Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bwa mbere hagaragajwe uko Qatar yaba yaraje mu bya Rusesabagina byarebaga u Rwanda na USA

radiotv10by radiotv10
28/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Bwa mbere hagaragajwe uko Qatar yaba yaraje mu bya Rusesabagina byarebaga u Rwanda na USA
Share on FacebookShare on Twitter

Impuguke mu bya dipolomasi, ivuga ko kuba Qatar yaraje mu biganiro byageje ku mbabazi zahawe Paul Rusesabagina, atari uko u Rwanda na USA bari bananiwe kwiyumvikanira, kuko basanzwe ari inshuti, ariko ko iyo hari ikibazo hagati yabo, ntakibuza indi nshuti kuza kubafasha.

Ku wa Gatanu w’icyumweru twaraye dusoje, hatangajwe inkuru itazibagirana mu mateka y’ubutabera bw’u Rwanda, y’ifungurwa rya Paul Rusesabagina wari warakatiwe gufungwa imyaka 25, akaza kurekurwa nyuma y’imyaka ibiri n’igice, ku bw’imbabazi za Perezida Paul Kagame.

Nyuma y’izi mbabazi, hagiye hatangazwa andi makuru y’ibiganiro byaganishije kuri uku kubabarirwa, byagizwemo uruhare na Guverinoma ya Qatar.

Rusesabagina yafunguwe mu cyumweru kimwe n’icyo Perezida Paul Kagame yari yagiriye uruzinduko muri iki Gihugu cya Qatar, aho yanahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wacyo, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, bakagirana ibiganiro.

Ubwo Paul Rusesabagina yasohokaga muri Gereza ya Nyarugenge izwi nka Mageragere, yahise yerecyeza mu rugo rw’Uhagarariye Qatar mu Rwanda, binavugwa ko kugeza ubu ari ho akiri.

Amakuru avuga ko Rusesabagina akiri gusaba ibyangombwa byo gusohoka mu Gihugu, akazahita yerecyeza muri Qatar akahahurira n’umuryango we, akabona kwerecyeza muri Leta Zunze Ubumwe za America asanzwe anatuye.

Nyuma y’izi mbabazi zahawe Rusesabagina, Guverinoma ya Qatar yagaragaje ko yishimiye iyi ntambwe yagezweho ibigizemo uruhare.

Dr. Majed Al Ansari usanzwe ari Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar yagize “Uruhare Qatar yagize rugaragaza ko hari ubwizerane n’umubano ushikamye n’inshuti zacu z’u Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za America.”

Ambasaderi Joseph Mutaboba agaragaza uko Qatar ishobora kuba yarabijemo

 

Qatar yabijemo ite?

Inzobere mu mibanire mpuzamahanga, Ambasaderi Joseph Mutaboba avuga ko Qatar ari kimwe mu Bihugu bisanzwe bifitanye umubano mwiza n’u Rwanda ndetse kikaba kinafitanye umubano mwiza na Leta Zunze Ubumwe za America.

Ambasaderi Mutaboba avuga kandi ko u Rwanda na rwo rusanzwe rufitanye umubano mwiza na Leta Zunze Ubumwe za America, ariko ko mu gihe habayeho icyo batumva kimwe, ntacyabuza kuba inshuti y’ibi Bihugu byombi yaza kubyunganira.

Ati “Uwo mubano uri hagati y’ibyo Bihugu uko ari bitatu, iyo usanze nta makemwa ahari hagati y’Ibihugu byombi, ukamenya ko nta makemwa ari hagati y’Ibihugu byacu, ntabwo bikubuza kumbwira cyangwa ukabwira undi nti ‘njye mfitanye ikibazo n’Igihugu runaka’.”

Avuga ko hari abakeka ko hagati y’u Rwanda na Leta Zunze Ubumwe za America, bari bananiwe kwiyumvikanira, ati “Oya muri dipolomasi si uko bigenda. Iyo muganira ku kintu n’abandi bafitemo inyungu, cyangwa bafitiye amatsiko, akenshi iyo ushatse gukwepa ya marangamutima, mushaka umuhuza udafite aho abogamiye.”

Amb. Mutaboba avuga ko umuhuza na we ashobora kwizana mu gihe abona ko hari icyo yafasha ibyo Bihugu byombi, cyangwa abona abangamiwe n’ikibazo kiri hagati y’izo nshuti.

Ati “Akagira ubwo bushake kuko aravuga ati ‘aba bantu inshutsi zanjye cyangwa ni inshuti hagati yabo ariko hari ahantu batumvikana kubera ikibazo kurebwa na bose ndetse n’Isi yose’.”

Akomeza agira ati “Igihugu runaka cyangwa Umukuru w’Igihugu runaka ashobora kuvuga ati ‘Njyewe ndabona mbangamiwe n’ibi bintu, ntawabafasha kugisesengura?’.”

Mutaboba avuga ko ashobora kuba atari na Qatar yonyine yifuzaga kwinjira mu gushaka umuti w’iki kibazo, ariko iki Gihugu kikaba ari cyo cyakoresheje uburyo bwari bunyuze impande zombi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 3 =

Previous Post

Abandi 19 bafunguwe hamwe na Rusesabagina hamenyekanye aho bahise bajya

Next Post

Umuhanzi ukomeye mu Rwanda biravugwa ko yaguriye umugore we imodoka y’akataraboneka

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?
FOOTBALL

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

28/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

28/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi ukomeye mu Rwanda biravugwa ko yaguriye umugore we imodoka y’akataraboneka

Umuhanzi ukomeye mu Rwanda biravugwa ko yaguriye umugore we imodoka y’akataraboneka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.