Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Blinken mu Rwanda yongeye kuvuga ko Rusesabagina atahawe ubutabera buboneye

radiotv10by radiotv10
11/08/2022
in MU RWANDA
0
Blinken mu Rwanda yongeye kuvuga ko Rusesabagina atahawe ubutabera buboneye

Blinke mu Kiganiro n'Abanyamakuru kuri uyu wa Kane

Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America, Antony Blinken uri mu ruzinduko mu Rwanda, yavuze ko mu kiganiro yagiranye na Perezida Paul Kagame bagarutse kuri Paul Rusesabagina, yongera kuvuga ko uyu Munyarwanda ufite uburenganzira bwo gutura muri USA atahawe ubutabera buboneye.

Antony Blinken wageze mu Rwanda mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Kanama 2022, yaje avuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse akaba yarasuye ibindi Bihugu binyuranye byo muri Afurika.

Mbere yuko agira uru ruzunduko, Leta Zunze Ubumwe za America zari zasohoye itangazo ko mu bizazana Blinken mu Rwanda harimo kuganira na Guverino yarwo ku bijyanye na Ruseabagina bemeza ko yafashwe ndetse akagezwa mu Rwanda mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Mu kiganiro yagiranye n’Abanyamakuru kuri uyu wa Kane tariki 11 Kanama 2022, Antony Blinken yavuze ko mu kiganiro yagiranye na Perezida Paul Kagame bagarutse no kuri uriya Munyarwanda ufite uburenganzira bwo gutura muri America [Paul Rusesabagina].

Yavuze ko Igihugu cye cyakomeje kugaragaza impungenge ku rubanza rwa Rusesabagina, ati “Byumwihariko ku kudahabwa ubutabera bunyuze mu mucyo, turakomeza kuganira uburyo hakemurwa imbogamizi zijyanye n’ubutabera yahawe.”

Yagize ati “Nagize amahirwe yo kuganira na Perezida Paul Kagame muri iki gitondo kuri iki kibazo nubwo ntakwinjira mu byo twaganiriye ariko tuzakomeza kubiganiraho kandi nagize amahirwe yo kuvugana n’umuryango wa Rusesabagina mu minsi micye ishize kandi tuzakomeza kuvugana.”

Iki kiganiro cyabaye nyuma y’amasaha macye Perezida Paul Kagame yongeye kuvuga ko iki gitutu amahanga akomeje gushyira ku Rwanda ngo rurekure Rusesabagina, kitazagira icyo gihindura ku byemezo byafashwe n’ubucamanza bw’u Rwanda.

Perezida Kagame wasubije ku butumwa bw’uwibazaga kuri iki gitutu, yavuze ko icyo gitutu “Ibintu nk’ibyo ntabwo bikora hano!!”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta muri iki kiganiro n’Abanyamakuru, yavuze ko Rusesabagina ari Umunyarwanda watawe muri yombi, akaburanishwa hamwe n’abandi bantu 20 bakoze ibyaha bikomeye byakorewe Abanyarwanda.

Biruta wakomeje avuga ko Rusesabagina “Yakoze ibyo byaha atuye muri Leta Zunze Ubumwe za America.”, yavuze koi fatwa rye ndetse no kumucira urubanza byakozwe hubahiriwe amategeko yaba ay’u Rwanda ndetse na mpuzamahanga.

Ati “Ku bw’iyo mpamvu, u Rwanda ruzakomeza guhagarara ku mategeko yacu ndetse n’ibyemezo byafashwe n’ubucamanza bwacu. Ahubwo twasaba abafatanyabikorwa bacu kubaha ubusugire bw’u Rwanda, amategeko y’u Rwanda ndetse n’inzego zarwo.”

Yabivuze mu kiganiro n’Abanyamakuru
Ikiganiro cyarimo Minisitiri Biruta

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − 3 =

Previous Post

Perezida Kagame yakiriye Blinken baganira ku ngingo zirimo ibyo muri DRC

Next Post

Hamenyekanye inkuru nziza kuri Teta Sandra wari urembejwe n’inkoni za Weasel

Related Posts

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye inkuru nziza kuri Teta Sandra wari urembejwe n’inkoni za Weasel

Hamenyekanye inkuru nziza kuri Teta Sandra wari urembejwe n’inkoni za Weasel

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.