Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bwa mbere Gatabazi yavuze ku mashusho yagarutsweho cyane akururwa n’urinda Perezida

radiotv10by radiotv10
05/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Bwa mbere Gatabazi yavuze ku mashusho yagarutsweho cyane akururwa n’urinda Perezida
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney yagarutse ku mashusho yagarutsweho cyane agaragaza umwe mu bashinzwe kurinda Umukuru w’Igihugu, amukurura mu kinyabupfura, avuga ko amushimira kuko yatumye atabangamira Perezida.

Ni amashusho yagaragaye ubwo Perezida wa Repubulika Paul Kagame yari mu rugendo mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo rwabaye mu kwezi kwa Kanama uyu mwaka.

Muri aya mashusho ubwo Perezida Paul Kagame yari ageze ku kibuga cy’umupira kiri mu Murenge wa Kagano mu Karere Nyamasheke, hagaragaramo umwe mu bashinzwe umutekano wa Perezida wa Repubulika akurura mu kinyabupfura Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu kugira ngo atamubangamira mu rugendo.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney wari wishimiye uburyo abaturage bari kwakira Perezida wabo, yari yabarangariye, bituma asa nk’usatira umukuru w’Igihugu na we wariho aramutsa abaturage.

Ni amashusho yagarutsweho cyane, bamwe bavuga ko uriya murinzi wa Perezida atari akwiye gukurura Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mu gihe abandi babishimye bavuga ko bigaragaza ubunyamwuga bwo kurinda Perezida kuko byagaragaraga ko Minisitiri ashobora kumubangamira mu rugendo, akamukurura kugira ngo bitaba.

Gatabazi Jean Marie Vianney, mu kiganiro yagiranye na Radio 10, yavuze ko kuba yarakuruwe n’urinda umukuru w’Igihugu, we yarabyishimiye.

Ati “Icya mbere nshima ni uko ushinzwe kurinda umutekano w’Umukuru w’Igihugu yashoboye kumbuza kumugonga kuko iyo mugongo ni byo byari kuba ari byo bibi.”

Umunyamakuru yahise amubaza ati “Ntabwo wumvise icyubahiro cyawe gihungabanye?” asubiza agira ati “Oyaaa ahubwo se iyo mugonga ni bwo nari kukigira?”

Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu, @gatjmv, ashimira abashinzwe umutekano w’umukuru w’Igihugu Perezida #Kagame uburyo bamurinze ko amugonga. pic.twitter.com/G7FUovVezY

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) October 5, 2022

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 2 =

Previous Post

Prince Kid yifuzaga kuburana mu ruhame ngo Abanyarwanda bamenye ukuri ariko ntiyabyemererwa

Next Post

Museveni yahishuye impamvu yazamuye Muhoozi akimara kwibasira Kenya

Related Posts

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Abantu babiri bo mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo, bitabye Imana bakubiswe n’inkuba, barimo umwana w’imyaka itandatu, mu gihe hari abandi bahungabanye...

Five things you must know before a job interview

Five things you must know before a job interview

by radiotv10
29/01/2026
0

An interview can feel scary, but good preparation makes it easier. Whether it’s your first interview or not, these five...

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

IZIHERUKA

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye
FOOTBALL

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

29/01/2026
AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

29/01/2026
Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

29/01/2026
AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Museveni yahishuye impamvu yazamuye Muhoozi akimara kwibasira Kenya

Museveni yahishuye impamvu yazamuye Muhoozi akimara kwibasira Kenya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.