Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Burundi: Ibiregwa Umupasiteri wafunzwe n’inzego z’iperereza zaketse ko ari Umunyarwanda

radiotv10by radiotv10
10/06/2024
in AMAHANGA
0
Burundi: Ibiregwa Umupasiteri wafunzwe n’inzego z’iperereza zaketse ko ari Umunyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umupasiteri w’Itorero ‘Free Methodist Church’ muri Kajaga muri Komini Mutimbuzi i Bujumbura mu Burundi, amaze iminsi afunzwe akekwaho ibyaha birimo ubutasi, ndetse inzego z’iperereza z’iki Gihugu zikaba zimwita Umunyarwanda. Umuryango we uvuga indi mpamvu yatumye afungwa.

Uyu mukozi w’Imana witwa Amon Binagana, afunzwe kuva tariki 30 z’ukwezi gushize kwa Gicurasi 2024, aho afungiye ku Biro by’Ubushinjacyaha bw’Intara ya Kirundo.

Ubushinjacyaha bumukurikiranyeho ibyaha byo kuba ari intasi ndetse n’icyaha cyo gukora cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano, mu gihe we abihakana.

Umuryango w’uyu Mupasiteri, wo uvuga ko yafunzwe n’ubutegetsi bwo muri Kirundo bugamije kumukuramo amafaranga.

Umwe mu babonye uyu Mupasiteri afatwa, yagize ati “We n’undi Mupasiteri umwe bari bavuye mu ivugabutumwa muri Kirundo. Ubwo Pasiteri Amon Binagana yari ageze mu rugo rw’umucuruzi Bitanagira, yahise afatwa.”

Ni mu gihe umugore w’uyu mucuruzi, na we tariki 21 Gicurasi 2024, yafatiriwe toni ebyiri za Kawa, akaba na we asanzwe ari umuyoboke w’iri Torero rya Free Methodist Church.

Umwe mu bahaye amakuru ikinyamakuru SOS Medias Burundi dukesha aya makuru, avuga ko inzego z’iperereza z’u Burundi, zivuga ko bikekwa ko Pasiteri Amon Binagana ari Umunyarwnada.

Yagize ati “Mu ibazwa, Polisi n’urwego rw’iperereza zakekaga ko Binagana ari Umunyarwanda. Mu by’ukuri asanzwe avuga imvugo y’Abanyamulenge.”

Umupolisi watanze amakuru na we yavuze ko nubwo mupasiteri yagaragaje ibyangombwa bye bikabanza kugaragara nk’ibihimbano, ariko atumva impamvu agifunze.

Yagize ati “Yabanje gutanga ibyangombwa by’ubwoko bubiri. Ariko abayobozi ba Polisi n’urwego rw’Iperereza bakekaga ko ibyo byangombwa ari ibihimbano. Ariko nyuma baje kugenzura basanga ari ibyangombwa byatanzwe n’urwego rwemewe. Ntituzi impamvu agifunze.”

Umuryango wa Pasiteri Amon Binagana, uvuga ko yavukiye mu Burundi, akaba yarimukiye muri Kajaga muri 2000 aho akorera umurimo w’Ubupasiteri mu Itorero rya Free Methodist church.

Amakuru ava mu nzego z’ubucamanza, avuga ko ibyaha biregwa uyu Mupasiteri Binagana bitagaragarijwe ibimenyetso, ndetse nyuma yo kuba yaragejejwe bwa mbere imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Kirundo tariki 06 Kamena, biteganyijwe ko asomerwa icyemezo cy’Urukiko kuri uyu wa Mbere tariki 10 Kamena 2024.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

Rutahizamu w’Umunya-Uganda utazibagirana muri Rayon yagarutse gukinira ikipe yo mu Rwanda

Next Post

Abanyabwenge bagaragaje kimwe mu bishyira mu kaga ibidukikije mu Rwanda kitagarukwaho cyane

Related Posts

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

by radiotv10
22/01/2026
0

Umuhuzabikorwa mu bya gisirikare w’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga yibukije abayobozi muri iri Huriro ko bakiri mu ntambara, kandi...

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

by radiotv10
22/01/2026
0

Urwego rw’uburezi mu Gihugu cy’u Burundi ruravugwamo ihungabana ryatewe n’abarimu benshi bataye akazi kuva umwaka w’amashuri wa 2025-2026 watangira, aho...

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

IZIHERUKA

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz
FOOTBALL

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyabwenge bagaragaje kimwe mu bishyira mu kaga ibidukikije mu Rwanda kitagarukwaho cyane

Abanyabwenge bagaragaje kimwe mu bishyira mu kaga ibidukikije mu Rwanda kitagarukwaho cyane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.