Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Undi mwana wa Perezida Kagame yarangije amasomo ya gisirikare mu Ishuri ryanyuzemo abazwi ku Isi

radiotv10by radiotv10
14/12/2024
in MU RWANDA
0
Undi mwana wa Perezida Kagame yarangije amasomo ya gisirikare mu Ishuri ryanyuzemo abazwi ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Brian Kagame, umuhererezi mu muryango wa Perezida Paul Kagame, na we yarangije amasomo ya gisirikare mu ishuri ryo mu Bwongereza rya Royal Military Academy Sandhurst ryanarangijemo mukuru we, Ian Kagame, rikaba ryaranyuzemo abakomeye ku Isi, barimo Ibikomangoma by’Ubwami bw’u Bwongereza, bakaba abahungu b’Umwami Charles III.

Amakuru yo kuba Brian Kagame yarangije muri iri shuri ryo mu Bwongereza, yatangajwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri iki Gihugu, Johnston Busingye, mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Ukuboza 2024.

Amb. Busingye ubwo yifurizaga ishya n’ihirwe Brian Kagame, yagize ati “Ibirori binogeye ijisho by’akarasisi ko kurangiza amasomo muri Royal Sandhurst Military Academy, mu Bwongereza uyu munsi. Ndagushimiye Ofisiye muto Brian Kagame. Igihugu gitewe ishema nawe. Turakwifuriza ibyiza.”

Amafoto yashyizwe hanze na Amb. Busingye, agaragaza ko ibirori byo kurangiza kwa Brian Kagame, byitabiriwe na Madamu Jeannette Kagame, ndetse na bakuru ba Brian Kagame, Yvan Cyomoro Kagame na Ian Kagame umaze imyaka ibiri arangije muri iri shuri, bari kumwe kandi na David Nsengiyumva na we warangirije rimwe na Ian.

Muri Kanama 2022, Ian Kagame ni bwo na we yari yarangije amasomo ya gisirikare muri iri shuri rya Royal Military Academy Sandhurst, aho bari barangijemo ari Abanyarwanda batatu, we na David Nsengiyumva na Park Udahemuka.

Iri shuri kandi ryizemo ibikomangoma by’Ubwami bw’u Bwongereza, Prince William na Harry, bakaba abahungu b’Umwami Charles III.

Abandi bize muri iri shuri bazwi, ni Muammar Muhammad Abu Minyar al-Gaddafi wabaye Perezida wa Libya, unazwi cyane mu guharanira ukwigira kwa Afurika.

Brian Kagame yarangiye muri iri shuri ry’ibigwi
Madamu Jeannette Kagame yitabiriye ibi birori
Ian Kagame na bakuru be

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + seven =

Previous Post

U Bufaransa bwabonye Minisitiri w’Intebe mushya ubaye wa kane mu mwaka umwe

Next Post

Huye: Igisubizo kidahagije gihabwa abambuwe amafaranga y’akazi bakoreye Ikigo Nderabuzima

Related Posts

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Huye: Igisubizo kidahagije gihabwa abambuwe amafaranga y’akazi bakoreye Ikigo Nderabuzima

Huye: Igisubizo kidahagije gihabwa abambuwe amafaranga y’akazi bakoreye Ikigo Nderabuzima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.