• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Monday, June 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

BREAKING: Amasezerano ya America na Iran yagezweho anateganya ifungurwa rya Hormuz

radiotv10by radiotv10
15/06/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
BREAKING: Amasezerano ya America na Iran yagezweho anateganya ifungurwa rya Hormuz
Share on FacebookShare on Twitter

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran, bageze ku masezerano yo guhagarika burundu intambara yari imaze igihe, no gufungura umuhora wa Hormuz ufungurwe, ukazongera gukora nk’uko byahoze.

Aya masezerano kandi yanemejwe n’Umuhuza, Guverinoma ya Pakistan. Minisitiri w’Intebe wa Pakisitani, Shehbaz Sharif, yavuze ko “amasezerano y’amahoro” hagati ya America na Iran yagezweho kandi ko “ubu hateganyijwe” umuhango wo gusinya amasezerano ku wa Gatanu mu Busuwisi.

Shehbaz Sharif yatangaje kandi ko ibikorwa by’intambara byose byariho birimo n’ibyo muri Lebanon, bihagarara ku bw’aya masezerano yagezweho hagati ya America na Iran.

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, avuga ko amasezerano na Iran “yagezweho”, ndetse anaangaza ko ubutegetsi bwe bhagaritse ibikorwa by’igisirikare cyo mu mazi byariho mu muhora wa Hormuz.

Muri ubu butumwa bwe, Perezida Trump yavuze ko yemeye ko umuhora wa Hormuz ufungurwa mu buryo bwuzuye ndetse bikanajyanirana no gukuraho byihuse Ingabo zirwanira mu mazi za Leta Zunze Ubumwe za America.

Trump kandi yavuze ko ubu amato y’ibikomoka kuri Peteroli, agiye gutambuka nta nkomyi. Ati “Amato y’Isi, ubu yatangira kugendera. Mureke habeho urujya n’uruza rw’ibikomoka kuri Peteroli.”

 

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka

Ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byahise bigabanuka nyuma yuko Perezida Donald Trump avuze ko amasezerano na Iran yagezweho kandi ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zizahagarika ibikorwa bya gisirikare mu mazi.

Igiciro cya Peteroli idatunganyije (Brent crude) cyahise kigabanukaho 3,9% kigera ku madolari 84 $ ku kagunguru, mu gihe muri Leta Zunze Ubumwe za America cyagabanutseho 4,8% kikagera ku madolari 81$.

Abasesenguzi bavuga ko iki giciro nigikomeza guhagarara kuri uru rwego, igiciro cy’ibikomoka kuri Peteroli kizagera munsi y’icyariho mbere ya tariki 04 Werurwe 2026 mbere y’iminsi micye ngo intambara itangire.

Mu gihe hateganijwe ko amasezerano azagerwaho mu mpera z’iki cyumweru, peteroli yagabanutse igera munsi ya 90$ ku kagunguru ku giciro cyariho ku wa Gatanu, igabanuka ryo hejuru ribayeho kuva mu cyumweru cya mbere cy’intambara.

Gusa abasesenguzi bavuga ko hakiri urugendo rurerure rwo kuba igiciro cyagabanuka kikagera munsi y’amadolari 70$ byariho mbere yuko Leta Zunze Ubumwe za America na Iran batangiza intambara kuri Iran muri Gashyantare uyu mwaka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + nine =

Previous Post

Haravugwa iki nyuma yuko Police FC yirukanye umutoza wayo

Next Post

Rubavu: Hari abamaze imyaka irenga 10 bategereje inkunga bemerewe nk’abatishoboye

Related Posts

America yashyize hanze amashusho y’uburyo yishe ukuriye agatsiko k’iterabwoba ko muri Venezuela

America yashyize hanze amashusho y’uburyo yishe ukuriye agatsiko k’iterabwoba ko muri Venezuela

by radiotv10
13/06/2026
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America yatangaje ko igisirikare cy’Igihugu cye cyishe Niño Guerrero wari ukuriye agatsiko...

Gen.Muhoozi yahaye integuza y’akaga gashobora kuba ku bacancuro b’abazungu bari muri Congo

Abacancuro bafasha FARDC bongeye kuvugwa mu mirwano yakajije umurego muri Congo

by radiotv10
12/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko uruhande bahanganye rurimo n’abacancuro b’abanyamahanga, rwongereye umurego mu...

Breaking: Iran yatangaje ifungwa ryuzuye rya Hormuz nyuma yo gushotorwa na America

Breaking: Iran yatangaje ifungwa ryuzuye rya Hormuz nyuma yo gushotorwa na America

by radiotv10
11/06/2026
0

Igisirikare cya Iran cyatangaje ko cyafunze mu buryo bwuzuye inzira ya Hormuz nyuma yuko habayeho ibitero bishya bya Leta Zunze...

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Burundi batangiye gukemanga amatora ya Perezida ateganyijwe

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Burundi batangiye gukemanga amatora ya Perezida ateganyijwe

by radiotv10
11/06/2026
0

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi, baravuga ko bafite impungenge ko amatora y’Umukuru w’Igihugu azaba umwaka utaha, ashobora kuzabamo amakosa, kuko...

Icyo Umuvugizi wa M23 avuga ku bihano America yamufatiye rimwe na Gen.(Rtd) Kabarebe

AFC/M23 yamaganiye kure raporo ya HRW yongeye no kuzamo ibinyoma ku Ngabo z’u Rwanda

by radiotv10
10/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryamaganiye kure raporo y’Umuryango Mpuzamahanga Uharanira Uburenganzira bwa Muntu HRW,...

Next Post
Rubavu: Hari abamaze imyaka irenga 10 bategereje inkunga bemerewe nk’abatishoboye

Rubavu: Hari abamaze imyaka irenga 10 bategereje inkunga bemerewe nk'abatishoboye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Rubavu: Hari abamaze imyaka irenga 10 bategereje inkunga bemerewe nk’abatishoboye

BREAKING: Amasezerano ya America na Iran yagezweho anateganya ifungurwa rya Hormuz

Haravugwa iki nyuma yuko Police FC yirukanye umutoza wayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.