Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BUGESERA: Baravoma amazi y’igishanga nk’amahitamo ya nyuma

radiotv10by radiotv10
17/09/2021
in MU RWANDA
0
BUGESERA: Baravoma amazi y’igishanga nk’amahitamo ya nyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abaturage bo mu mirenge ya Mareba na Musenyi yo mu karere ka Bugesera ikora ku gishanga cya Mareba kinarimo ikiyaga cya Cyohoha, bavuga ko baherutse bahabwa robinet mu ngo bakagira ngo baciye ukubiri n’amazi adasukuye, ariko ngo babona amazi rimwe mu cyumweru, indi minsi bagashoka igishanga cya Mareba gihuza iyi mirenge yombi.

Iki ni ikibazo aba baturage bavuga ko atari icy’uyu munsi, kuko ngo hashize igihe bahawe amazi ariko akaba aza rimwe cyangwa kabiri mu cyumweru, ibituma bayoboka igishaka bakahavoma amazi bakoresha, ndetse ngo ntibatinya no kuyanywa.

Umwe muri aba baturage witwa Mukarukundo Rachel, avuga ko ari gacye cyane babona amazi mu mavomero( Robine) yo mu ngo, ngo kuko aza kabiri mu cyumweru cy’iminsi irindwi yose.

Ati:” Amazi aza rimwe cyangwa se kabiri mu cyumweru, ku buryo nyine iyo twayabuze aribwo tuza hano mu gishanga kuvoma ayo dukoresha mu rugo…..nta kidasanzwe kirimo kuko bimaze igihe, hari ubwo rero amazi aza tukavoma, ayo twavomye agashira andi ataragaruka, icyo gihe tuvoma igishanga tukayateka, kugirango tuyakoreshe tunayanywe.”

Undi muturage waganiriye n’umunyamakuru wa Radio/TV10, ati: “ Iki gishanga, gihuza umurenge wa Mareba na Musenyi. Rero kenshi cyane abaturutse mu midugudu ituriye iki gishanga bavoma amazi yacyo, ahanini bitewe n’uko amazi adakunda kuboneka. Amazi aza kuwa Gatandatu no ku cyumweru, ubundi indi minsi ntayaba ahari.”

Bavuga ko kuba imiyoboro y’amazi mungo ihari byo ari ukuri, ariko ngo ikibazo ni uko iminsi iyi miyoboro irangwamo amazi ibaze.

Nk’uko umunyarwanda yabivuze, ngo amazi meza ni isoko y’ubuzima.

Ibi ni nabyo bituma aba baturage bavuga ko kugira ubuzima bwiza bidashoboka, bitewe n’uko aya mazi bavoma mu gishanga cya Mareba, ashorwamo amatungo akahuhirirwa, ubundi akogerezwamo ibinyabiziga.

Ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera, ntibwemeranywa n’aba baturage, kuko ngo ahari imiyoboro mizima hose hagera amazi.

Umwali Angelique, ni umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu mu karere ka Bugesera.

Ati:” Mu by’ukuri ntitwavuga ko imirenge yose igize aka karere yagezemo amazi ijana ku ijana, kuko nk’akarere kari kamaze imyaka irenga hafi icumi kadafite amazi, karimo imiyoboro gusa, imwe yarazibye turimo turayisibura, aho atari naho turimo turagerageza kuhaca imiyoboro y’amazi, kuko hari ikeneye gusanwa, hakaba ikeneye gusimbuzwa, hakaba n’aho bikenewe ko hashyirwa imiyoboro itari ihasanzwe. Ibyo rero nibyo turimo gukora kugira ngo abaturage bose babone amazi, ariko aho agera arahagera bakayabona, bityo ubu turi gushyira imbaraga mu kugeza ya miyoboro aho itari, kugira ngo abanyarwanda bose babashe kubona amazi kandi meza.”

Ikibazo cy’abaturage binubira kutagira amazi meza hafi n’ahari imiyoboro y’amazi akaba aheruka kuhagera itahwa, ni ikibazo gikunze kumvikana hirya no hino mu gihugu.

Nyamara Leta y’u Rwanda ifite intego y’uko mu mwaka w’2024 buri munyarwanda azaba abona amazi meza ahoraho hafi ye.

Intego kandi ni uko abayafite mu rugo batazongera kuyabura, abatayafite mu rugo bo mu cyaro bakayabona nibura kuri 500m, mugihe abo mu mijyi bo ngo bazayabona kuri 200m uvuye aho batuye.

Inkuru ya: Assoumani Twahirwa/RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − six =

Previous Post

Kubungabunga akayunguruzo k’imirasire y’izuba ni inshingano za buri muntu

Next Post

KICUKIRO: Hatangiye ubukangurambaga bugamije kurwanya COVID-19 ku rwego rw’umudugugu

Related Posts

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

by radiotv10
26/01/2026
0

Humans often copy each other without realizing it. We copy accents, gestures, emotions, and even habits. This behavior is natural...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

IZIHERUKA

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba
AMAHANGA

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

by radiotv10
26/01/2026
0

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

26/01/2026
Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

26/01/2026
Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
KICUKIRO: Hatangiye ubukangurambaga bugamije kurwanya COVID-19 ku rwego rw’umudugugu

KICUKIRO: Hatangiye ubukangurambaga bugamije kurwanya COVID-19 ku rwego rw’umudugugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.