Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BUGESERA: Baravoma amazi y’igishanga nk’amahitamo ya nyuma

radiotv10by radiotv10
17/09/2021
in MU RWANDA
0
BUGESERA: Baravoma amazi y’igishanga nk’amahitamo ya nyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abaturage bo mu mirenge ya Mareba na Musenyi yo mu karere ka Bugesera ikora ku gishanga cya Mareba kinarimo ikiyaga cya Cyohoha, bavuga ko baherutse bahabwa robinet mu ngo bakagira ngo baciye ukubiri n’amazi adasukuye, ariko ngo babona amazi rimwe mu cyumweru, indi minsi bagashoka igishanga cya Mareba gihuza iyi mirenge yombi.

Iki ni ikibazo aba baturage bavuga ko atari icy’uyu munsi, kuko ngo hashize igihe bahawe amazi ariko akaba aza rimwe cyangwa kabiri mu cyumweru, ibituma bayoboka igishaka bakahavoma amazi bakoresha, ndetse ngo ntibatinya no kuyanywa.

Umwe muri aba baturage witwa Mukarukundo Rachel, avuga ko ari gacye cyane babona amazi mu mavomero( Robine) yo mu ngo, ngo kuko aza kabiri mu cyumweru cy’iminsi irindwi yose.

Ati:” Amazi aza rimwe cyangwa se kabiri mu cyumweru, ku buryo nyine iyo twayabuze aribwo tuza hano mu gishanga kuvoma ayo dukoresha mu rugo…..nta kidasanzwe kirimo kuko bimaze igihe, hari ubwo rero amazi aza tukavoma, ayo twavomye agashira andi ataragaruka, icyo gihe tuvoma igishanga tukayateka, kugirango tuyakoreshe tunayanywe.”

Undi muturage waganiriye n’umunyamakuru wa Radio/TV10, ati: “ Iki gishanga, gihuza umurenge wa Mareba na Musenyi. Rero kenshi cyane abaturutse mu midugudu ituriye iki gishanga bavoma amazi yacyo, ahanini bitewe n’uko amazi adakunda kuboneka. Amazi aza kuwa Gatandatu no ku cyumweru, ubundi indi minsi ntayaba ahari.”

Bavuga ko kuba imiyoboro y’amazi mungo ihari byo ari ukuri, ariko ngo ikibazo ni uko iminsi iyi miyoboro irangwamo amazi ibaze.

Nk’uko umunyarwanda yabivuze, ngo amazi meza ni isoko y’ubuzima.

Ibi ni nabyo bituma aba baturage bavuga ko kugira ubuzima bwiza bidashoboka, bitewe n’uko aya mazi bavoma mu gishanga cya Mareba, ashorwamo amatungo akahuhirirwa, ubundi akogerezwamo ibinyabiziga.

Ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera, ntibwemeranywa n’aba baturage, kuko ngo ahari imiyoboro mizima hose hagera amazi.

Umwali Angelique, ni umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu mu karere ka Bugesera.

Ati:” Mu by’ukuri ntitwavuga ko imirenge yose igize aka karere yagezemo amazi ijana ku ijana, kuko nk’akarere kari kamaze imyaka irenga hafi icumi kadafite amazi, karimo imiyoboro gusa, imwe yarazibye turimo turayisibura, aho atari naho turimo turagerageza kuhaca imiyoboro y’amazi, kuko hari ikeneye gusanwa, hakaba ikeneye gusimbuzwa, hakaba n’aho bikenewe ko hashyirwa imiyoboro itari ihasanzwe. Ibyo rero nibyo turimo gukora kugira ngo abaturage bose babone amazi, ariko aho agera arahagera bakayabona, bityo ubu turi gushyira imbaraga mu kugeza ya miyoboro aho itari, kugira ngo abanyarwanda bose babashe kubona amazi kandi meza.”

Ikibazo cy’abaturage binubira kutagira amazi meza hafi n’ahari imiyoboro y’amazi akaba aheruka kuhagera itahwa, ni ikibazo gikunze kumvikana hirya no hino mu gihugu.

Nyamara Leta y’u Rwanda ifite intego y’uko mu mwaka w’2024 buri munyarwanda azaba abona amazi meza ahoraho hafi ye.

Intego kandi ni uko abayafite mu rugo batazongera kuyabura, abatayafite mu rugo bo mu cyaro bakayabona nibura kuri 500m, mugihe abo mu mijyi bo ngo bazayabona kuri 200m uvuye aho batuye.

Inkuru ya: Assoumani Twahirwa/RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 2 =

Previous Post

Kubungabunga akayunguruzo k’imirasire y’izuba ni inshingano za buri muntu

Next Post

KICUKIRO: Hatangiye ubukangurambaga bugamije kurwanya COVID-19 ku rwego rw’umudugugu

Related Posts

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
KICUKIRO: Hatangiye ubukangurambaga bugamije kurwanya COVID-19 ku rwego rw’umudugugu

KICUKIRO: Hatangiye ubukangurambaga bugamije kurwanya COVID-19 ku rwego rw’umudugugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.