Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Burera: Abimuwe ku Kirwa ngo bahabimuye mu bitekerezo ariko imitima yabo iracyariyo

radiotv10by radiotv10
31/08/2022
in MU RWANDA
0
Burera: Abimuwe ku Kirwa ngo bahabimuye mu bitekerezo ariko imitima yabo iracyariyo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bimuwe ku Kirwa cya Birwa bagatuzwa mu mudugudu w’ikitegererezo wa Birwa mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Burera, bavuga ko mu bitekerezo bakibereye ku Kirwa cyabo kuko nubundi ibyo bakenera byose babisanga aho bari batuye.

Aba baturage bimuwe muri iki Kirwa cya Birwa kiri mu Kiyaga cya Burera, bakajya gutuzwa mu mudugudu uri mu Kagari ka Rurembo, bavuga ko kwimurwa ahubwo byabashyize mu ihurizo kuko kujya kuri iki Kirwa bibasaba ubushobozi.

Umwe ati “Twambukira mu bwato twahawe na Leta kandi ubwo bwato busaba amafaranga, kwambuka ni amafaranga magana atanu (500Frw).”

Bavuga kandi ko abageze mu zabukuru bo hiyongeraho n’imvune zo kuba bafite intege nke kandi bagomba kurya ari uko babanje kugera kuri iki Kirwa.

Undi ati “Harimo abakecuru bafite imyaka 70, 80 bafite intege nke, urabona ko kugira ngo bambuke bagere hakurya y’amazi birabagora dore ko kugira ngo barye babone n’ibibatunga birabarushya cyane.”

Avuga ko banorojwe inka ubwo batuzwaga muri uyu mudugudu w’ikitegererezo kandi ko na zo kugira ngo zibashe kubona ubwatsi bibasaba kujya ku kirwa.

Akomeza agira ati “Zirya ari uko twambutse, natwe ubwacu tukarya ari uko twambutse.”

Bavuga ko nubwo bimuwe babwirwa ko ari ku bw’umutekano wabo kuko bari batuye ahashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga, ariko ko ubu ari bwo buri mu kaga kurusha uko bari babayeho.

Undi akomeza agira ati “Ugereranyije ahubwo akaga kariyongereye kuruta uko twari dutuye mu Birwa, tugituye mu Birwa wambukaga ari uko uremye isoko cyangwa warwaye ugiye kwa muganga, ari uko ubu bwo twambuka buri gihe kuko imibereho iratugoye kuko turya ari uko twambutse.”

Akomeza avuga ko hari n’abajya bagwa mu mugezi, bakabakuramo bamerewe nabi.

Ati “Ubu mu bitekerezo byacu dusa nk’aho dutuye mu kiyaga. Twimuwe ku mubiri ariko mu bitekerezo ntitwimuwe kuko iyo urebye usanga ari ukwambuka bya buri munsi, urumva ko nta n’iterambere twageraho.”

Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Uwanyirigira Marie Chantal avuga ko aba baturage ntakibazo na kimwe bafite kuko nubwo bakora izo ngenda za buri munsi ariko bafite umutekano.

Ati “Ntakibazo gihari kuko bakoresha ubwato bugezweho bwa kijyambere kandi na marine (ingabo z’Igihugu zishinzwe umutekano wo mu mazi) badufasha gikomeza gucunga umutekano w’ikiyaga.”

Uyu muyobozi yaboneyeho gusaba aba baturage kujya bubahiriza amabwiriza mu gihe bari mu bwato, bakirinda kurenza umubare.

Ikirwa bimuweho nubundi ni cyo bagikuraho ibibatunga
Bambuka buri munsi bajyayo gushaka ibyabatunga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 3 =

Previous Post

Byamenyekanye ko dosiye ya Bamporiki imaze iminsi yararegewe Ubushinjacyaha

Next Post

Huye: Abagabo bane bakekwaho kwica umusaza w’imyaka 68 bavuze icyo bamuhoye

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Huye: Abagabo bane bakekwaho kwica umusaza w’imyaka 68 bavuze icyo bamuhoye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.