Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bumvaga ko Umupaka nufungurwa ibiciro bizagabanuka none byarushijeho gutambagira

radiotv10by radiotv10
16/02/2022
in MU RWANDA
0
Bumvaga ko Umupaka nufungurwa ibiciro bizagabanuka none byarushijeho gutambagira
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage n’abacuruzi biganjemo abo mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko bacyumva ko Umupaka wa Gatuna ugiye gufungurwa bahise bumva ko ibicuruzwa bigiye kuboneka n’ibiciro byabyo bikagabanuka ariko ngo byahumiye ku mirari birushaho gutumbagira.

Hashize ibyumweru bibiri Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda, ufunguye, gusa si buri wese wemerewe kwambuka ajya cyangwa ava muri Uganda uretse imodoka nini zipakiye ibicuruzwa.

Benshi mu baturarwanda bacyumva ifungurwa ry’uyu mupaka, uretse guhita bumva ko ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda bigana ku musozo, bahise banatekereza ku bicuruzwa bimaze igihe byaratumbagiye kubera ko hari byinshi byaturukaga muri Uganda.

Aba baturage barimo n’abacuruzi bavuga ko kugeza ubu ibiciro bitigeze bimanuka ahubwo ko aho umupaka ufunguriwe byarushijeho kuzamuka.

Umwe mu bacuruzi bo mu Mujyi wa Kigali, avuga ko acyumva ko uyu mupaka ugiye gufungirwa yahise ahagarika kurangura kugira ngo azasubireyo ibicuruzwa byarabonetse ariko ko yasubiyeyo nyuma y’ifungurwa ry’umupaka agakubitwa n’inkuba.

Yagize ati “Kuva umupaka bavuga ngo bagiye kuwufungura, ibintu byaruriye. Njye naravuze ngo ngiye kuba ndetse kurangura ncuruze ibyari birimo, ubwo nkaba nzi ko wenda tuzakubitana n’ibintu byaramanutse, nsubiyeyo ahubwo nsanga byararushijeho.”
Aba bacuruzi bavuga ko mu bicuruzwa bafite ubu nta na kimwe cyaturutse muri Uganda, bakavuga ko batazi niba ko hari n’ibiri kwambuka biza mu Rwanda.

Undi mucuruzi ati “Hari ikintu cyavuye muri Uganda ubona hano [avuga iduka rye]. Ibiiro biracyari bya bindi ntibiramanuka, ahubwo n’iyo usubiyeyo usanga icyo waranguye mu cyumweru gishize kiyongeeyeho nka Magana abiri, ubwo se urumva hari icyaje.”
Uyu mucuruzi avuga ko byabateranyije n’abakiliya, ati “Umukiliya araza akakubwira ngo ‘ibintu byaraje kuki ibintu bigihenze?’ none se urumva tudafite ikibazo cy’abalikiya?”

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yagerageje kuvugisha Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, gusa mu buryo bwose yakoresheje, nta gisubizo yigeze ahabwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

France: Bidasubirwaho dosiye ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana yafunzwe burundu

Next Post

Kigali: Bapakiye imifuka 25 ya Caguwa barenzaho amatafari bafatwa bataragera ku mugambi

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Bapakiye imifuka 25 ya Caguwa barenzaho amatafari bafatwa bataragera ku mugambi

Kigali: Bapakiye imifuka 25 ya Caguwa barenzaho amatafari bafatwa bataragera ku mugambi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.