Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

BREAKING: Amakuru mashya adasubirwaho ku mukino w’Amavubi na Benin

radiotv10by radiotv10
24/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Impundu zari zigiye kuvuga: Amavubi yihagazeho akagozi gacika mu minota ya nyuma

Ikipe y'u Rwanda yabanje mu kibuga

Share on FacebookShare on Twitter

Bidasubirwaho umukino wo kwishyura hagati y’u Rwanda na Benin, byemejwe ko uzabera mu Rwanda, ariko hazamo impinduka wa Sitade uzaberaho ndetse ukazaba nta bafana bahari.

Ni amakuru aturuka muri Minisiteri ya Siporo, y’umwe mu bayobozi muri iyi Minisiteri wemereye RADIOTV10 iby’aya makuru ko uyu mukino uzabera kuri Kigali Pele Stadium.

Uyu mukino uzaba mu cyumweru gitaha ku wa Kabiri tariki 28 Werurwe 2023 nta bafana baza bari muri sitade nkuko byemezwa n’uyu muyobozi waganirije RADIOTV10.

Nyuma y’aya makuru twamenye kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Werurwe 2023, hahise hasohoka ibaruwa Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yandikiye FERWAFA iyimenyesha iby’iki cyemezo.

Iyi baruwa yanditswe kuri uyu wa Gatanu, igaruka ku cyemezo cyari cyafashwe tariki 21 Werurwe yo kwimura uyu mukino w’u Rwanda na Benin ukabera i Cotonou muri Benin, ivuga ko habayeho kongera gusuzuma iki cyemezo.

CAF itangaza ko mu gusuzuma ubundi buryo bushoboka, ivuga ko habonetse igisubizo cyo gutuma uyu mukino ubera mu Rwanda nkuko byari biteganyijwe “nubwo bidashoboka ko wabera kuri Sitade ya Huye.”

Iyi mpuzamashyirahamwe ikomeza ivuga ko “kubera Kigali Pele Stadium itujuje ibisabwa ku bifasha abakinnyi n’abandi bayijemo.” Uyu mukino wazakinirwa kuri iyi sitade ariko nta bafana bayirimo.

Kigali Pele Stadium igiye kwakira uyu mukino wari watumye hazamuka impaka, iherutse gufungurwa ku mugaragaro na Perezida Paul Kagame ari kumwe na Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), Giani Infantino.

Ni Sitade yari iherutse kuvugururwa kugira ngo ishyirwe ku rwego rw’izigomba kwakira imikino mpuzamaganga, ariko ikaba igifite ibibazo birimo inkingi zayo zituma abafana batabasha kureba umukino neza.

Muri iyi baruwa ya CAF yemera ko uyu mukino uzakinirwa kuri iyi Sitade, ivuga ko iki kibazo kiri no mu byatumye nta bafana bazaba bari muri Sitade.

Wasili UWIZEYIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − four =

Previous Post

Amakuru ashobora kuryohera Abanyarwanda ku mukino w’Amavubi wazamuye impaka

Next Post

Inkuru yihutirwa: Rusesabagina na Sankara barasohoka muri Gereza

Related Posts

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

by radiotv10
08/05/2025
0

Ikipe ya AS Muhanga yaherukaga mu cyiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru mu Rwanda muri 2014 na Gicumbi FC yagiherukagamo muri...

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

by radiotv10
08/05/2025
0

Ubuyozi bw’Umujyi wa Kigali, bugiye gukuraho inkunga bwahaga andi makipe azwi muri ruhago nyarwanda nka Kiyovu Sports na Gasogi United,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

by radiotv10
07/05/2025
0

Myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na Rayon Sports, Ombolenga Fitina yandikiye iyi kipe iherutse kumugura, ayisaba ko basesa amasezerano kubera kutubahiriza...

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

by radiotv10
07/05/2025
0

Ndayishimiye Thierry wakinaga mu bwugarizi bw’ikipe ya AS Kigali, yahagaritse gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga, aho yerecyeje ku Mugabane w’u...

Volleyball: Amakipe aherutse guhagararira u Rwanda mu mikino nyafurika agiye guhurira mikino y’ishiraniro

Volleyball: Amakipe aherutse guhagararira u Rwanda mu mikino nyafurika agiye guhurira mikino y’ishiraniro

by radiotv10
02/05/2025
0

Mu mikino ya kamarampaka (Playoffs) yo gushaka ikipe izegukana igikombe cya Shampiyona ya 2024-2025 muri Volleyball, mu cyiciro cy’abakobwa, ikipe...

IZIHERUKA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa
MU RWANDA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

08/05/2025
IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

08/05/2025
Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

08/05/2025
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru yihutirwa: Rusesabagina na Sankara barasohoka muri Gereza

Inkuru yihutirwa: Rusesabagina na Sankara barasohoka muri Gereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.