Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Burundi: Ibiregwa Umupasiteri wafunzwe n’inzego z’iperereza zaketse ko ari Umunyarwanda

radiotv10by radiotv10
10/06/2024
in AMAHANGA
0
Burundi: Ibiregwa Umupasiteri wafunzwe n’inzego z’iperereza zaketse ko ari Umunyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umupasiteri w’Itorero ‘Free Methodist Church’ muri Kajaga muri Komini Mutimbuzi i Bujumbura mu Burundi, amaze iminsi afunzwe akekwaho ibyaha birimo ubutasi, ndetse inzego z’iperereza z’iki Gihugu zikaba zimwita Umunyarwanda. Umuryango we uvuga indi mpamvu yatumye afungwa.

Uyu mukozi w’Imana witwa Amon Binagana, afunzwe kuva tariki 30 z’ukwezi gushize kwa Gicurasi 2024, aho afungiye ku Biro by’Ubushinjacyaha bw’Intara ya Kirundo.

Ubushinjacyaha bumukurikiranyeho ibyaha byo kuba ari intasi ndetse n’icyaha cyo gukora cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano, mu gihe we abihakana.

Umuryango w’uyu Mupasiteri, wo uvuga ko yafunzwe n’ubutegetsi bwo muri Kirundo bugamije kumukuramo amafaranga.

Umwe mu babonye uyu Mupasiteri afatwa, yagize ati “We n’undi Mupasiteri umwe bari bavuye mu ivugabutumwa muri Kirundo. Ubwo Pasiteri Amon Binagana yari ageze mu rugo rw’umucuruzi Bitanagira, yahise afatwa.”

Ni mu gihe umugore w’uyu mucuruzi, na we tariki 21 Gicurasi 2024, yafatiriwe toni ebyiri za Kawa, akaba na we asanzwe ari umuyoboke w’iri Torero rya Free Methodist Church.

Umwe mu bahaye amakuru ikinyamakuru SOS Medias Burundi dukesha aya makuru, avuga ko inzego z’iperereza z’u Burundi, zivuga ko bikekwa ko Pasiteri Amon Binagana ari Umunyarwnada.

Yagize ati “Mu ibazwa, Polisi n’urwego rw’iperereza zakekaga ko Binagana ari Umunyarwanda. Mu by’ukuri asanzwe avuga imvugo y’Abanyamulenge.”

Umupolisi watanze amakuru na we yavuze ko nubwo mupasiteri yagaragaje ibyangombwa bye bikabanza kugaragara nk’ibihimbano, ariko atumva impamvu agifunze.

Yagize ati “Yabanje gutanga ibyangombwa by’ubwoko bubiri. Ariko abayobozi ba Polisi n’urwego rw’Iperereza bakekaga ko ibyo byangombwa ari ibihimbano. Ariko nyuma baje kugenzura basanga ari ibyangombwa byatanzwe n’urwego rwemewe. Ntituzi impamvu agifunze.”

Umuryango wa Pasiteri Amon Binagana, uvuga ko yavukiye mu Burundi, akaba yarimukiye muri Kajaga muri 2000 aho akorera umurimo w’Ubupasiteri mu Itorero rya Free Methodist church.

Amakuru ava mu nzego z’ubucamanza, avuga ko ibyaha biregwa uyu Mupasiteri Binagana bitagaragarijwe ibimenyetso, ndetse nyuma yo kuba yaragejejwe bwa mbere imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Kirundo tariki 06 Kamena, biteganyijwe ko asomerwa icyemezo cy’Urukiko kuri uyu wa Mbere tariki 10 Kamena 2024.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Rutahizamu w’Umunya-Uganda utazibagirana muri Rayon yagarutse gukinira ikipe yo mu Rwanda

Next Post

Abanyabwenge bagaragaje kimwe mu bishyira mu kaga ibidukikije mu Rwanda kitagarukwaho cyane

Related Posts

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu muhanda wa Goma-Rutshuru werecyeza muri Pariki y’Igihugu ya Virunga, abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 baguye mu gico cy’inyeshyamba za Wazalendo...

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yatangaje ko nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yagabye igitero simusiga ku...

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

by radiotv10
26/12/2025
0

The President of the United States of America, Donald Trump, has confirmed that, in his capacity as Commander-in-Chief of the...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
26/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyabwenge bagaragaje kimwe mu bishyira mu kaga ibidukikije mu Rwanda kitagarukwaho cyane

Abanyabwenge bagaragaje kimwe mu bishyira mu kaga ibidukikije mu Rwanda kitagarukwaho cyane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.