Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

BREAKING: Amakuru mashya adasubirwaho ku mukino w’Amavubi na Benin

radiotv10by radiotv10
24/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Impundu zari zigiye kuvuga: Amavubi yihagazeho akagozi gacika mu minota ya nyuma

Ikipe y'u Rwanda yabanje mu kibuga

Share on FacebookShare on Twitter

Bidasubirwaho umukino wo kwishyura hagati y’u Rwanda na Benin, byemejwe ko uzabera mu Rwanda, ariko hazamo impinduka wa Sitade uzaberaho ndetse ukazaba nta bafana bahari.

Ni amakuru aturuka muri Minisiteri ya Siporo, y’umwe mu bayobozi muri iyi Minisiteri wemereye RADIOTV10 iby’aya makuru ko uyu mukino uzabera kuri Kigali Pele Stadium.

Uyu mukino uzaba mu cyumweru gitaha ku wa Kabiri tariki 28 Werurwe 2023 nta bafana baza bari muri sitade nkuko byemezwa n’uyu muyobozi waganirije RADIOTV10.

Nyuma y’aya makuru twamenye kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Werurwe 2023, hahise hasohoka ibaruwa Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yandikiye FERWAFA iyimenyesha iby’iki cyemezo.

Iyi baruwa yanditswe kuri uyu wa Gatanu, igaruka ku cyemezo cyari cyafashwe tariki 21 Werurwe yo kwimura uyu mukino w’u Rwanda na Benin ukabera i Cotonou muri Benin, ivuga ko habayeho kongera gusuzuma iki cyemezo.

CAF itangaza ko mu gusuzuma ubundi buryo bushoboka, ivuga ko habonetse igisubizo cyo gutuma uyu mukino ubera mu Rwanda nkuko byari biteganyijwe “nubwo bidashoboka ko wabera kuri Sitade ya Huye.”

Iyi mpuzamashyirahamwe ikomeza ivuga ko “kubera Kigali Pele Stadium itujuje ibisabwa ku bifasha abakinnyi n’abandi bayijemo.” Uyu mukino wazakinirwa kuri iyi sitade ariko nta bafana bayirimo.

Kigali Pele Stadium igiye kwakira uyu mukino wari watumye hazamuka impaka, iherutse gufungurwa ku mugaragaro na Perezida Paul Kagame ari kumwe na Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), Giani Infantino.

Ni Sitade yari iherutse kuvugururwa kugira ngo ishyirwe ku rwego rw’izigomba kwakira imikino mpuzamaganga, ariko ikaba igifite ibibazo birimo inkingi zayo zituma abafana batabasha kureba umukino neza.

Muri iyi baruwa ya CAF yemera ko uyu mukino uzakinirwa kuri iyi Sitade, ivuga ko iki kibazo kiri no mu byatumye nta bafana bazaba bari muri Sitade.

Wasili UWIZEYIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

Amakuru ashobora kuryohera Abanyarwanda ku mukino w’Amavubi wazamuye impaka

Next Post

Inkuru yihutirwa: Rusesabagina na Sankara barasohoka muri Gereza

Related Posts

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

IZIHERUKA

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima
MU RWANDA

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru yihutirwa: Rusesabagina na Sankara barasohoka muri Gereza

Inkuru yihutirwa: Rusesabagina na Sankara barasohoka muri Gereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.