Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Burundi: Hari ahavugwa abagabo bagize ihungabana batewe n’abagore babo kubera ibyo babakorera

radiotv10by radiotv10
21/03/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Burundi: Hari ahavugwa abagabo bagize ihungabana batewe n’abagore babo kubera ibyo babakorera
Share on FacebookShare on Twitter

Raporo y’Umuryango utari uwa Leta ‘Hommes en Détresse’ wo mu Burundi, igaragaza ko abagabo 199 bo mu Ntara ya Kayanza, bagize ihungabana batewe n’ihohoterwa bakorerwa n’abagore babo, barimo n’umwe wishwe n’agahinda gakabije.

Iyi raporo isohotse mu gihe muri iki cyumweru hizihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Abagabo wizihizwa tariki 18 Werurwe.

Amakuru dukesha ikinyamakuru SOS Médias Burundi, avuga ko Umuryango utari uwa Leta, uzwi nka Hommes en Détresse, ugaragaza ko abagabo 199 bo mu Ntara ya Kayanza mu Majyaruguru y’u Burundi, bagize ihahamuka batewe n’ibyo bakorewe n’abagore babo.

Boniface Nduwimana, Umuyobozi Mukuru w’uyu Muryango utari uwa Leta; yavuze ko imwe mu mpamvu nyamukuru y’iri hohoterwa rikorerwa abagabo, harimo amakimbirane ashingiye ku butaka ndetse no kubana mu buryo butemewe n’amategeko.

Yavuze ko bamwe mu bagore bakorera abagabo babo ihohoterwa yaba iryo mu mitekerereze ndetse no ku mubiri, bituma bamwe mu bagabo binjira mu gahinda gakabije.

Yagize ati “Hari abagabo basuzuhurwa, bakorerwa ihohoterwa ryo mu magambo ndetse n’iryo ku mubiri bakorerwa n’abagore babo. Bamwe binatuma bagira agahinda gakabije, rero twagiye twakira n’ibibazo nk’ibyo bikomeye, birimo n’umwe wapfuye.”

Uyu Muryango utari uwa Leta, Hommes en Détresse wasabye ubuyobozi bw’u Burundi, gushyiraho itegeko ryihari rirengera uburenganzira bw’abagabo mu muryango.

Boniface Nduwimana yavuze ko haramutse hashyizweho iri tegeko, byatuma imyumvire yo guhishira ihohoterwa rikorerwa abagabo ihagarara, rikarushaho kuzamura uburinganire mu miryango.

Ati “Ntabwo dushobora kuvuga iterambere rirambye mu gihe umuryango ufite ibibazo. Kugira uburenganzira bungana ntibivuze kurinda abagore gusa, ahubwo bigomba no kumvikana ko n’abagabo barindwa ihohoterwa rikorerwa mu ngo.”

Mu Burundi, hakomeje kumvikana abagabo bahohoterwa n’abagore babo, ariko bakaba batabihingutsa kuko baba bumva biteye ipfunwe.

Kimwe no mu Rwanda, imwe mu miryango itari iya Leta ndetse n’inzego zinyuranye, zakomeje kugira inama abagabo kutihagararaho igihe bahohotewe n’abagore babo, ahubwo ko bakwiye kujya babivuga kugira ngo uwo bigaragara ko yabikoze abibazwe n’amategeko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 8 =

Previous Post

Polisi y’u Rwanda yungutse Abapolisi bafite ubumenyi bwihariye mu gucunga umutekano wo mu mazi

Next Post

Nyagatare: Ubushyamirane bwaturutse kuri Sim Card bwatumye humvikana inkuru y’akababaro

Related Posts

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

by radiotv10
26/01/2026
0

U Buhindi bwizihije umunsi w’ubwigenge uzwi nka ‘Republic Day’ waranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo akarasisi kamukiwemo n’intwaro zirimo izikomeye. Ni ibirori...

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

by radiotv10
26/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko igisirikare cye kitigeze gikubita umugore w’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi...

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

by radiotv10
26/01/2026
0

Mu bigo by’amashuri yisumbuye mu Gihugu cy’u Burundi muri Komini ya Gatara n’iya Kayanza, mu Ntara ya Butanyerera, haravugwa indwara...

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyagatare: Ubushyamirane bwaturutse kuri Sim Card bwatumye humvikana inkuru y’akababaro

Nyagatare: Ubushyamirane bwaturutse kuri Sim Card bwatumye humvikana inkuru y'akababaro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.