Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Burera: Abimuwe ku Kirwa ngo bahabimuye mu bitekerezo ariko imitima yabo iracyariyo

radiotv10by radiotv10
31/08/2022
in MU RWANDA
0
Burera: Abimuwe ku Kirwa ngo bahabimuye mu bitekerezo ariko imitima yabo iracyariyo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bimuwe ku Kirwa cya Birwa bagatuzwa mu mudugudu w’ikitegererezo wa Birwa mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Burera, bavuga ko mu bitekerezo bakibereye ku Kirwa cyabo kuko nubundi ibyo bakenera byose babisanga aho bari batuye.

Aba baturage bimuwe muri iki Kirwa cya Birwa kiri mu Kiyaga cya Burera, bakajya gutuzwa mu mudugudu uri mu Kagari ka Rurembo, bavuga ko kwimurwa ahubwo byabashyize mu ihurizo kuko kujya kuri iki Kirwa bibasaba ubushobozi.

Umwe ati “Twambukira mu bwato twahawe na Leta kandi ubwo bwato busaba amafaranga, kwambuka ni amafaranga magana atanu (500Frw).”

Bavuga kandi ko abageze mu zabukuru bo hiyongeraho n’imvune zo kuba bafite intege nke kandi bagomba kurya ari uko babanje kugera kuri iki Kirwa.

Undi ati “Harimo abakecuru bafite imyaka 70, 80 bafite intege nke, urabona ko kugira ngo bambuke bagere hakurya y’amazi birabagora dore ko kugira ngo barye babone n’ibibatunga birabarushya cyane.”

Avuga ko banorojwe inka ubwo batuzwaga muri uyu mudugudu w’ikitegererezo kandi ko na zo kugira ngo zibashe kubona ubwatsi bibasaba kujya ku kirwa.

Akomeza agira ati “Zirya ari uko twambutse, natwe ubwacu tukarya ari uko twambutse.”

Bavuga ko nubwo bimuwe babwirwa ko ari ku bw’umutekano wabo kuko bari batuye ahashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga, ariko ko ubu ari bwo buri mu kaga kurusha uko bari babayeho.

Undi akomeza agira ati “Ugereranyije ahubwo akaga kariyongereye kuruta uko twari dutuye mu Birwa, tugituye mu Birwa wambukaga ari uko uremye isoko cyangwa warwaye ugiye kwa muganga, ari uko ubu bwo twambuka buri gihe kuko imibereho iratugoye kuko turya ari uko twambutse.”

Akomeza avuga ko hari n’abajya bagwa mu mugezi, bakabakuramo bamerewe nabi.

Ati “Ubu mu bitekerezo byacu dusa nk’aho dutuye mu kiyaga. Twimuwe ku mubiri ariko mu bitekerezo ntitwimuwe kuko iyo urebye usanga ari ukwambuka bya buri munsi, urumva ko nta n’iterambere twageraho.”

Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Uwanyirigira Marie Chantal avuga ko aba baturage ntakibazo na kimwe bafite kuko nubwo bakora izo ngenda za buri munsi ariko bafite umutekano.

Ati “Ntakibazo gihari kuko bakoresha ubwato bugezweho bwa kijyambere kandi na marine (ingabo z’Igihugu zishinzwe umutekano wo mu mazi) badufasha gikomeza gucunga umutekano w’ikiyaga.”

Uyu muyobozi yaboneyeho gusaba aba baturage kujya bubahiriza amabwiriza mu gihe bari mu bwato, bakirinda kurenza umubare.

Ikirwa bimuweho nubundi ni cyo bagikuraho ibibatunga
Bambuka buri munsi bajyayo gushaka ibyabatunga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 7 =

Previous Post

Byamenyekanye ko dosiye ya Bamporiki imaze iminsi yararegewe Ubushinjacyaha

Next Post

Huye: Abagabo bane bakekwaho kwica umusaza w’imyaka 68 bavuze icyo bamuhoye

Related Posts

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

IZIHERUKA

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda
MU RWANDA

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Huye: Abagabo bane bakekwaho kwica umusaza w’imyaka 68 bavuze icyo bamuhoye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.