Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Burundi: Ibiregwa Umupasiteri wafunzwe n’inzego z’iperereza zaketse ko ari Umunyarwanda

radiotv10by radiotv10
10/06/2024
in AMAHANGA
0
Burundi: Ibiregwa Umupasiteri wafunzwe n’inzego z’iperereza zaketse ko ari Umunyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umupasiteri w’Itorero ‘Free Methodist Church’ muri Kajaga muri Komini Mutimbuzi i Bujumbura mu Burundi, amaze iminsi afunzwe akekwaho ibyaha birimo ubutasi, ndetse inzego z’iperereza z’iki Gihugu zikaba zimwita Umunyarwanda. Umuryango we uvuga indi mpamvu yatumye afungwa.

Uyu mukozi w’Imana witwa Amon Binagana, afunzwe kuva tariki 30 z’ukwezi gushize kwa Gicurasi 2024, aho afungiye ku Biro by’Ubushinjacyaha bw’Intara ya Kirundo.

Ubushinjacyaha bumukurikiranyeho ibyaha byo kuba ari intasi ndetse n’icyaha cyo gukora cyangwa gukoresha inyandiko mpimbano, mu gihe we abihakana.

Umuryango w’uyu Mupasiteri, wo uvuga ko yafunzwe n’ubutegetsi bwo muri Kirundo bugamije kumukuramo amafaranga.

Umwe mu babonye uyu Mupasiteri afatwa, yagize ati “We n’undi Mupasiteri umwe bari bavuye mu ivugabutumwa muri Kirundo. Ubwo Pasiteri Amon Binagana yari ageze mu rugo rw’umucuruzi Bitanagira, yahise afatwa.”

Ni mu gihe umugore w’uyu mucuruzi, na we tariki 21 Gicurasi 2024, yafatiriwe toni ebyiri za Kawa, akaba na we asanzwe ari umuyoboke w’iri Torero rya Free Methodist Church.

Umwe mu bahaye amakuru ikinyamakuru SOS Medias Burundi dukesha aya makuru, avuga ko inzego z’iperereza z’u Burundi, zivuga ko bikekwa ko Pasiteri Amon Binagana ari Umunyarwnada.

Yagize ati “Mu ibazwa, Polisi n’urwego rw’iperereza zakekaga ko Binagana ari Umunyarwanda. Mu by’ukuri asanzwe avuga imvugo y’Abanyamulenge.”

Umupolisi watanze amakuru na we yavuze ko nubwo mupasiteri yagaragaje ibyangombwa bye bikabanza kugaragara nk’ibihimbano, ariko atumva impamvu agifunze.

Yagize ati “Yabanje gutanga ibyangombwa by’ubwoko bubiri. Ariko abayobozi ba Polisi n’urwego rw’Iperereza bakekaga ko ibyo byangombwa ari ibihimbano. Ariko nyuma baje kugenzura basanga ari ibyangombwa byatanzwe n’urwego rwemewe. Ntituzi impamvu agifunze.”

Umuryango wa Pasiteri Amon Binagana, uvuga ko yavukiye mu Burundi, akaba yarimukiye muri Kajaga muri 2000 aho akorera umurimo w’Ubupasiteri mu Itorero rya Free Methodist church.

Amakuru ava mu nzego z’ubucamanza, avuga ko ibyaha biregwa uyu Mupasiteri Binagana bitagaragarijwe ibimenyetso, ndetse nyuma yo kuba yaragejejwe bwa mbere imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Kirundo tariki 06 Kamena, biteganyijwe ko asomerwa icyemezo cy’Urukiko kuri uyu wa Mbere tariki 10 Kamena 2024.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − two =

Previous Post

Rutahizamu w’Umunya-Uganda utazibagirana muri Rayon yagarutse gukinira ikipe yo mu Rwanda

Next Post

Abanyabwenge bagaragaje kimwe mu bishyira mu kaga ibidukikije mu Rwanda kitagarukwaho cyane

Related Posts

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, yabwiye abaturage ko intsinzi ikomeye yabonye mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka igaragaza ubuhangange bw’ishyaka rye,...

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we yashimiye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku bw’intsinzi ye yo kongera...

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

IZIHERUKA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda
AMAHANGA

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyabwenge bagaragaje kimwe mu bishyira mu kaga ibidukikije mu Rwanda kitagarukwaho cyane

Abanyabwenge bagaragaje kimwe mu bishyira mu kaga ibidukikije mu Rwanda kitagarukwaho cyane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Museveni yahishuye ibanga akesha intsinzi ye n’icyo ishimangira muri Uganda

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.