Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

radiotv10by radiotv10
13/06/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yemeje ishingiro ry’Umushinga w’Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2025-2026 wa miliyari 7 032 Frw, ugaragaza ubwiyongere bwa Miliyari 1 216 Frw ugereranyije n’iy’umwaka ushize, aho agera kuri 62% azashyirwa mu rwego rw’ubukungu.

Uyu mushinga w’Ingengo y’Imari wemejwe n’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite na Sena kuri uyu wa Kane tariki 12 Kamena 2025 nyuma yo kuwumurikirwa na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa.

Izi miliyari 7 032 Frw, harimo miliyari 4 105,2 Frw azava mu misoro y’Abanyarwanda, miliyari 2 151,9 Frw azava mu nguzanyo u Rwanda ruzafata, na miliyari 585,2 Frw azava mu nkunga z’amahanga.

Amafaranga azava mu bushobozi bw’Igihugu ni ukuvuga imisoro ndetse n’inguzanyo zizishyurwa, bifite agaciro ka 91,7% muri iyi Ngengo y’Imari.

Mimisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa ubwo yagaragarizaga Inteko Ishinga Amategeko ibikorwa bizibandwaho mu gukoresha iyi ngengo y’imari, yavuze ko hazihutishwa gahunda ya Guverinoma ya kabiri yo kwihutisha iterambere rirambye NST2, hagamijwe guhanga imirimo mishya no kuzamura imibereho myiza y’Abaturage.

Ati “Ni mu rwego rwo gushimangira ingamba zigamije kuzahura ubukungu, guhanagana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere no kugabanya ibyuka bihumanya ikirere hagamijwe kuzamura imibereho myiza y’abaturage.”

Yavuze ko kandi hateganyijwe kongera umusaruro w’inzego zose z’ubukungu bityo ibikorerwa mu Rwanda bikarushako kwiyongera bikanazamura ibyoherezwa hanze.

Minisitiri Murangwa yamurikiye Inteko Umushinga w’Ingengo y’Imari ya 2025-2026

Habayeho ubwiyongere bwa Miliyari 1 200 Frw: Dore ibizibandwaho

U Rwanda rugiye gukoresha Ingengo y’Imari ya Miliyari 7 032 Frw ivuye kuri miliyari 5 816,4 Frw rwakoresheje umwaka ushize, ni ukuvuga ko iziyongeraho miliyari 1 216,1 Frw.

Inkingi y’Ubukungu yihariye 62% by’iyi Ngengo y’Imari aho hazashyirwa Miliyari zirenga 4 000 Frw mu bikorwa biteza imbere ubukungu, naho mu nkingi y’Imibereho myiza y’abaturage hakazashyirwamo 21,7%, ni ukuvuga arenga miliyari 1 500 Frw, mu gihe inkingi y’imiyoborere izashyirwamo 15,5% ni ukuvuga arenga miliyari 1 000 Frw.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa yatangaje ko miliyari 2 749,5 Frw azashyirwa mu mishinga n’ishoramari bya Leta. Ni mu gihe amafaranga azashyirwa mu ngengo y’imari isanzwe no mu mishahara y’abakozi ba Leta ari Miliyari 4 283 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − fourteen =

Previous Post

BREAKING: Indege yarimo abagenzi 240 yakoze impanuka irasandara

Next Post

Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.