Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Bwa kane uwabaye Perezida wa America yongeye gutabwa muri yombi noneho anahabwa nimero y’imfungwa

radiotv10by radiotv10
25/08/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Bwa kane uwabaye Perezida wa America yongeye gutabwa muri yombi noneho anahabwa nimero y’imfungwa
Share on FacebookShare on Twitter

Donald Trump wabaye Prezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yafungiwe muri kasho yo muri Georgia ya Fulton County ahatwa ibibazo, hafatwa imyirondoro ye, anafatwa ibipimo by’uburebure n’ubunini aranafotorwa, nk’uko bikorwa mu magereza yo muri USA.

Trump yamaze iminota 20 ari muri Kasho, arekurwa atanze ingwate y’ibihumbi 200 USD [asaga miliyoni 260 Frw], yari yanahawe nimero y’imfungwa ya PO1135809.

Ubwo yajyanwaga muri iyi kasho, yagiye mu modoka zimucungiye umutekano mu buryo bukomeye nk’umunyacyubahiro wigeze kuba Perezida wa USA.

Donald Trump w’imyaka 77 y’amavuko, arashinjwa ibyaha 12 birimo no kuba yaratambamiye amatora y’umukuru w’igihugu yo muri 2020, muri Leta ya Georgia, bikagera ubwo binateza imvururu n’imyigaragambyo ku ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko Capitol.

We abihakana yivuye inyuma, ahubwo akavuga ko atazahwema kugaragaza ubushake bwo guhatana mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe ku itariki 05 z’ukwezi k’Ugushyingo mumwaka utaha wa 2024.

Akiva muri kasho, Trump yavuze ko iyi migambi yo gushaka kumuca intege, idashobora kumukoma mu nkokora mu nteho yihaye zo kongera guhatanira kuba Perezida wa USA.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + twelve =

Previous Post

Perezida Kagame yasobanuye impamvu urubyiruko ruri kwinjizwa mu myanya ikomeye nka Guverinoma

Next Post

Ngoma: Bahishuye ibyababayeho bikabatungura kuko bihabanye n’ibyemejwe na Guverinoma

Related Posts

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

by radiotv10
26/11/2025
0

Imirwano yamaze iminsi ibiri hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa Wazalendo mu gace ka Uvira...

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

by radiotv10
26/11/2025
0

Fighters of the AFC/M23 coalition arrested 40 men who were carrying guns and other military equipment destined for Mahanga in...

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Leta ya Tanzania yatangaje ko ibirori byo kwizihiza umunsi w’ubwigenge byari biteganyijwe muri iki Gihugu mu kwezi gutaha byahagaritswe, kubera...

IZIHERUKA

Abandi bantu babiri barimo umunyamakuru uzwi mu Rwanda kuri YouTube batawe muri yombi
IBYAMAMARE

Abandi bantu babiri barimo umunyamakuru uzwi mu Rwanda kuri YouTube batawe muri yombi

by radiotv10
27/11/2025
0

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

26/11/2025
Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ngoma: Bahishuye ibyababayeho bikabatungura kuko bihabanye n’ibyemejwe na Guverinoma

Ngoma: Bahishuye ibyababayeho bikabatungura kuko bihabanye n’ibyemejwe na Guverinoma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abandi bantu babiri barimo umunyamakuru uzwi mu Rwanda kuri YouTube batawe muri yombi

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.