Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Byagenze bite ngo insengero zo hambere mu Rwanda zisange zifite abo zibangamiye?

radiotv10by radiotv10
23/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Byagenze bite ngo insengero zo hambere mu Rwanda zisange zifite abo zibangamiye?
Share on FacebookShare on Twitter

Imyubakire ya zimwe mu nsengero z’amadini n’amatorero mu Rwanda, ibangamira bamwe mu bayoboke, nk’abafite ubumuga batabasha kwisanzura. Tuganire ku cyabiteye.

Kuba umuntu afite ubumuga runaka ntibimubuza kuba umukristu ndetse no kuba afite uburenganzira nk’ubw’abandi bwo kuba yajya guteranira mu masengesho nk’abandi.

Gusa za Kiliziya n’izindi nyubako zubatswe mu bihe byatambutse zikorerwamo amasengesho y’amadini n’amatore, zigaragaramo amakosa y’imyubakire, atajyanye n’amabwiriza yashyizweho na Leta y’u Rwanda.

Bamwe mu bafite ubumuga, bavuga ko kubera imyubakire y’izo nsengero, hari bamwe muri bagenzi be batabasha kuzisangamo.

Dr Kanimba Donatha uyobora umuryango w’abafite ubumuga bwo kutabona, yagize ati “Insengero nyinshi, kiliziya n’imisigiti ntabwo baba barateguye mu kuzubaka bibuka ko hari abantu bafite ubumuga runaka bazaza kuhasengera.”

Cyakoze avuga ko “Izubakwa ubu bo barabyibuka ariko izubatswe cyera ziracyafite ya mbogamizi y’utubaraza (Escarier) umuntu agomba kurira ngo abashe kwinjira cyangwa yanakwinjira kugira ngo agere imbere bikamusaba kumanuka akabaraza.”

Yakomeje avuga no ku kibazo cy’intebe uburyo ziba zipanze mu nsengero na byo bifite uko bibangamira abafite ubumuga.

Ati “Uburyo intebe zipanze birangamira ufite ubumuga kuko hari aho usanga mu kiliziya hari intebe zifite akantu ko gupfukamaho ku buryo ufite ubumuga atabona uko yicara wenda bimusaba kuzana akagare ke akajya kuruhande kandi biba bisa nko kumuheza. Ni yo mpamvu usanga abafite ubumuga biheza ntibajyeyo ari benshi.”

Bamwe mu bakurikiranira hafi iby’amadini n’amatorero mu Rwanda, bavuga ko ubwo insengero zo hambere zubakwaga, hari hasanzwe hariho ikibazo cyo guheeza abafite ubumuga cyari mu muryango nyarwanda, kandi n’amadini atabahaga agaciro.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − seven =

Previous Post

Somalia yatanze icyifuzo gitandukanye n’icyo Tshisekedi yavugiye imbere ya LONI

Next Post

Ibigwi bya Al Hilal Benghazi ukwiye kumenya mbere yo gucakirana na Rayon

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibigwi bya Al Hilal Benghazi ukwiye kumenya mbere yo gucakirana na Rayon

Ibigwi bya Al Hilal Benghazi ukwiye kumenya mbere yo gucakirana na Rayon

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.