Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Bruce Melodie yasabye urubyiruko gutekereza ku hazaza h’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
04/02/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO, IMIBEREHO MYIZA, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, POLITIKI, POLITIKI
0
Bruce Melodie yasabye urubyiruko gutekereza ku hazaza h’u Rwanda

Bruce Melodie yashishikarije urubyiruko kubyaza umusaruro amahirwe bahabwa n'igihugu

Share on FacebookShare on Twitter

Bruce Melodie uri mu batanze ibiganiro muri Rwanda Day 2024, yageneye impanuro urubyiruko rw’u Rwanda, arusaba gutangira gutekereza k’u Rwanda rw’ahazaza ndetse bagaharanira no kuba urugero rwiza mu byo bakora.

Uyu muhanzi umaze kuba icyamamare ku rwego mpuzamahanga, yabigarutseho ubwo yatangaga ikigarino ari kumwe na Masai Ujiri, Umuyobozi wa Giants of Africa akaba na Perezida wa Toronto Raptors, Clare Akamanzi Umuyobozi wa NBA Africa, na Eugene Ubalijoro, Umuyobozi wa Molson Coors.

Aba bose batangaga ikiganiro cyagarukaga ku iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda, binyuze mu mikino n’imyidagaduro.

Bruce Melodie yabanje kugaragaza akamaro k’ibikorwa remezo Igihugu cyubatse, mu rwego rwo gushyigikira no guteza imbere urwego rw’imyidagaduro mu Rwanda, bitewe no kuba mu bihe byashize byagoraga abahanzi kuba babona ahantu heza kandi hisanzuye hanajyanye n’igihe, bashoboraga gutegurira ibitaramo.

Yagarutse ku gitaramo yakoze cyo kwizihiza imyaka 10 amaze yinjiye mu muziki by’umwuga, avuga ko bitari kumworohera iyo haba hatari igikorwa remezo nka BK Arena, cyaje guteza imbere imyidagaduro mu Rwanda.

Ati “Muribuka ubwo nateguraga igitaramo cyo kwizihiza imyaka 10 maze ninjiye muri uyu mwuga muri BK Arena, ni bwo natekereje ko imyidagaduro yacu yamaze igihe kirekire itegereje iki kintu. Ibikorwa remezo by’imyidagaduro bishyira Igihugu cyacu ku ruhando mpuzamahanga.”

Uyu muhanzi usanzwe ari na Ambasaderi wa BK Arena yavuze kandi ko kuba hari ibi bikorwa remezo, bituma abasura u Rwanda bitewe n’ibyo baje kuhakorera bituma basubira aho baturutse, hari icyo basubiranyeyo haba umuco w’u Rwanda ndetse no kwamamaza umuziki w’Igihugu.

Bruce Melodie yahise anahishura ko ubu yatangiye gukorera muri Hollywood, biturutse ku kuba hari umugabo witwa Steve, wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, wumvise indirimbo ze ubwo yari i Kigali, akazikunda ndetse bikarangira yifuje ko batangira gukorana kugeza ubwo amuhuje na Shaggy bagasubiranamo indirimbo.

Uyu muhanzi w’imyaka 32, yagize inama agenera urubyiruko rw’u Rwanda agendeye ku ijambo ‘U Rwanda rw’ejo’ yajyaga yumva kera akiri muto, akibwira ko agifite igihe cyo gukura, arusaba kubyaza umusaruro amahirwe Igihugu kibafitiye.

Yagize ati “Ndashaka kubwira urubyiruko ruri hano, twakundaga kumva ijambo ‘U Rwanda rw’ejo’, ngahora nibwira ko hakiri igihe cyo gukura, ariko ubu nitwe Rwanda, Ejo harageze. Uyu munsi dufite ubushobozi bwo gutekereza u Rwanda rw’ahazaza, no kuba urugero rwiza.”

Bruce Melodie si we wagaragaje gusa akamaro k’ibikorwa remezo mu myidagaduro, kuko byashimangiwe na Clare Akamanzi, wavuze ko ibikorwa remezo by’imikino n’imyidagaduro bifasha Igihugu mu iterambere.

Akamanzi yagaragaje ko ibyo bikorwa remezo bishobora gufasha Igihugu kwinjiza amafaranga bigafasha mu kuzamura ubukungu, abantu benshi bakahabonera imirimo.

RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − twelve =

Previous Post

Umufana wavugishije benshi kubera ibyamugaragayeho bwa mbere yabivuzeho

Next Post

“Wava mu Rwanda ukajya aho ushaka hose, ariko u Rwanda ntiruzakuvamo” – Perezida Kagame

Related Posts

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

As 2026 approaches, many young people in Kigali are quietly shifting priorities. Beyond career goals, side hustles and social media...

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

by radiotv10
30/12/2025
0

Ishami rya Polisi ya Nigeria Rishinzwe umutekano wo mu muhanda (FRSC) ryemeje ko umuvuduko ukabije no kunyuranaho ari byo byateje...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

IZIHERUKA

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out
IMIBEREHO MYIZA

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

30/12/2025
Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
“Wava mu Rwanda ukajya aho ushaka hose, ariko u Rwanda ntiruzakuvamo” – Perezida Kagame

“Wava mu Rwanda ukajya aho ushaka hose, ariko u Rwanda ntiruzakuvamo” – Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.