Tuesday, May 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Burera: Inzu y’ubucuruzi yafashwe n’inkongi ihiramo uwari wayirayemo n’ibyarimo byose

radiotv10by radiotv10
02/05/2022
in MU RWANDA
0
Burera: Inzu y’ubucuruzi yafashwe n’inkongi ihiramo uwari wayirayemo n’ibyarimo byose
Share on FacebookShare on Twitter

Imiryango irindwi (7) y’inzu y’ubucuruzi iherereye mu isatenere ya Nyanga mu Kagari ka Ntaruka mu Murenge wa Kinoni mu Karere ka Burera, yafashwe n’inkongi y’imuririmo irashya irakongoka ndetse n’ibyari birimo byose n’umuntu umwe wahiriyemo agakomereka cyane.

Bamwe mu batuye muri aka gace, babwiye RADIOTV10 KO Iyi nkongi yabaye mu rukerero rwo kuri uyu wa Mbere tariki 02 Gucurasi 2022, ubwo iyi nzu yafatwaga n’inkongi abantu bose bakiryamye.

Iyi nzu y’ubucuruzi iri mu isantere ya Nyanga iherereye mu Kagari Ntaruka, yafashwe n’iyi nkongi ahagana saa cyenda z’igitondo (03:00’).

Abaturage batuye muri aka gace, bazindukiye kuri iyi nyubako yakongotse, babwiye RADIOTV10 ko basanze ibyari muri iyi nzu byose byahiriyemo ku buryo abacuruzi bayikoreragamo batagize icyo baramura.

Iyi nkongi yafashe iyi nzu abantu bakiryamye ndetse nta bucuruzi buri gukorerwa muri iyi nzu, yakomerekeje umuntu umwe wari usanzwe akorera muri iyi nzu akanayiraramo, wahiriyemo agakomereka cyane.

Uyu muntu umwe wakomerekejwe n’iyi nkongi, yahise ajyanwa kuvurirwa mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali CHUK.

Dusengimana Potien usanzwe usanzwe akorera muri iyi santere, yabwiye RADIOTV10 ko batazi icyateye iyi nkongi y’umuriro, ariko ko bagiye kubona bakabona umwotsi uracumbye, ubundi bahita babona umuriro watangiye kugurumana.

Uyu muturage unafitanye isano n’uwahiriyemo, yavuze ko uyu wari waraye muri iyi nzu yabanje kubura uko avamo ariko akaza gusohokamo yahiye cyane umubiri wose.

Avuga ko abacuruzi bose bakoreraga muri iyi nyubako, nta n’umwe wagize icyo aramuramo kuko ibyarimo byose byahiriyemo.

Ati “Hari Electronic, hari abari bafite serivisi z’irembo bagera kuri babiri, hari n’abandi bacuruzaga ibijyanye n’ibinyobwa za kantine, abo bose byahiye, ibintu byabo nta na kimwe baramuyemo.”

Uyu muturage avuga ko ubwo iyi nkongi yari yakomeye cyane, bihutiye kuhagera bagateramo imicanga n’ibindi byose bagerageza kuzimya ariko ko umuriro wari wamaze kuba mwinshi.

Kubera igihe iyi nkongi yabereye, nta modoka za Polisi zizimya umuriro zabashije kuhagerera igihe ari na byo byatumye abatuye muri aka gace basaba kwegerezwa serivisi zo kuzimya inkongi kuko kizimyamoto yageze aha inkongi yamaze kwangiza byinshi.

Ibyarimo byose byahiriyemo birakongoka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 11 =

Previous Post

AMAFOTO: Madamu J.Kagame na Ian na Brian Kagame bakoranye Siporo n’abitabiriye MissRwanda

Next Post

Urupfu rw’uwakusanyirizwaga inkunga yo kujya kwivuza rwashenguye benshi

Related Posts

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yavuze ko nta kibazo afitanye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame kubera ibiherutse...

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje gukorwa ku nzego zinyuranye...

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyatangajwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America byo guhagarikira inkunga Ibihugu bya Afurika,...

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irafungura ku mugaragaro Ambasade yayo mu Gihugu cya Hongrie cyo ku Mugabane w’u Burayi, hanabe ibiganiro hagati...

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame ari i Abidjan muri Côte d’Ivoire aho yagiye kwifatanya na bagenzi be bo ku Mugabane wa Afurika...

IZIHERUKA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo
MU RWANDA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

12/05/2025
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urupfu rw’uwakusanyirizwaga inkunga yo kujya kwivuza rwashenguye benshi

Urupfu rw'uwakusanyirizwaga inkunga yo kujya kwivuza rwashenguye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.