Sunday, October 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Bitunguranye umuherwe Elon Musk ntakinjiye mu nama y’Ubutegetsi ya Twitter

radiotv10by radiotv10
11/04/2022
in Uncategorized
0
Bitunguranye umuherwe Elon Musk ntakinjiye mu nama y’Ubutegetsi ya Twitter
Share on FacebookShare on Twitter

Mu cyumweru gishize, ubuyobozi bw’urubuga Nkoranyambaga rwa Twitter bwari bwatangaje ko buteganya kwinjiza umuherwe Elon Musk mu bagize Inama y’Ubutegetsi, gusa uyu munyemari ubwe yamaze kubigarama, avuga ko atakinjiyemo.

Tariki 05 Mata 2022, ubutobozi bwa Twitter bwari bwatangaje ko uyu mukire uri mu bayoboye ku Isi agiye kwinjizwa mu bagize Inama y’Ubutegetsi izarangira muri manda mu 2024.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 11 Mata 2022, hacicikanye amakuru ko uyu munyemari atakibaye umwe mu bagize iyi nama y’ubutegetsi bwa Twitter.

Umuyobozi Mukuru wa Twitter, Parag Agrawal yatangaje ko Elon Musk ubwe ari we wafashe icyemezo cyo kutajya muri iyi nama.

Mu butumwa yatambukije kuri Twitter, Parag Agrawal yagize ati “Elon yafashe icyemezo cyo kutajya mu Nama y’Ubutegetsi yacu.”
Parag Agrawal yavuze ko inama y’Ubutegetsi ya Twitter yagiranye ibiganiro byinshi na Elon byo kuba yajya muri iyi Nama kandi ko bari bizeye ko kuba yazamo byagirira akamaro ubuyobozi bw’uru rubuga rukanarushaho gutera imbere.

Muri ubu butumwa, Parag Agrawal wagarutse ku byari byatangajwe mu cyumweru gishize ko Elon azaba umwe mu bagize inama y’ubutegetsi ku mugabane wa 4/9, yavuze ko “Elon muri iki gitondo yatumenyesheje ko atakinjiye mu nama y’Ubutegtsi.”

Elon has decided not to join our board. I sent a brief note to the company, sharing with you all here. pic.twitter.com/lfrXACavvk

— Parag Agrawal (@paraga) April 11, 2022

Parag Agrawal akomeza avuga ko iki cyemezo kije mu kirengera inyungu zabo ngo kuko “duha agaciro ibyinjizwa n’abafatanyabikorwa bacu baba bari mu nama y’ubutegetsi yacu cyangwa batarimo.”

Avuga ko Elon asanzwe ari umwe mu bafatanyabikorwa b’imena b’uru rubuga kandi ko azakomeza kumuba ndetse n’ibyo yashoraga bikagumaho.

Yagize ati “Hari icyo bihungabanyijeho mu gihe kiri imbere ariko intego ndetse n’ibikorwa dushyize imbere ntibyahindutse.”

Yasoje avuga ko ibi byemezo byose byafashwe ntawe bizahungabanya cyangwa ngo bitere ibibazo ahubwo ko ubuyobozi bwa Twitter bukomeje guhanga amaso ibikorwa byo kuzamura uru rubuga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + eight =

Previous Post

MINIBUMWE yibukije ibibujijwe muri iki cyumweru birimo ubukwe, imikino y’amahirwe no kwerekana imipira

Next Post

Abamaze igihe gito bafunguwe kubera ubujura bafatiwe i Rulindo bavuye kwiba i Gicumbi

Related Posts

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA
FOOTBALL

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

by radiotv10
25/10/2025
0

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

25/10/2025
Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

25/10/2025
Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

25/10/2025
Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

25/10/2025
Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

25/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abamaze igihe gito bafunguwe kubera ubujura bafatiwe i Rulindo bavuye kwiba i Gicumbi

Abamaze igihe gito bafunguwe kubera ubujura bafatiwe i Rulindo bavuye kwiba i Gicumbi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.