Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Byakoze benshi ku mutima: Perezida Kagame yahoberanye n’umwana mu Biryogo (IFOTO)

radiotv10by radiotv10
02/05/2022
in MU RWANDA
0
Byakoze benshi ku mutima: Perezida Kagame yahoberanye n’umwana mu Biryogo (IFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Ifoto ikomeje kugarukwaho cyane ku mbuga nkoranyambaga, ni igaragaza Perezida Paul Kagame aramukanya n’umwana ubwo kuri iki Cyumweru yitabiraga Siporo rusange.

Iyi foto yafashwe kuri iki Cyumweru tariki 01 Gicurasi 2022, ubwo Perezida Paul Kagame yifatanyaga n’abatuye mu Mujyi wa Kigali muri siporo rusange izwi nka Car Free Day.

Muri iyi siporo rusange, Perezida Paul Kagame ari kumwe na Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju ndetse n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa, bagenze mu mihanda yo muri Nyarugenge berecyeza mu gace ko mu Biryogo gaherutse kugirwa Car Free Zonze.

Muri urwo rugendo, Umukuru w’Igihugu yagiye ahura n’abaturage barimo abajyaga gusenga, arabaramutsa na bo ari ko bamuramutsa bamwishimiye cyane, bakanyuzamo bakamuvugiriza impundu.

Bamwe mu bo yahuye, bagiranye ikiganiro gito, ibisanzwe mu muco nyarwanda ko abahuye babanza kuramukanya no kuvuganaho, Perezida Kagame yagize ati “Muraho! Muraho neza!”, abaturage basubiriza icya rimwe bari “Muraho!”

Hari n’abo Perezida Kagame yabajije ati “Mugiye gusenga?” bamusubiza bagira bati “Yego.” Ahita agira ati “Mugire icyumweru cyiza.” Na bo bamusubiza bagira bati “Namwe.”

Ibyishimo by’abaturage byaje kuba akarusho ubwo Perezida Kagame yageraga mu Biryogo aha haherutse kugirwa Car Free Zone, abaturage bamwakirana ubwuzu, abagabo bakoma amashyi, abagore na bo bavuza impundu.

Aha mu Biryogo ni ho umwana muto uri mu kigero cy’imyaka itandatu yabonye Perezida Kagame yifuza kumuramutsa, na we aramwemerera barahoberana.

Iyi foto yafashwe kuri uyu munsi, ikomeje kugarukwaho cyane ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe bagenda bagaragaza ko Perezida Kagame ari umubyeyi w’Igihugu kubera uburyo akunda Abanyarwanda.

Umunyamakuru Ingabire Egidie Bibio wifashishije amashusho agaragaza Perezida Paul Kagame ahoberana n’uyu mwana, yagize ati “Umwana ni umutware.”

#DearSurvivor I hope this picture reminds you of how far you've come and that it brings you hope and warmth during these days. Keep going, you are loved❤️
I smile, hoping that you do too.#Rwot #Pictureoftheday#RwandaNziza pic.twitter.com/BSyQhrVQke

— Lara Tesi (@lara_tesi) May 1, 2022

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Ni bo ubwabo biyuburiye umubano- Muhoozi avuga kuri Perezida Kagame na Museveni

Next Post

Musanze: Babiri baregwaga kwica umusore wari urangije ayisumbuye bakamuta mu musarani bakatiwe burundu

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Babiri baregwaga kwica umusore wari urangije ayisumbuye bakamuta mu musarani bakatiwe burundu

Musanze: Babiri baregwaga kwica umusore wari urangije ayisumbuye bakamuta mu musarani bakatiwe burundu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.