Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Burundi: Hari ahavugwa abagabo bagize ihungabana batewe n’abagore babo kubera ibyo babakorera

radiotv10by radiotv10
21/03/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Burundi: Hari ahavugwa abagabo bagize ihungabana batewe n’abagore babo kubera ibyo babakorera
Share on FacebookShare on Twitter

Raporo y’Umuryango utari uwa Leta ‘Hommes en Détresse’ wo mu Burundi, igaragaza ko abagabo 199 bo mu Ntara ya Kayanza, bagize ihungabana batewe n’ihohoterwa bakorerwa n’abagore babo, barimo n’umwe wishwe n’agahinda gakabije.

Iyi raporo isohotse mu gihe muri iki cyumweru hizihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Abagabo wizihizwa tariki 18 Werurwe.

Amakuru dukesha ikinyamakuru SOS Médias Burundi, avuga ko Umuryango utari uwa Leta, uzwi nka Hommes en Détresse, ugaragaza ko abagabo 199 bo mu Ntara ya Kayanza mu Majyaruguru y’u Burundi, bagize ihahamuka batewe n’ibyo bakorewe n’abagore babo.

Boniface Nduwimana, Umuyobozi Mukuru w’uyu Muryango utari uwa Leta; yavuze ko imwe mu mpamvu nyamukuru y’iri hohoterwa rikorerwa abagabo, harimo amakimbirane ashingiye ku butaka ndetse no kubana mu buryo butemewe n’amategeko.

Yavuze ko bamwe mu bagore bakorera abagabo babo ihohoterwa yaba iryo mu mitekerereze ndetse no ku mubiri, bituma bamwe mu bagabo binjira mu gahinda gakabije.

Yagize ati “Hari abagabo basuzuhurwa, bakorerwa ihohoterwa ryo mu magambo ndetse n’iryo ku mubiri bakorerwa n’abagore babo. Bamwe binatuma bagira agahinda gakabije, rero twagiye twakira n’ibibazo nk’ibyo bikomeye, birimo n’umwe wapfuye.”

Uyu Muryango utari uwa Leta, Hommes en Détresse wasabye ubuyobozi bw’u Burundi, gushyiraho itegeko ryihari rirengera uburenganzira bw’abagabo mu muryango.

Boniface Nduwimana yavuze ko haramutse hashyizweho iri tegeko, byatuma imyumvire yo guhishira ihohoterwa rikorerwa abagabo ihagarara, rikarushaho kuzamura uburinganire mu miryango.

Ati “Ntabwo dushobora kuvuga iterambere rirambye mu gihe umuryango ufite ibibazo. Kugira uburenganzira bungana ntibivuze kurinda abagore gusa, ahubwo bigomba no kumvikana ko n’abagabo barindwa ihohoterwa rikorerwa mu ngo.”

Mu Burundi, hakomeje kumvikana abagabo bahohoterwa n’abagore babo, ariko bakaba batabihingutsa kuko baba bumva biteye ipfunwe.

Kimwe no mu Rwanda, imwe mu miryango itari iya Leta ndetse n’inzego zinyuranye, zakomeje kugira inama abagabo kutihagararaho igihe bahohotewe n’abagore babo, ahubwo ko bakwiye kujya babivuga kugira ngo uwo bigaragara ko yabikoze abibazwe n’amategeko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + seventeen =

Previous Post

Polisi y’u Rwanda yungutse Abapolisi bafite ubumenyi bwihariye mu gucunga umutekano wo mu mazi

Next Post

Nyagatare: Ubushyamirane bwaturutse kuri Sim Card bwatumye humvikana inkuru y’akababaro

Related Posts

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ryemeye gukura abasirikare baryo mu Mujyi wa...

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Hakomeje kongerwa abasirikare benshi b’Igihugu cy’u Burundi n’intwaro za rutura ku mupaka wacyo n’u Rwanda, byumwihariko mu gace ka Gasenyi-Nemba...

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

by radiotv10
15/12/2025
0

Abanyekongo bahungiye i Bujumbura mu Burundi n’abari bagiyeyo ku bw’impamvu zinyuranye mbere yuko Umujyi wa Uvira ufatwa na AFC/M23, baravuga...

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Imodoka yo mu bwoko bwa Bisi ya sosiyete itwara abagenzi ya Trinity Express yavaga i Kampala muri Uganda yerecyeza i...

Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo

Eng.-Burundian troops and heavy weapons have been deployed along the country’s border with Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Reports indicate that Burundi continues to reinforce its border with Rwanda by deploying large numbers of troops and heavy weapons,...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

by radiotv10
16/12/2025
0

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

15/12/2025
Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyagatare: Ubushyamirane bwaturutse kuri Sim Card bwatumye humvikana inkuru y’akababaro

Nyagatare: Ubushyamirane bwaturutse kuri Sim Card bwatumye humvikana inkuru y'akababaro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.