitswe, ahubwo rwanzura ko hazaburanwa ku kimenyetso gishya cyatanzwe.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Kamena 2023, Urukiko Rukuru rwagombaga gusoma icyemezo ku bujurire bwatanzwe n’Ubushinjacyaha butanyuzwe n’icyemezo cy’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwagize umwere Prince Kid.

Icyemezo cy’ubujurire cyagombaga gusomwa none ku wa Gatanu, cyari gitegerejwe na benshi barimo itangazamakuru ryakunze gukurikirana uru rubanza, ryari ryanagiye gutara inkuru ku cyicaro cy’Urukiko.

Urukiko Rukuru rwaburanishije urubanza rw’ubujurire, rwatangaje ko hari ikimeyetso gishya cyashyizwe muri sisiteme inyuzwamo ibiburanwa byose, cyagezemo tariki 23 z’uku kwezi kwa Kamena.

Iki kimenyetso cy’amajwi bivugwa ko ari ay’uregwa, afatwa nk’ikimenyetso kiri kwifashishwa n’Ubushinjacyaha, kigomba kuzaburanwaho n’impande zombi, nk’uko byanzuwe n’Urukiko Rukuru.

Urukiko Rukuru rwahise rusubika isomwa ry’uru rubanza, rutegeka ko hazabaho kuburana kuri iki kimenyetso mu kwezi gutaha, tairki 14 Nyakanga 2023.

Bigaragara ko uruhande rw’Uregwa rwari rufite aya makuru, kuko yaba Prince Kid ndetse n’abamwuganira, batigeze bagaragara ku cyicaro cy’Urukiko rwagombaga gusoma iki cyemezo.

Itegeko rigena imitangire y’ibimenyetso, riteganya ko igihe cyose urubanza rutarasomwa, hakaboneka ibimenyetso bishya, bitangwa, bikaburanwaho kugira ngo bigenderweho n’Urukiko mu gufata icyemezo.

Uruko Rukuru ruvuga ko ibyo bimenyetso bishya by’amajwi byatanzwe n’Ubushinjacyaha, bitigeze biburanwaho, bityo ko bigomba kuburanishwaho, impande zombi zikabivugaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

Hagaragajwe imibare y’izamuka ry’abanywa agasembuye mu Rwanda n’uko Intara zikurikirana mu businzi

Next Post

Bamwe buriye indege abandi bajya gusura imiryango mu cyaro- Ibyo abakinnyi b’i Rwanda bahugiyemo

Related Posts

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi Yvonne Kayitesi uzwi nka Tessy uri mu myiteguro yo gukorana ubukwe n’umuraperi Shizzo, yakorewe ibirori byo gusezera ku rungano...

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

IZIHERUKA

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda
MU RWANDA

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

16/12/2025
Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bamwe buriye indege abandi bajya gusura imiryango mu cyaro- Ibyo abakinnyi b’i Rwanda bahugiyemo

Bamwe buriye indege abandi bajya gusura imiryango mu cyaro- Ibyo abakinnyi b’i Rwanda bahugiyemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.