Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BUGESERA: Baravoma amazi y’igishanga nk’amahitamo ya nyuma

radiotv10by radiotv10
17/09/2021
in MU RWANDA
0
BUGESERA: Baravoma amazi y’igishanga nk’amahitamo ya nyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abaturage bo mu mirenge ya Mareba na Musenyi yo mu karere ka Bugesera ikora ku gishanga cya Mareba kinarimo ikiyaga cya Cyohoha, bavuga ko baherutse bahabwa robinet mu ngo bakagira ngo baciye ukubiri n’amazi adasukuye, ariko ngo babona amazi rimwe mu cyumweru, indi minsi bagashoka igishanga cya Mareba gihuza iyi mirenge yombi.

Iki ni ikibazo aba baturage bavuga ko atari icy’uyu munsi, kuko ngo hashize igihe bahawe amazi ariko akaba aza rimwe cyangwa kabiri mu cyumweru, ibituma bayoboka igishaka bakahavoma amazi bakoresha, ndetse ngo ntibatinya no kuyanywa.

Umwe muri aba baturage witwa Mukarukundo Rachel, avuga ko ari gacye cyane babona amazi mu mavomero( Robine) yo mu ngo, ngo kuko aza kabiri mu cyumweru cy’iminsi irindwi yose.

Ati:” Amazi aza rimwe cyangwa se kabiri mu cyumweru, ku buryo nyine iyo twayabuze aribwo tuza hano mu gishanga kuvoma ayo dukoresha mu rugo…..nta kidasanzwe kirimo kuko bimaze igihe, hari ubwo rero amazi aza tukavoma, ayo twavomye agashira andi ataragaruka, icyo gihe tuvoma igishanga tukayateka, kugirango tuyakoreshe tunayanywe.”

Undi muturage waganiriye n’umunyamakuru wa Radio/TV10, ati: “ Iki gishanga, gihuza umurenge wa Mareba na Musenyi. Rero kenshi cyane abaturutse mu midugudu ituriye iki gishanga bavoma amazi yacyo, ahanini bitewe n’uko amazi adakunda kuboneka. Amazi aza kuwa Gatandatu no ku cyumweru, ubundi indi minsi ntayaba ahari.”

Bavuga ko kuba imiyoboro y’amazi mungo ihari byo ari ukuri, ariko ngo ikibazo ni uko iminsi iyi miyoboro irangwamo amazi ibaze.

Nk’uko umunyarwanda yabivuze, ngo amazi meza ni isoko y’ubuzima.

Ibi ni nabyo bituma aba baturage bavuga ko kugira ubuzima bwiza bidashoboka, bitewe n’uko aya mazi bavoma mu gishanga cya Mareba, ashorwamo amatungo akahuhirirwa, ubundi akogerezwamo ibinyabiziga.

Ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera, ntibwemeranywa n’aba baturage, kuko ngo ahari imiyoboro mizima hose hagera amazi.

Umwali Angelique, ni umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu mu karere ka Bugesera.

Ati:” Mu by’ukuri ntitwavuga ko imirenge yose igize aka karere yagezemo amazi ijana ku ijana, kuko nk’akarere kari kamaze imyaka irenga hafi icumi kadafite amazi, karimo imiyoboro gusa, imwe yarazibye turimo turayisibura, aho atari naho turimo turagerageza kuhaca imiyoboro y’amazi, kuko hari ikeneye gusanwa, hakaba ikeneye gusimbuzwa, hakaba n’aho bikenewe ko hashyirwa imiyoboro itari ihasanzwe. Ibyo rero nibyo turimo gukora kugira ngo abaturage bose babone amazi, ariko aho agera arahagera bakayabona, bityo ubu turi gushyira imbaraga mu kugeza ya miyoboro aho itari, kugira ngo abanyarwanda bose babashe kubona amazi kandi meza.”

Ikibazo cy’abaturage binubira kutagira amazi meza hafi n’ahari imiyoboro y’amazi akaba aheruka kuhagera itahwa, ni ikibazo gikunze kumvikana hirya no hino mu gihugu.

Nyamara Leta y’u Rwanda ifite intego y’uko mu mwaka w’2024 buri munyarwanda azaba abona amazi meza ahoraho hafi ye.

Intego kandi ni uko abayafite mu rugo batazongera kuyabura, abatayafite mu rugo bo mu cyaro bakayabona nibura kuri 500m, mugihe abo mu mijyi bo ngo bazayabona kuri 200m uvuye aho batuye.

Inkuru ya: Assoumani Twahirwa/RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + six =

Previous Post

Kubungabunga akayunguruzo k’imirasire y’izuba ni inshingano za buri muntu

Next Post

KICUKIRO: Hatangiye ubukangurambaga bugamije kurwanya COVID-19 ku rwego rw’umudugugu

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

Imibare yababanye myinshi ku mibereho yabo nyuma y’iyangirika rikabije ry’igishanga kibafatiye runini

Imibare yababanye myinshi ku mibereho yabo nyuma y’iyangirika rikabije ry’igishanga kibafatiye runini

by radiotv10
27/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Karere ka Huye baravuga ko igishanga cya Mukura cyari kibafatiye runini mu mibereho ya buri munsi,...

IZIHERUKA

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora
IMYIDAGADURO

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

by radiotv10
27/01/2026
0

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

27/01/2026
Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
KICUKIRO: Hatangiye ubukangurambaga bugamije kurwanya COVID-19 ku rwego rw’umudugugu

KICUKIRO: Hatangiye ubukangurambaga bugamije kurwanya COVID-19 ku rwego rw’umudugugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.