Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bitunguranye inama ya komisiyo ihuriweho n’u Rwanda na DRC yari iteganyijwe none yasubitswe

radiotv10by radiotv10
12/07/2022
in MU RWANDA
0
Bitunguranye inama ya komisiyo ihuriweho n’u Rwanda na DRC yari iteganyijwe none yasubitswe
Share on FacebookShare on Twitter

Inama ya Komisiyo ihuriweho n’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagombaga kubera i Luanda muri Angola kuri uyu wa Kabiri, yasubitswe, yimurirwa ikindi gihe.

Byemejwe n’ubuyobozi bw’ishami rishinzwe itumanaho mu Biro by’Umukuru w’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Kabiri.

Ibiro by’umukuru w’Igihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byatangaje ko iyi nama yimuriwe mu cyumweru cya nyuma cy’uku kwezi kwa Nyakanga.

Isubikwa ry’iyi nama ryatewe n’ibihe by’icyunamo cy’iminsi irindwi kiri kuba muri Angola kubera urupfu rwa Jose Eduardo d’Eduardo Dos Santos wayoboye iki Gihugu witabye Imana mu cyumweru gishize

Gusa nta tariki nyirizina izaberago iyi nama igomba guhuza intumwa z’u Rwanda na DRC, zigize Komisiyo igomba kwigira hamwe uburyo bwo gusubiza mu buryo umubano w’ibi Bihugu byombi bimaze igihe bifitanye ibibazo.

Iyi komisiyo yemerejwe mu nama y’abakuru b’Ibihugu by’u Rwanda, DRC na Angola yabaye tariki 06 Nyakanga 2022 i Luanda yafatiwemo imyanzuro igamije kuzahura umubano w’Ibihugu byombi aho abakuru babyo bemeranyijwe kuzahura umubano.

Igihugu cy’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bimaze iminsi bidacana uwaka kubera ibyo bishinjanya.

U Rwanda rushinja DRC gufasha umutwe wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda mu gihe iki Gihugu na cyo gishinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 ukomeje kotsa igitutu FARDC mu mirwano ikomeye ikomeje kubera muri iki Gihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + two =

Previous Post

Abavangamiziki [DJs] bo mu Rwanda bagiye guhatanira imodoka y’akataraboneka ya Miliyoni 25Frw

Next Post

DRCongo: Umudepite abona Leta ishyira abaturage mu rwijiji ku byayo na M23

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda
IMYIDAGADURO

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

by radiotv10
31/01/2026
0

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Umudepite abona Leta ishyira abaturage mu rwijiji ku byayo na M23

DRCongo: Umudepite abona Leta ishyira abaturage mu rwijiji ku byayo na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.