Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Burera: Abimuwe ku Kirwa ngo bahabimuye mu bitekerezo ariko imitima yabo iracyariyo

radiotv10by radiotv10
31/08/2022
in MU RWANDA
0
Burera: Abimuwe ku Kirwa ngo bahabimuye mu bitekerezo ariko imitima yabo iracyariyo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bimuwe ku Kirwa cya Birwa bagatuzwa mu mudugudu w’ikitegererezo wa Birwa mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Burera, bavuga ko mu bitekerezo bakibereye ku Kirwa cyabo kuko nubundi ibyo bakenera byose babisanga aho bari batuye.

Aba baturage bimuwe muri iki Kirwa cya Birwa kiri mu Kiyaga cya Burera, bakajya gutuzwa mu mudugudu uri mu Kagari ka Rurembo, bavuga ko kwimurwa ahubwo byabashyize mu ihurizo kuko kujya kuri iki Kirwa bibasaba ubushobozi.

Umwe ati “Twambukira mu bwato twahawe na Leta kandi ubwo bwato busaba amafaranga, kwambuka ni amafaranga magana atanu (500Frw).”

Bavuga kandi ko abageze mu zabukuru bo hiyongeraho n’imvune zo kuba bafite intege nke kandi bagomba kurya ari uko babanje kugera kuri iki Kirwa.

Undi ati “Harimo abakecuru bafite imyaka 70, 80 bafite intege nke, urabona ko kugira ngo bambuke bagere hakurya y’amazi birabagora dore ko kugira ngo barye babone n’ibibatunga birabarushya cyane.”

Avuga ko banorojwe inka ubwo batuzwaga muri uyu mudugudu w’ikitegererezo kandi ko na zo kugira ngo zibashe kubona ubwatsi bibasaba kujya ku kirwa.

Akomeza agira ati “Zirya ari uko twambutse, natwe ubwacu tukarya ari uko twambutse.”

Bavuga ko nubwo bimuwe babwirwa ko ari ku bw’umutekano wabo kuko bari batuye ahashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga, ariko ko ubu ari bwo buri mu kaga kurusha uko bari babayeho.

Undi akomeza agira ati “Ugereranyije ahubwo akaga kariyongereye kuruta uko twari dutuye mu Birwa, tugituye mu Birwa wambukaga ari uko uremye isoko cyangwa warwaye ugiye kwa muganga, ari uko ubu bwo twambuka buri gihe kuko imibereho iratugoye kuko turya ari uko twambutse.”

Akomeza avuga ko hari n’abajya bagwa mu mugezi, bakabakuramo bamerewe nabi.

Ati “Ubu mu bitekerezo byacu dusa nk’aho dutuye mu kiyaga. Twimuwe ku mubiri ariko mu bitekerezo ntitwimuwe kuko iyo urebye usanga ari ukwambuka bya buri munsi, urumva ko nta n’iterambere twageraho.”

Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Uwanyirigira Marie Chantal avuga ko aba baturage ntakibazo na kimwe bafite kuko nubwo bakora izo ngenda za buri munsi ariko bafite umutekano.

Ati “Ntakibazo gihari kuko bakoresha ubwato bugezweho bwa kijyambere kandi na marine (ingabo z’Igihugu zishinzwe umutekano wo mu mazi) badufasha gikomeza gucunga umutekano w’ikiyaga.”

Uyu muyobozi yaboneyeho gusaba aba baturage kujya bubahiriza amabwiriza mu gihe bari mu bwato, bakirinda kurenza umubare.

Ikirwa bimuweho nubundi ni cyo bagikuraho ibibatunga
Bambuka buri munsi bajyayo gushaka ibyabatunga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 16 =

Previous Post

Byamenyekanye ko dosiye ya Bamporiki imaze iminsi yararegewe Ubushinjacyaha

Next Post

Huye: Abagabo bane bakekwaho kwica umusaza w’imyaka 68 bavuze icyo bamuhoye

Related Posts

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

As 2026 approaches, many young people in Kigali are quietly shifting priorities. Beyond career goals, side hustles and social media...

IZIHERUKA

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben
IMYIDAGADURO

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

by radiotv10
31/12/2025
0

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Huye: Abagabo bane bakekwaho kwica umusaza w’imyaka 68 bavuze icyo bamuhoye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.