Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

BREAKING: Zahinduye imirishyo muri Guverinoma ya Kenya

radiotv10by radiotv10
12/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
BREAKING: Zahinduye imirishyo muri Guverinoma ya Kenya
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Kenya, William Ruto, yirukanye Abaminisitiri bose muri Guverinoma ye, nyuma y’igihe muri iki Gihugu hari imyigaragambyo ikomeye.

Ni amakuru yamenyekanye muri uyu mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 11 Nyakanga 2024, nyuma y’uko muri iki Gihugu hamaze igihe hari imyigaragambyo y’abamagana Guverinoma.

Visi Perezida Rigathi Gachagua, ndetse na Minisitiri w’Intebe Musalia Mudavadi, bagumye mu nshingano zabo nk’uko byatangajwe na Perezida.

Perezida William Ruto yasezeranyije Abanya-Kenya ko Guverinoma nshya izashyirwaho, izakemura ibibazo byose n’impungenge by’abaturage bari bamaze iminsi bari mu myigaragambyo.

Perezida wa Kenya kandi yanirukanye Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, avuga ko za Minisiteri ziba ziyobowe n’Abanyamabanga Bahoraho bazo.

Perezida William Ruto yatangarije abanyamakuru bo mu Biro by’Umukuru w’Igihugu i Nairobi, ko iki cyemezo cyaje gikurikira, “igenzura n’isesenguramakuru ryimbitse.”

Ruto yagize ati “Nubwo hari byinshi twagezeho, byangaragarije ko Abanya-Kenya bafite byinshi bantezeho, kandi bafitiye icyizere ubu buyobozi ko bushobora kuzana impinduka zidasanzwe mu mateka y’Igihugu cyacu.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 2 =

Previous Post

IFOTO Y’UMUNSI: Kagame yatunguye umwana muto wari wambariye byuzuye umuryango FPR-Inkotanyi

Next Post

Hamenyekanye igihano cyakatiwe umusore washinjwaga guhangara umunyacyubahiro muri Uganda akoresheje TikTok

Related Posts

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

by radiotv10
27/01/2026
0

Abajenerali barimo Maj Gen Sylvain Ekenge, wahoze ari Umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) baravugwa nk’abatangabuhamya mu...

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

by radiotv10
27/01/2026
0

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’u Buhinde batangaje amasezerano akomeye y’ubucuruzi nyuma y’imyaka hafi 20 y’ibiganiro byagiye bihagarara kenshi, mu gihe...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

by radiotv10
27/01/2026
0

The AFC/M23 coalition that is against the government of the Democratic Republic of Congo, announced that it is never going...

IZIHERUKA

Simple steps you can follow to build real confidence
MU RWANDA

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

28/01/2026
Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

28/01/2026
Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

28/01/2026
Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye igihano cyakatiwe umusore washinjwaga guhangara umunyacyubahiro muri Uganda akoresheje TikTok

Hamenyekanye igihano cyakatiwe umusore washinjwaga guhangara umunyacyubahiro muri Uganda akoresheje TikTok

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple steps you can follow to build real confidence

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.