Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Burundi: Hari ahavugwa abagabo bagize ihungabana batewe n’abagore babo kubera ibyo babakorera

radiotv10by radiotv10
21/03/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Burundi: Hari ahavugwa abagabo bagize ihungabana batewe n’abagore babo kubera ibyo babakorera
Share on FacebookShare on Twitter

Raporo y’Umuryango utari uwa Leta ‘Hommes en Détresse’ wo mu Burundi, igaragaza ko abagabo 199 bo mu Ntara ya Kayanza, bagize ihungabana batewe n’ihohoterwa bakorerwa n’abagore babo, barimo n’umwe wishwe n’agahinda gakabije.

Iyi raporo isohotse mu gihe muri iki cyumweru hizihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Abagabo wizihizwa tariki 18 Werurwe.

Amakuru dukesha ikinyamakuru SOS Médias Burundi, avuga ko Umuryango utari uwa Leta, uzwi nka Hommes en Détresse, ugaragaza ko abagabo 199 bo mu Ntara ya Kayanza mu Majyaruguru y’u Burundi, bagize ihahamuka batewe n’ibyo bakorewe n’abagore babo.

Boniface Nduwimana, Umuyobozi Mukuru w’uyu Muryango utari uwa Leta; yavuze ko imwe mu mpamvu nyamukuru y’iri hohoterwa rikorerwa abagabo, harimo amakimbirane ashingiye ku butaka ndetse no kubana mu buryo butemewe n’amategeko.

Yavuze ko bamwe mu bagore bakorera abagabo babo ihohoterwa yaba iryo mu mitekerereze ndetse no ku mubiri, bituma bamwe mu bagabo binjira mu gahinda gakabije.

Yagize ati “Hari abagabo basuzuhurwa, bakorerwa ihohoterwa ryo mu magambo ndetse n’iryo ku mubiri bakorerwa n’abagore babo. Bamwe binatuma bagira agahinda gakabije, rero twagiye twakira n’ibibazo nk’ibyo bikomeye, birimo n’umwe wapfuye.”

Uyu Muryango utari uwa Leta, Hommes en Détresse wasabye ubuyobozi bw’u Burundi, gushyiraho itegeko ryihari rirengera uburenganzira bw’abagabo mu muryango.

Boniface Nduwimana yavuze ko haramutse hashyizweho iri tegeko, byatuma imyumvire yo guhishira ihohoterwa rikorerwa abagabo ihagarara, rikarushaho kuzamura uburinganire mu miryango.

Ati “Ntabwo dushobora kuvuga iterambere rirambye mu gihe umuryango ufite ibibazo. Kugira uburenganzira bungana ntibivuze kurinda abagore gusa, ahubwo bigomba no kumvikana ko n’abagabo barindwa ihohoterwa rikorerwa mu ngo.”

Mu Burundi, hakomeje kumvikana abagabo bahohoterwa n’abagore babo, ariko bakaba batabihingutsa kuko baba bumva biteye ipfunwe.

Kimwe no mu Rwanda, imwe mu miryango itari iya Leta ndetse n’inzego zinyuranye, zakomeje kugira inama abagabo kutihagararaho igihe bahohotewe n’abagore babo, ahubwo ko bakwiye kujya babivuga kugira ngo uwo bigaragara ko yabikoze abibazwe n’amategeko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

Polisi y’u Rwanda yungutse Abapolisi bafite ubumenyi bwihariye mu gucunga umutekano wo mu mazi

Next Post

Nyagatare: Ubushyamirane bwaturutse kuri Sim Card bwatumye humvikana inkuru y’akababaro

Related Posts

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Mu rubanza ruburanishwa n’Urukiko Rukuru rwa Gitega mu Burundi ruregwamo abantu 16 baregwa ibikorwa byo kuryamana kw’abahuje ibitsina rwavutsemo impaka...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa yavuze ko kuba iri Huriro ryakorana n’u Rwanda bitavuze ko rurifasha, ahubwo ko hari impamvu...

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukozi w’Imana wo muri Kenya, Paul Nthenge Mackenzie wari umuyobozi w’Itorero rimwe, umaze imyaka itatu atawe muri yombi akurikiranyweho uruhare...

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyagatare: Ubushyamirane bwaturutse kuri Sim Card bwatumye humvikana inkuru y’akababaro

Nyagatare: Ubushyamirane bwaturutse kuri Sim Card bwatumye humvikana inkuru y'akababaro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.