Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Bitunguranye umuherwe Elon Musk ntakinjiye mu nama y’Ubutegetsi ya Twitter

radiotv10by radiotv10
11/04/2022
in Uncategorized
0
Bitunguranye umuherwe Elon Musk ntakinjiye mu nama y’Ubutegetsi ya Twitter
Share on FacebookShare on Twitter

Mu cyumweru gishize, ubuyobozi bw’urubuga Nkoranyambaga rwa Twitter bwari bwatangaje ko buteganya kwinjiza umuherwe Elon Musk mu bagize Inama y’Ubutegetsi, gusa uyu munyemari ubwe yamaze kubigarama, avuga ko atakinjiyemo.

Tariki 05 Mata 2022, ubutobozi bwa Twitter bwari bwatangaje ko uyu mukire uri mu bayoboye ku Isi agiye kwinjizwa mu bagize Inama y’Ubutegetsi izarangira muri manda mu 2024.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 11 Mata 2022, hacicikanye amakuru ko uyu munyemari atakibaye umwe mu bagize iyi nama y’ubutegetsi bwa Twitter.

Umuyobozi Mukuru wa Twitter, Parag Agrawal yatangaje ko Elon Musk ubwe ari we wafashe icyemezo cyo kutajya muri iyi nama.

Mu butumwa yatambukije kuri Twitter, Parag Agrawal yagize ati “Elon yafashe icyemezo cyo kutajya mu Nama y’Ubutegetsi yacu.”
Parag Agrawal yavuze ko inama y’Ubutegetsi ya Twitter yagiranye ibiganiro byinshi na Elon byo kuba yajya muri iyi Nama kandi ko bari bizeye ko kuba yazamo byagirira akamaro ubuyobozi bw’uru rubuga rukanarushaho gutera imbere.

Muri ubu butumwa, Parag Agrawal wagarutse ku byari byatangajwe mu cyumweru gishize ko Elon azaba umwe mu bagize inama y’ubutegetsi ku mugabane wa 4/9, yavuze ko “Elon muri iki gitondo yatumenyesheje ko atakinjiye mu nama y’Ubutegtsi.”

Elon has decided not to join our board. I sent a brief note to the company, sharing with you all here. pic.twitter.com/lfrXACavvk

— Parag Agrawal (@paraga) April 11, 2022

Parag Agrawal akomeza avuga ko iki cyemezo kije mu kirengera inyungu zabo ngo kuko “duha agaciro ibyinjizwa n’abafatanyabikorwa bacu baba bari mu nama y’ubutegetsi yacu cyangwa batarimo.”

Avuga ko Elon asanzwe ari umwe mu bafatanyabikorwa b’imena b’uru rubuga kandi ko azakomeza kumuba ndetse n’ibyo yashoraga bikagumaho.

Yagize ati “Hari icyo bihungabanyijeho mu gihe kiri imbere ariko intego ndetse n’ibikorwa dushyize imbere ntibyahindutse.”

Yasoje avuga ko ibi byemezo byose byafashwe ntawe bizahungabanya cyangwa ngo bitere ibibazo ahubwo ko ubuyobozi bwa Twitter bukomeje guhanga amaso ibikorwa byo kuzamura uru rubuga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 12 =

Previous Post

MINIBUMWE yibukije ibibujijwe muri iki cyumweru birimo ubukwe, imikino y’amahirwe no kwerekana imipira

Next Post

Abamaze igihe gito bafunguwe kubera ubujura bafatiwe i Rulindo bavuye kwiba i Gicumbi

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abamaze igihe gito bafunguwe kubera ubujura bafatiwe i Rulindo bavuye kwiba i Gicumbi

Abamaze igihe gito bafunguwe kubera ubujura bafatiwe i Rulindo bavuye kwiba i Gicumbi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.