Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bumvaga ko Umupaka nufungurwa ibiciro bizagabanuka none byarushijeho gutambagira

radiotv10by radiotv10
16/02/2022
in MU RWANDA
0
Bumvaga ko Umupaka nufungurwa ibiciro bizagabanuka none byarushijeho gutambagira
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage n’abacuruzi biganjemo abo mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko bacyumva ko Umupaka wa Gatuna ugiye gufungurwa bahise bumva ko ibicuruzwa bigiye kuboneka n’ibiciro byabyo bikagabanuka ariko ngo byahumiye ku mirari birushaho gutumbagira.

Hashize ibyumweru bibiri Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda, ufunguye, gusa si buri wese wemerewe kwambuka ajya cyangwa ava muri Uganda uretse imodoka nini zipakiye ibicuruzwa.

Benshi mu baturarwanda bacyumva ifungurwa ry’uyu mupaka, uretse guhita bumva ko ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda bigana ku musozo, bahise banatekereza ku bicuruzwa bimaze igihe byaratumbagiye kubera ko hari byinshi byaturukaga muri Uganda.

Aba baturage barimo n’abacuruzi bavuga ko kugeza ubu ibiciro bitigeze bimanuka ahubwo ko aho umupaka ufunguriwe byarushijeho kuzamuka.

Umwe mu bacuruzi bo mu Mujyi wa Kigali, avuga ko acyumva ko uyu mupaka ugiye gufungirwa yahise ahagarika kurangura kugira ngo azasubireyo ibicuruzwa byarabonetse ariko ko yasubiyeyo nyuma y’ifungurwa ry’umupaka agakubitwa n’inkuba.

Yagize ati “Kuva umupaka bavuga ngo bagiye kuwufungura, ibintu byaruriye. Njye naravuze ngo ngiye kuba ndetse kurangura ncuruze ibyari birimo, ubwo nkaba nzi ko wenda tuzakubitana n’ibintu byaramanutse, nsubiyeyo ahubwo nsanga byararushijeho.”
Aba bacuruzi bavuga ko mu bicuruzwa bafite ubu nta na kimwe cyaturutse muri Uganda, bakavuga ko batazi niba ko hari n’ibiri kwambuka biza mu Rwanda.

Undi mucuruzi ati “Hari ikintu cyavuye muri Uganda ubona hano [avuga iduka rye]. Ibiiro biracyari bya bindi ntibiramanuka, ahubwo n’iyo usubiyeyo usanga icyo waranguye mu cyumweru gishize kiyongeeyeho nka Magana abiri, ubwo se urumva hari icyaje.”
Uyu mucuruzi avuga ko byabateranyije n’abakiliya, ati “Umukiliya araza akakubwira ngo ‘ibintu byaraje kuki ibintu bigihenze?’ none se urumva tudafite ikibazo cy’abalikiya?”

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yagerageje kuvugisha Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, gusa mu buryo bwose yakoresheje, nta gisubizo yigeze ahabwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

France: Bidasubirwaho dosiye ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana yafunzwe burundu

Next Post

Kigali: Bapakiye imifuka 25 ya Caguwa barenzaho amatafari bafatwa bataragera ku mugambi

Related Posts

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’
IMIBEREHO MYIZA

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Bapakiye imifuka 25 ya Caguwa barenzaho amatafari bafatwa bataragera ku mugambi

Kigali: Bapakiye imifuka 25 ya Caguwa barenzaho amatafari bafatwa bataragera ku mugambi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.