Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Byamenyekanye ko agace ko mu Rwanda kaza mu twa mbere ku Isi twibasirwa n’Inkuba

radiotv10by radiotv10
02/01/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Byamenyekanye ko agace ko mu Rwanda kaza mu twa mbere ku Isi twibasirwa n’Inkuba
Share on FacebookShare on Twitter

Agace ko mu Burengerazuba bw’u Rwanda byumwihariko mu Karere ka Rutsiro, kari mu tuza ku isonga ku Isi mu kwibasirwa n’inkuba, ndetse ubu hari gukorwa ubushakashatsi buzagaragaza ikibyihishe inyuma.

Ni kenshi humvikanye abantu cyangwa amatungo byakubiswe n’inkuba mu Karere ka Rutsiro, ndetse bimwe bikahasiga ubuzima.

Mu myaka itanu, inkuba zimaze kwica abantu 273 mu Rwanda hose, mu gihe abakomeretse ari 882 barakomereka, bose biganjemo abo mu Turere nka Rutsiro na Karongi mu Ntara y’Iburengerazuba, ahakunze kwibasirwa n’ibi biza by’inkuba.

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’ibikorwa by’ubutabazi, Habinshuti Philippe yavuze ko aka gace gaherereyemo Akarere ka Rutsiro uretse kuba kari mu twa mbere twibasirwa n’inkuba mu Rwanda, kaza no mu twa mbere ku Isi.

Yagize ati “Byagaragaye ko atari mu Rwanda gusa ahubwo ko ari ku Isi yose, ko muri aka gace turimo (Rutsiro) ndetse no hakurya y’umupaka, kano gace kari mu duce twibasirwa n’inkuba cyane ku Isi.”
Avuga ko nubwo hakirimo gukorwa ubushakashatsi ku cyaba kibitera, ariko hakekwa ko harimo kuba aka gace gafite ubutumburuke bwo hejuru.

Ati “Kuba hafite ubutumburuke buri hejuru ni kimwe muri byo ariko hari n’izindi mpamvu zikwiye gusesengurwa n’abahanga kurushaho tukamenya impamvu hibasirwa kuko ntabwo navuga ko ari ho hari imisozi miremire iruta iy’ahandi.”

Bamwe mu baturage batuye muri aka gace banagizweho ingaruka n’inkuba barimo n’abo yiciye ababo, bavuga ko hari amakuru bagenda bumvana abandi y’impamvu muri aka gace hakunze kwibasirwa n’inkuba.

Munyaneza Celestin wapfushije umwana akubiswe n’inkuba yagize ati “Bamwe baravuga ngo bishobora kuba byaba biterwa na Gaze yo mu Kivu, inaha haba inkuba cyane zirenze urugero.”

Aba baturage bavuga ko bifuza ko muri aka gace hongerwa umubare w’imirindankuba kugira ngo inkuba zidakomeza kubatwara ubuzima no kwangiza ibyabo.

Umuyobozi ushinzwe kurwanya ibiza mu Karere ka Rutsiro, Aime Adrien Nizeyimana avuga ko imiterere y’umuntu iri mu bituma Inkuba zikunze kubakubita kuko ubusanzwe aya mashanyarazi yiswe inkuba anyura mu kaguru kamwe k’umuntu agahingukira mu kandi ari na bwo ahita amanuka ajya mu butaka.

Ati “Ni na yo mpamvu muzasanga amatungo kenshi akubitwa n’inkuba kuko yo ntafite uburyo bwo kujya kwihisha, buri gihe uko inkuba ikoze ku butaka isanga ya matungo ahari, amaguru n’amaboko yayo ahora atagaranye, ku bw’iyo mpamvu iyo igeze hasi (Inkuba) ihita ica mu maguru y’imbere n’ay’inyuma igahita ipfa.”

Minisiteri y’Ibikorwa by’ubutabazi igira inama abatuye muri aka gace kimwe n’ab’ahandi ko mu gihe imvura iguye baba bagomba kugama, kandi ntibajye hafi y’iminara miremire cyangwa munsi y’ibiti, bakirinda kwitwikira imitaka ifite udusongero tw’ibyuma ndetse ntibanakoreshe ibyuma by’ikoranabunga nka telefone mu gihe hari kugwa imvura irimo inkuba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

Hasohotse andi makuru ku rusengero byavuzwe ko rwashyizwe ku isoko n’ikibyihishe inyuma

Next Post

Ibyavuye mu biganiro byahuje ingabo za EAC na M23 birumvikanamo igitutu

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyavuye mu biganiro byahuje ingabo za EAC na M23 birumvikanamo igitutu

Ibyavuye mu biganiro byahuje ingabo za EAC na M23 birumvikanamo igitutu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.