Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BREAKING: Ndimbati agizwe umwere urukiko rutegetse ko afungurwa

radiotv10by radiotv10
29/09/2022
in MU RWANDA
0
BREAKING: Ndimbati agizwe umwere urukiko rutegetse ko afungurwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wa Film Jean Bosco Uwihoreye uzwi nka Ndimbati, wari ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana, agizwe umwere n’Urukiko, rutegeka ko afungurwa.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwasomye icyemezo cyarwo ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 29 Nzeri 2022, ku isaha zishyira saa cyenda n’imino miro ingo ine (15:40′), intego y’Urukiko yari yinjiye mu cyumba cy’iburanisha.

Umucamanza wagarutse ku byaburanyweho mu rubanza rwo mu mizi rwabaye 13 Nzeri 2022 aho Ubushinjacyaha bwari bwamusabiye gufungwa 1/4 cy’ikinyejana (imyaka 25).

Jean Bosco Uwihoreye yari akurikiranyweho icyaha cyo kunywesha umwana inzoga ndetse n’icyo gusambanya umwana utaruzuza imyaka y’ubukure.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwasomye umwanzuro warwo ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane, ruvuga ibimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha bishidikanywaho kuko harimo kwivuguruza.

Ifishi yakingiriweho ari na yo yabaye ikimenyetso cyatanzwe n’Ubushinjacyaha, yanditseho ko umukobwa wasambanyijwe na Uwihoreye (Ndimbati) yavutse tariki 04 Kamena 2002 mu gihe ku irangamuntu handitseho ko yavutse tariki ya 01 Mutarama 2002.

Umucamanza kandi yavuze ko itariki ivugwa ko uregwa yasambaniyeho n’umukobwa yateye inda [Kabahizi Fridaus] ishidikanywaho kuko uregwa yagaragaje ko baryamanye tariki 02 Mutarama 2020 mu gihe Ubushinjacyaha bwavugaga ko ari ku ya 24 Ukuboza.

Ku cyaha cyo cyo kunywesha umwana inzoga, Urukiko rwavuze ko nta cyemezo cyatanzwe na muganga, kigaragaza ko uriya mukobwa koko yasindishijwe bityo ko ntaho rwahera ruhamya icyaha uregwa.

Umucamanza yahise yanzura ko uregwa ahita arekurwa kuko nta cyaha na kimwe kimuhama mu byo yari akurikiranyweho.

Mu iburanisha ryo mu mizi, Ndimbati ubwo yahabwaga umwanya ngo yisobanure, yongeye kuvuga ko yagambaniwe, mu rwego rwo gushaka indonke kuko hari abantu bagiye mu matwi Kabahizi bakamushuka ngo amwake Miliyoni 5 Frw.

Yongeye kugaruka kandi ku munyamakuru wakoresheje ikiganiro Kabahizi, akaza kumuhamagara amusaba miliyoni 2 Frw ndetse akamubwira ko natazimuha, amushyira hanze.

Kasper TUYISHIME
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

Rubavu: Hatahuwe ibisasu byari bitabye mu gace kigeze kubonekamo ibindi 50

Next Post

Trump agaragaje icyari gutuma rutambikana hagati y’u Burusiya na Ukraine

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Trump agaragaje icyari gutuma rutambikana hagati y’u Burusiya na Ukraine

Trump agaragaje icyari gutuma rutambikana hagati y’u Burusiya na Ukraine

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.