Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Byagenze bite ngo insengero zo hambere mu Rwanda zisange zifite abo zibangamiye?

radiotv10by radiotv10
23/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Byagenze bite ngo insengero zo hambere mu Rwanda zisange zifite abo zibangamiye?
Share on FacebookShare on Twitter

Imyubakire ya zimwe mu nsengero z’amadini n’amatorero mu Rwanda, ibangamira bamwe mu bayoboke, nk’abafite ubumuga batabasha kwisanzura. Tuganire ku cyabiteye.

Kuba umuntu afite ubumuga runaka ntibimubuza kuba umukristu ndetse no kuba afite uburenganzira nk’ubw’abandi bwo kuba yajya guteranira mu masengesho nk’abandi.

Gusa za Kiliziya n’izindi nyubako zubatswe mu bihe byatambutse zikorerwamo amasengesho y’amadini n’amatore, zigaragaramo amakosa y’imyubakire, atajyanye n’amabwiriza yashyizweho na Leta y’u Rwanda.

Bamwe mu bafite ubumuga, bavuga ko kubera imyubakire y’izo nsengero, hari bamwe muri bagenzi be batabasha kuzisangamo.

Dr Kanimba Donatha uyobora umuryango w’abafite ubumuga bwo kutabona, yagize ati “Insengero nyinshi, kiliziya n’imisigiti ntabwo baba barateguye mu kuzubaka bibuka ko hari abantu bafite ubumuga runaka bazaza kuhasengera.”

Cyakoze avuga ko “Izubakwa ubu bo barabyibuka ariko izubatswe cyera ziracyafite ya mbogamizi y’utubaraza (Escarier) umuntu agomba kurira ngo abashe kwinjira cyangwa yanakwinjira kugira ngo agere imbere bikamusaba kumanuka akabaraza.”

Yakomeje avuga no ku kibazo cy’intebe uburyo ziba zipanze mu nsengero na byo bifite uko bibangamira abafite ubumuga.

Ati “Uburyo intebe zipanze birangamira ufite ubumuga kuko hari aho usanga mu kiliziya hari intebe zifite akantu ko gupfukamaho ku buryo ufite ubumuga atabona uko yicara wenda bimusaba kuzana akagare ke akajya kuruhande kandi biba bisa nko kumuheza. Ni yo mpamvu usanga abafite ubumuga biheza ntibajyeyo ari benshi.”

Bamwe mu bakurikiranira hafi iby’amadini n’amatorero mu Rwanda, bavuga ko ubwo insengero zo hambere zubakwaga, hari hasanzwe hariho ikibazo cyo guheeza abafite ubumuga cyari mu muryango nyarwanda, kandi n’amadini atabahaga agaciro.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + twenty =

Previous Post

Somalia yatanze icyifuzo gitandukanye n’icyo Tshisekedi yavugiye imbere ya LONI

Next Post

Ibigwi bya Al Hilal Benghazi ukwiye kumenya mbere yo gucakirana na Rayon

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi, barimo Yves Iradukunda winjiye muri Guverinoma y’u Rwanda nk’Umunyamabanga...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

by radiotv10
18/09/2025
0

The modern world is hectic and it seems that self-care is a full time occupation. Self-care does not always have...

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

by radiotv10
18/09/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

Umuhanzikazi Tonzi yaciye agahigo ku isabukuru ye y’amavuko

18/09/2025
AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

18/09/2025
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibigwi bya Al Hilal Benghazi ukwiye kumenya mbere yo gucakirana na Rayon

Ibigwi bya Al Hilal Benghazi ukwiye kumenya mbere yo gucakirana na Rayon

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guvuerinoma n’abo muri Perezidansi

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.