Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

BREAKING: Bwa mbere hagiye hanze ibyemezo by’ibiganiro bya AFC/M23 na Guverinoma ya Congo

radiotv10by radiotv10
24/04/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ku nshuro ya mbere kuva umutwe wa M23 wakubura imirwano mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hagiye hanze itangazo rihuriweho ry’ibiganiro hagati y’impande zihanganye; AFC/M23 na Guverinoma ya DRC, aho iri huriro na Leta ya Congo bemeye guhagarika imirwano byihuse.

Iri tangazo ryagiye hanze mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Mata 2025, ritangira rigaragaza ubushake buhuriwho hagati ya AFC/M23 na Guverinoma ya DRC, bugamije gukemura amakimbirane hakoreshejwe inzira z’amahoro.

Iri tangazo dukesha Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka ari na we warishyizeho umukono, rivuga ko ibi biganiro bari gufashwamo na Leta ya Qatar, byabaye mu mwuka mwiza ugamije ineza.

Iri tangazo rikagira riti “Nyuma y’Ibiganiro byeruye kandi byubaka, intumwa zihagarariye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 ziyemeje guhuza imbaraga mu gushyira mu bikorwa umwanzuro wo guhagarika imirwano.”

Nanone kandi Lawrence Kanyuma akomeza avuga ko “Mu buryo bw’ubwumvikane, impande zombi zashimangiye ibyo ziyemeje mu murongo wo guhagarika imirwano bidatinze, zinahamagarira imiryango migari yose y’imbee mu Gihugu kubahiriza ubwo bushake.”

AFC/M23 ikomeza ivuga ko impande zombi zanumvikanye kubaha ubu bushake buhari, buzanatuma hafungurwa inzira z’ibindi biganiro bigamije gushaka amahoro arambye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse no mu karere iki Gihugu giherereyemo.

Bati “Ibyo biganiro bizibanda ku mpamvu muzi z’ibibazo biriho, ndetse n’uburyo bwo kurandura amakimbirane ari muri Teritwari zo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Bakomeza bavuga kandi ko abari bahagarariye impande zombi muri ibi biganiro; ni kuvuga intuma za Guverinoma ya DRC n’iza AFC/M23, biyemeje kubaha no gushyira mu bikorwa ibyo bemeranyijweho mu gihe cyose hazaba hari kuba ibi biganiro kugeza igihe hazabonekera umwanzuro.

Bati “Impande zombi zirahamagarira Abanyekongo, abayobozi b’amatorero n’amadini, n’ibitangazamakuru kugira uruhare mu gutanga ubutumwa bw’ihumure n’amahoro.”

Impande zombi kandi zaboneyeho gushimira byimazeyo Leta ya Qatar ku bw’umuhate n’imbaraga ikomeje kugaragaza mu kubafasha muri ibi biganiro by’amahoro, biri kugera ku musaruro ushimishije.

RARIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + three =

Previous Post

M23 nyuma yuko yavuye muri Walikare-Centre haravugwa ingamba yafashe

Next Post

Umuhanzi Nyarwanda Niyo Bosco ari mu kababaro k’ibyago yagize

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo
MU RWANDA

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Nyarwanda Niyo Bosco ari mu kababaro k’ibyago yagize

Umuhanzi Nyarwanda Niyo Bosco ari mu kababaro k’ibyago yagize

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.