Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Byagenze bite ngo insengero zo hambere mu Rwanda zisange zifite abo zibangamiye?

radiotv10by radiotv10
23/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Byagenze bite ngo insengero zo hambere mu Rwanda zisange zifite abo zibangamiye?
Share on FacebookShare on Twitter

Imyubakire ya zimwe mu nsengero z’amadini n’amatorero mu Rwanda, ibangamira bamwe mu bayoboke, nk’abafite ubumuga batabasha kwisanzura. Tuganire ku cyabiteye.

Kuba umuntu afite ubumuga runaka ntibimubuza kuba umukristu ndetse no kuba afite uburenganzira nk’ubw’abandi bwo kuba yajya guteranira mu masengesho nk’abandi.

Gusa za Kiliziya n’izindi nyubako zubatswe mu bihe byatambutse zikorerwamo amasengesho y’amadini n’amatore, zigaragaramo amakosa y’imyubakire, atajyanye n’amabwiriza yashyizweho na Leta y’u Rwanda.

Bamwe mu bafite ubumuga, bavuga ko kubera imyubakire y’izo nsengero, hari bamwe muri bagenzi be batabasha kuzisangamo.

Dr Kanimba Donatha uyobora umuryango w’abafite ubumuga bwo kutabona, yagize ati “Insengero nyinshi, kiliziya n’imisigiti ntabwo baba barateguye mu kuzubaka bibuka ko hari abantu bafite ubumuga runaka bazaza kuhasengera.”

Cyakoze avuga ko “Izubakwa ubu bo barabyibuka ariko izubatswe cyera ziracyafite ya mbogamizi y’utubaraza (Escarier) umuntu agomba kurira ngo abashe kwinjira cyangwa yanakwinjira kugira ngo agere imbere bikamusaba kumanuka akabaraza.”

Yakomeje avuga no ku kibazo cy’intebe uburyo ziba zipanze mu nsengero na byo bifite uko bibangamira abafite ubumuga.

Ati “Uburyo intebe zipanze birangamira ufite ubumuga kuko hari aho usanga mu kiliziya hari intebe zifite akantu ko gupfukamaho ku buryo ufite ubumuga atabona uko yicara wenda bimusaba kuzana akagare ke akajya kuruhande kandi biba bisa nko kumuheza. Ni yo mpamvu usanga abafite ubumuga biheza ntibajyeyo ari benshi.”

Bamwe mu bakurikiranira hafi iby’amadini n’amatorero mu Rwanda, bavuga ko ubwo insengero zo hambere zubakwaga, hari hasanzwe hariho ikibazo cyo guheeza abafite ubumuga cyari mu muryango nyarwanda, kandi n’amadini atabahaga agaciro.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 18 =

Previous Post

Somalia yatanze icyifuzo gitandukanye n’icyo Tshisekedi yavugiye imbere ya LONI

Next Post

Ibigwi bya Al Hilal Benghazi ukwiye kumenya mbere yo gucakirana na Rayon

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibigwi bya Al Hilal Benghazi ukwiye kumenya mbere yo gucakirana na Rayon

Ibigwi bya Al Hilal Benghazi ukwiye kumenya mbere yo gucakirana na Rayon

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.