Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

BREAKING: Bwa mbere hagiye hanze ibyemezo by’ibiganiro bya AFC/M23 na Guverinoma ya Congo

radiotv10by radiotv10
24/04/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ku nshuro ya mbere kuva umutwe wa M23 wakubura imirwano mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hagiye hanze itangazo rihuriweho ry’ibiganiro hagati y’impande zihanganye; AFC/M23 na Guverinoma ya DRC, aho iri huriro na Leta ya Congo bemeye guhagarika imirwano byihuse.

Iri tangazo ryagiye hanze mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Mata 2025, ritangira rigaragaza ubushake buhuriwho hagati ya AFC/M23 na Guverinoma ya DRC, bugamije gukemura amakimbirane hakoreshejwe inzira z’amahoro.

Iri tangazo dukesha Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka ari na we warishyizeho umukono, rivuga ko ibi biganiro bari gufashwamo na Leta ya Qatar, byabaye mu mwuka mwiza ugamije ineza.

Iri tangazo rikagira riti “Nyuma y’Ibiganiro byeruye kandi byubaka, intumwa zihagarariye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 ziyemeje guhuza imbaraga mu gushyira mu bikorwa umwanzuro wo guhagarika imirwano.”

Nanone kandi Lawrence Kanyuma akomeza avuga ko “Mu buryo bw’ubwumvikane, impande zombi zashimangiye ibyo ziyemeje mu murongo wo guhagarika imirwano bidatinze, zinahamagarira imiryango migari yose y’imbee mu Gihugu kubahiriza ubwo bushake.”

AFC/M23 ikomeza ivuga ko impande zombi zanumvikanye kubaha ubu bushake buhari, buzanatuma hafungurwa inzira z’ibindi biganiro bigamije gushaka amahoro arambye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse no mu karere iki Gihugu giherereyemo.

Bati “Ibyo biganiro bizibanda ku mpamvu muzi z’ibibazo biriho, ndetse n’uburyo bwo kurandura amakimbirane ari muri Teritwari zo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Bakomeza bavuga kandi ko abari bahagarariye impande zombi muri ibi biganiro; ni kuvuga intuma za Guverinoma ya DRC n’iza AFC/M23, biyemeje kubaha no gushyira mu bikorwa ibyo bemeranyijweho mu gihe cyose hazaba hari kuba ibi biganiro kugeza igihe hazabonekera umwanzuro.

Bati “Impande zombi zirahamagarira Abanyekongo, abayobozi b’amatorero n’amadini, n’ibitangazamakuru kugira uruhare mu gutanga ubutumwa bw’ihumure n’amahoro.”

Impande zombi kandi zaboneyeho gushimira byimazeyo Leta ya Qatar ku bw’umuhate n’imbaraga ikomeje kugaragaza mu kubafasha muri ibi biganiro by’amahoro, biri kugera ku musaruro ushimishije.

RARIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

M23 nyuma yuko yavuye muri Walikare-Centre haravugwa ingamba yafashe

Next Post

Umuhanzi Nyarwanda Niyo Bosco ari mu kababaro k’ibyago yagize

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho
MU RWANDA

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
18/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Nyarwanda Niyo Bosco ari mu kababaro k’ibyago yagize

Umuhanzi Nyarwanda Niyo Bosco ari mu kababaro k’ibyago yagize

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.