Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Burundi: Umupolisi wari wafungiwe gusinda akicira muri kasho umusaza amukubise urukweto yakatiwe

radiotv10by radiotv10
23/07/2022
in MU RWANDA
0
Burundi: Umupolisi wari wafungiwe gusinda akicira muri kasho umusaza amukubise urukweto yakatiwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umupolisi wo mu Gihugu cy’u Burundi wari ukurikiranyweho kwicira umusaza muri kasho amukubise urukweto nyuma yuko yari yamusanzemo kuko na we yari yasinze, yakatiwe gufungwa burundu.

Uyu mupolisi witwa Léonidas Ntakimazi yahamijwe icyaha cyo kwica umusaza witwa Roger Havyarimana w’imyaka 65 y’amavuko wari uri muri kasho.

Bivugwa ko uyu mupolisi yishe nyakwigendera amukubise urukweto nyuma yuko na we yari yanyoye ka manyinya kakamuganza, hagatangwa itegeko ko aba afunzwe kugira ngo adateza umutekano mucye mu gihe uwo musaza we yari afungiwe kwiba ubwatsi b’amatungo.

Mu cyemezo cyasomwe muri iki Cyumweru, Urukiko Rwisumbuye rwa Kayanza, rwahamije uyu mupolisi icyaha cyo kwica uriya musaza yabigambiriye.

Iki cyaha cy’ubwicanyi bwakozwe n’uyu mupolisi, cyari cyabaye ari ku Cyumweru muri Komini ya Gatara.

Urukiko Rwisumbuye rwa Kayanza kandi rwasomye icyemezo cy’abandi bapolisi babiri baregwaha hamwe n’uyu wishe umusaza, bari bakurikiranyweho ibyaha binyuranye.

Umupolisi wategetse ko uriya musaza witwa Roger Havyarimana afungwa, we yakatiwe gufungwa imyaka itatu no gutanga ihazabu y’ibihumbi 300 y’amarundi, aho yahamijwe icyaha cyo gutanga itegeko ryo gufunga umuturage kandi atabifitiye ububasha.

Naho uwari urinze kasho yari ifungiyemo nyakwigendera, we yakatiwe gufungwa amezi atatu n’ihazabu y’ibihumbi bitanu y’amarundi, we akaba yarahamijwe icyaha cyo gufunga umuntu mu buryo bunyaranyije n’amategeko.

Aba bapolisi bose kandi bafatanyije bategetswe kwishyura miliyoni 21 z’amarundi, nk’indishyi y’akababaro azahabwa umuryango wa nyakwigendera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × one =

Previous Post

Rubavu: Ntibumva impamvu bacibwa umusanzu uzabafasha bapfuye aho kubagoboka bakiriho

Next Post

Abiga muri Kaminuza ikomeye muri America basuye Polisi y’u Rwanda bahakura ubumenyi bazasangiza Abanyamerika

Related Posts

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

IZIHERUKA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?
IMIBEREHO MYIZA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abiga muri Kaminuza ikomeye muri America basuye Polisi y’u Rwanda bahakura ubumenyi bazasangiza Abanyamerika

Abiga muri Kaminuza ikomeye muri America basuye Polisi y’u Rwanda bahakura ubumenyi bazasangiza Abanyamerika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.